Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Ukuboza 2022, i Nyabugogo ku muhanda werekeza ku Kimisagara, inyubako yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa mbiri, hahiramo ibikoresho bitari bike, by’amahirwe nta muntu wahagiriye ikibazo.
Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi mu Rwanda (RTDA), kigaragaza imihanda minini yashyizwemo kaburimbo muri 2022, harimo itararangizwa ikaba izakomeza gukorwa muri 2023.
Abasore babiri, Irafasha Donat na Ntakirutimana Noel, bo mu Mudugudu wa Nyarusange mu Kagari ka Kabare mu Murenge wa Ruvune mu Karere ka Gicumbi, bagwiriwe n’ikirombe bahasiga ubuzima, ubwo bacukuraga amabuye y’agaciro (Wolfram).
Abakuriye imiryango itari iya Leta ikorana n’urubyiruko mu Karere ka Huye, bavuga ko basanze urubyiruko cyane cyane rwo mu cyaro, rwishyingira rukiri rutoya kubera kubura ibyo rukora.
Urugaga rw’abikorera mu Ntara y’Amajyepfo (PSF) rurasaba abategura imurikagurisha ku rwego rw’Intara ko byajya bishyirwa mu byiciro, kugira ngo byitabirwe cyane kuko iyo ibikorwa bihurijwe hamwe habura umwanya uhagije wo kubisobanukirwa cyangwa ibindi ntibinitabirwe.
Itorero ryitwa Ebenezer rifite icyicaro i Kigali ku Kacyiru rivuga ko urusengero rwaryo ruri i Kinyinya mu Kagari ka Kagugu, mu Mudugudu wa Giheka rurimo kugurishwa amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 300.
Nyuma yo kubona abaturage bamwe bihisha inyuma y’iminsi mikuru bakubaka mu buryo bw’akajagari, ndetse budakurikije amategeko y’imiturire, Umujyi wa Kigali wabasabye kubyirinda kugira ngo bitazabagiraho ingaruka zo gusenyerwa.
Urwego rushinzwe gucyura no gusubiza mu buzima busanzwe impunzi mu Gihugu cy’u Burundi, ruravuga ko mu gihe cy’imyaka ibiri impunzi z’Abarundi zirenga ibihumbi 34, arizo zimaze gutaha ku bushake zivuye mu Rwanda.
Umubyeyi witwa Uwiragiye Marie Chantal wo mu Karere ka Bugesera, yibarutse abana bane mu ijoro rya Noheli, nyuma y’imyaka 15 ategereje urubyaro.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Ildephonse Kambogo yijeje abantu bagenderera Akarere ka Rubavu gususurutswa n’ibitaramo byagiye bitegurwa mu gusoza umwaka wa 2022, abizeza kuzumva bamerewe neza kuko umutekano uhari.
Abagore bo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga bafite abana bafite ubumuga bize kuboha, barifuza gufashwa gushakirwa amasoko kuko ibyo bize kuboha bitabona ababigura mu cyaro.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga ko bagiye gukoresha imbaraga zishoboka ku buryo bitarenze ukwezi kwa Mutarama 2023, ikibazo cyo kubaka ubwiherero cyadindijwe n’imvura nyinshi kizaba cyarangiye kuko hatangiye kuboneka imicyo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango n’inzego z’umutekano barahumuriza abaturage, nyuma y’ubugizi bwa nabi bwakomerekeyemo barindwi muri bo.
Abana 100 bakomoka mu miryango ikennye mu Karere ka Rubavu, bahawe Noheli n’ikigo cya Vision Jeunesse Nouvelle.
Polisi ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba iratangaza ko ku munsi ubanziriza Noheri, kuri Noheli no mu rukerera rwayo, mu Turere dutandukanye tugize iyi Ntara, habaye impanuka eshanu harimo iza Moto enye n’imodoka imwe, zihitana ubuzima bw’abantu babiri, batandatu barakomereka abandi batatu bakaba bafunze bazira gutwara (…)
Umuryango uharanira uburenganzira bw’abana Children’s Voice Today (CVT), uratangaza ko abana bafite ibibazo ari abana nk’abandi, bityo ko ari byiza ko basabana na bagenzi babo, bikabarinda kwigunga no kwiheba.
Abafite ubumuga barasaba ko inzego zabo zajya zihera ku rwego rw’Umudugudu nk’inzindi, aho guhera ku rwego rw’Akagari nk’uko bimeze.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA), kiraburira uzafatwa acuruza inyama zitujuje ubuziranenge, gisaba n’abaguzi kuba maso cyane cyane muri ibi bihe by’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yasabye ababyeyi ndetse n’abandi bantu bose kwirinda guha abana ibisindisha by’umwihariko muri ibi bihe by’iminsi mikuru kuko bitemewe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro, mu mpera z’icyumweru bwateguye Inteko y’Abahizi, Akarere gashimira Imirenge yabaye indashyikirwa mu bikorwa byimakaza Ubumwe n’Ubudaheranwa by’Abanyarwanda n’Imirenge yahize indi mu kurwanya ruswa n’akarengane.
Mu nsengero zitandukanye Abakristu bizihije Noheli, yaba abo muri Kiliziya Gatolika, ADEPR, Regina Pacis, Zion Temple n’ahandi.
Ababyeyi n’abayobozi b’ishuri ryitwa Les Petits Pionniers mu Karere ka Muhanga, baravuga ko gutegura umunsi mukuru w’abana mu bihe bya Noheli, ari ukubaha urugero bisanisha na rwo ruzwi ku Isi hose, kandi bibafasha kwiremamo icyizere cyo kugirira Igihugu n’Isi yose akamaro.
Buri tariki 25 Ukuboza hirya no hino ku isi hizihizwa umunsi mukuru wa Noheli wahariwe kuzirikana ivuka rya Yezu n’ubwo n’abandi batandukanye batitaye ku by’imyemerere usanga batabura kuwizihiza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko butangira umwaka wa 2023 bufite ahategerwa imodoka hashya nyuma y’imyaka imodoka zitwara abagenzi zicumbikirwa.
Mu bice bitandukanye by’Igihugu harimbishijwe mu rwego rwo kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka wa 2022, by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, no kwitegura kwinjira mu mwaka mushya wa 2023.
Guverinoma y’u Rwanda, yongereye iminsi y’ikiruhuko yagenwe nyuma y’umunsi mukuru wa Noheli n’Ubunani, aho yavuye kuri ibiri igirwa ine. Byari bimenyerewe ko, Umunsi ukurikira Noheli (Boxing day) n’umunsi ukurikira Ubunani, ari yo ifatwa nk’ikiruhuko, ariko hagaragaye impinduk,a iyo minsi igirwa ibiri kuri buri munsi mukuru.
Mu gihe habura igihe gito ngo umunsi wa Noheli wizihizwa n’abatari bake ugere, ikibazo cy’imodoka zitwara abagenzi baturutse i Kigali bajya mu Ntara cyongeye kuba ingorabahizi.
Ikigo cy’Abashinwa gicuruza ifatabuguzi ryo kureba televiziyo(Star Times), cyahaye uwitwa Nzigamasabo Saidi moto nshya yatsindiye muri poromosiyo yo muri izi mpera z’umwaka, yagenewe abagura televiziyo cyangwa ifatabuguzi rya buri kwezi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA), kivuga ko muri Mutarama 2023, imirimo yo kubaka umuhanda Base-Rukomo-Nyagatare izaba yarangiye, abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru bahahirana n’abo mu Ntara y’Iburasirazuba, cyane Uturere twa Gatsibo na Nyagatare.
Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe ishishikariza abangavu babyaye bakeneye ubufasha burimo ubwo gusubira kwiga, kwegera inzego z’ibanze zikabarangira uko bashobora gufashwa.