Ku bufatanye bwa Kiriziya Gatorika na Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango batangije ihuriro ry’ingo rizatangirwamo inyigisho zizafasha abagize umuryango kubana mu mahoro no mu bwumvikane.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Nyarugenge, kuwa Gatatu tariki ya 7 Ukuboza, yafatiye litiro 3120 za mazutu mu rugo rw’umuturage zacuruzwaga mu buryo bwa magendu.
Kuri uyu wa Kane, Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar aho yitabiriye umuhango wo gutanga ibihembo bihabwa indashyikirwa mu kurwanya ruswa, bizwi nka ‘Anti-Corruption Excellence Award’. Ni ibihembwo bigiye gutangwa ku nshuro ya karindwi, bikaba byaritiriwe Emir wa Qatar, Tamim bin Hamad Al Thani.
Abafite ubumuga bagaragaza ko kubona insimburangingo no kwiga ururimi rw’amarenga bikiri imbogamizi kuri bo, bagasaba Leta kubakorera ubuvugizi kuri ibyo bibazo.
Kuva tariki ya 8 kugera tariki ya 18 Ukuboza 2022 i Kigali hagiye kubera imurikagurisha ridasanzwe rigenewe iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani.
Muri gahunda y’iminsi 16 yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Akarere ka Rulindo gakomeje ubukangurambaga hirya no hino mu mirenge, hatangwa inyigisho ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Abaturage 36 batishoboye batagira amacumbi, mu Murenge wa Rukira, bashyikirijwe amazu yo kubamo n’ibiribwa ndetse n’ibikoresho by’isuku hagamijwe kubatuza neza no kuzamura imibereho yabo. Izi nzu zikaba zarubatswe ku bufatanye bw’Akarere, Umurenge ndetse n’uruhare rw’abaturage binyuze mu miganda.
Ubuyobozi bw’umujyi wa kigali butangaza ko bugiye gukurikirana ibibazo by’urubyiruko rugororerwa ku kirwa cya Iwawa hirindwa ko hari uwagorowe wakongera kwisanga mu bikorwa bituma asubira yo.
Urwego rwa Police rushinzwe umutekano wo mu muhanda (Traffic Police), inzego z’ubuyobozi bw’ibanze, Ikigo cy’Igihugu Gikwirakwiza Amashanyarazi (REG) n’igishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), ni byo bigo bya leta biza ku mwanya wa mbere mu kwaka ruswa.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatumiye abatanga akazi n’abagakeneye, kuza guhurira muri ’Kigali Exhibition and Cultural Village (Camp Kigali)’ kuri uyu wa Kane tariki 08 Ukuboza 2022, kuva saa mbili za mu gitondo kugera saa cyenda z’igicamunsi.
Nsabimana Jean w’imyaka 56 wo mu Kagari ka Kampanga Umurenge wa Kinigi mu karere ka Musanze, avuga ko mu myaka 39 amaranye ubwandu bw’agakoko gatera SIDA atigeze agira ikibazo cy’ubuzima kubera kubahiriza amabwiriza ahabwa n’abaganga.
Nyuma yo guhabwa inyunganirangingo zigizwe n’amagare, inkoni zera, imbago amavuta yo kwisiga ndetse n’amatungo magufi, abafite ubumuga bo mu Karere ka Gakenke, barahamya ko bigiye kubakura mu bwigunge, bakabona uko bitabira umurimo, bityo bakihutana n’abandi mu iterambere.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru Nyirarugero Dancille yibukije Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwo mu Karere ka Gicumbi ko ejo hazaza h’Igihugu ari bo hashingiyeho, bityo ko rugomba gusigasira ibyagezweho no kubyubakiraho rukagiteza imbere. Yanabibukije ko bagomba kurangwa no gukunda Igihugu ndetse no kugira imyitwarire myiza.
Abakozi b’ikigo gishinzwe igororamuco ku kirwa cya Iwawa batangaza ko bifashisha ibijumba bya Orange bikize kuri Vitamine A mu kuvura amaso bamwe mu bagororerwa kuri iki Kirwa.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge 19 igize akarere ka Gakenke bashyikirijwe ibikombe, mu rwego rwo kwishimira ko besheje umuhigo wo gutanga Mituweli 2022-2023, aho abaturage bivuza ku kigero cya 100%.
Pawel Jabłoński, Minisitiri w’Ububabnyi n’amahanga wa Pologne wungirije, yatangaje ko igihugu cye kigiye gufungura Ambasade mu Rwanda, biturutse ku mubano mwiza hagati y’ibihugu byombi ukomeje kwiyongera. Jabłoński ayoboye itsinda ry’abantu bahagarariye za sosiyete zigera kuri 20 zikora mu nzego zitandukanye muri Pologne, (…)
Umuryango Nyarwanda ufasha abagize ibyago byo kwandura Virusi itera Sida, ANSP+, uvuga ko umubare w’abandura virusi itera Sida utiyongera mu bantu basanzwe ahubwo ikibazo kiri ku byiciro byihariye birimo abakora uburaya kuko imibare igaragaza ko bari kuri 4.1% mugihe abasanzwe ubwandu buri kuri 3 %.
Ikigo k’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA), kiratangaza ko Umuntu wese afite uburenganzira bwo kuba ahantu hatunganye kandi hadafite ingaruka mbi ku buzima. Ibi babitangaje nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe mu gihe cy’icyumweru kuva tariki 21 kugera tariki 27/11/22. Muri icyo cyumweru hakozwe igenzura mu rwego rwo (…)
Abafite ubumuga mu Karere ka Nyagatare basaba bagenzi babo gukora bakiteza imbere kuko ubushobozi babufite aho gusabiriza. Bimwe mu bikorwa bishimira bagezeho harimo ubworozi, ubukorikori n’ibindi.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA), rwatangaje ko ibiciro bya lisansi na mazutu bizaguma aho biri mu gihe cy’amazi abiri ari imbere.
Tariki ya 2 Ukuboza 2022, Abepisikopi Gatorika batoye Nyiricyubahiro Antoine Cardinal Kambanda kuba Perezida w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda (CEPR) umwanya asimbuyeho Musenyeri Filipo Rukamba, umwepiskopi wa Butare.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abifuza gukora ibizamini bibahesha impushya z’agateganyo, iza burundu n’izisumbuye zo gutwara ibinyabiziga bemerewe kwiyandikisha guhera kuri uyu wa Gatandatu.
None tariki ya 2 Ukuboza 2022 Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagize umwere Ishimwe Dieudonne uzwi ku izina rya Prince Kid ku byaha yari akurikiranyweho bya ruswa ndetse n’iby’ihohotera rishingiye ku gitsina.
Kuri uyu wa Kane tariki 1 Ukuboza 2022, u Rwanda rwatangaje ko rwakiriye inkunga ya miliyoni makumyabiri z’Amayero (miliyari zisaga 20 z’Amafaranga y’u Rwanda) yatanzwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.
Perezida w’ikipe ya Kiyovu Sports Juvenal Mvukiyehe yavuze umujinya ariwo watumye atangaza ko bahagiritse umutoza Alain Andre nyuma yo gutsindwa na Gasogi United 3-1 .
Ibigo bigize BK Group ari byo Banki ya Kigali, BK Insurance, BK Capital na BK TechHouse byatangaje inyungu y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 43 na miliyoni 500 byabonye mu bihembwe bitatu by’umwaka wa 2022.
None tariki ya 30 Ugushyingo 2022 mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, habereye umuhango wo kwakira indahiro z’abayobozi bashya muri Guverinoma. Uwarahiye ni Dr Nsanzimana Sabin uherutse kugirwa Minisitiri w’Ubuzima na Dr Butera Yvan wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima.
Uwahoze ari Perezida wa Comore Ahmed Abdallah Sambi, yahanishijwe igifungo cya burundu kubera icyaha cy’ubugambanyi bukomeye kandi imyanzuro y’urukiko rwamukatiye, ntijya ijuririrwa.
Iyo uvuze kogeza umupira w’amaguru kuri Radiyo Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abari bariho icyo gihe bahita bibuka amazina abiri nyamukuru: Kalinda Viateur na Kabendera Shinani wavugaga amakuru akanogeza umupira w’amaguru mu Giswahili.
Ku itariki 28 Ugushyingo 2020, nibwo Archevêque wa Kigali Nyiricyubahiro Antoine Kambanda yimitswe na Papa Fransisiko i Roma nka Karidinali wa Kiliziya Gatolika ku isi.