Abarwanyi batandatu ba FDLR bitabye Imana abandi babiri bafatwa ari bazima ubwo bateraga ibirindiro by’ingabo z’u Rwanda mu karere ka Rubavu; nk’uko bitangazwa n’umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Br.Gen Joseph Nzabamwita.
Abapasitoro n’abayobozi bakuru mu idini rya ADEPR basaga 350 bagiye kumara icyumweru mu ngando i Nkumba mu Karere ka Burera, aho bazaba bagiye kwisuzuma, bakiyungurura, bagafata ingamba zo gutandukana n’amacakubiri yagaragaye mu itorero mu minsi ishize.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri tariki 27/11/2012, FDLR yateye ibirindiro bibiri by’ingabo z’u Rwanda mu karere ka Rubavu, abarwanyi bane ba FDLR bahasiga ubuzima.
Umuvugizi w’umutwe wa M23, Amani Kabasha, avuga ko bishimiye imyanzuro yafatiwe mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa ICGRL ndetse M23 yiteguye kuyishyira mu bikorwa nyuma yo kuyibona.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 26/11/2012, urusengero rwa Pantekote (ADPER) rwo ku Kinamba mu kagari ka Kamutwa, mu murenge wa Kacyiru, rwibasiwe n’umuriro uturutse mu gisenge, inyuma mu biro by’abakozi b’Imana.
Nyuma yo kurangiza ibizamini bisoza amashuri yisumbuye tariki 24/11/2012, abanyeshuri 888 bo mu karere ka Kamonyi bateganyijwe kujya mu Itorero kandi ngo ibizakenerwa byose byarangije gutegurwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimye ishyirahamwe ry’abanyeshuri barokotse Jenoside (AERG), kuba ryarageze ku ntego zaryo, zo kurwanya guheranwa n’agahinda, kugirana inama, kurerana (kuko batagira ababyeyi), ndetse no guharanira kwiteza imbere.
Mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ivutse, tariki 25/11/2012, ubuyobozi bw’uwo muryango mu karere ka Muhanga bwasabye abatuye aka karere kwishimira ko mu Rwanda ikimenyane kiri kugenda gikedera.
Afurika ni umugabane ufatwa nk’uwibibazo kubera intambara n’inzara bihoramo, ariko umuntu yitegereje neza asanga abazungu aribo batera ibyo bibazo; nk’uko bitangazwa na Perezida w’Inteko ishina amategeko y’u Rwanda, Depite Rose Mukantabana.
Guhera mu kwezi kwa 11/2012 ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwahinduranyije abakozi batandukanye bakora mu mirenge yo muri ako karere mu rwego rwo kongera imikorere myiza.
Uwahoze ari Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza akaba ari umujyanama wa Perezida Kagame, avuga ko adashyigikiye abashaka guhagarikira inkunga u Rwanda; ahubwo asanga u Rwanda rugomba gushyigikirwa mu ntambwe rurimo y’iterambere.
Perezida Paul Kagame na mugenzi we Denis Sassou-N’guesso wa Congo Brazzaville bashyigikiye imyanzuro yafashwe n’inama y’akarere (ICGLR) igamije gushakira umuti ikibazo cy’intambara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo; nk’uko bigaragara mu itangazo rya Leta y’u Rwanda.
Mu mpera z’icyumweru cyaangiye tariki 25/11/2012, Abanyarwanda 50 biganjemo abagore n’abana batahutse bavuye muri Congo. Batangaza ko kugararuka mu rwababyaye babibonye nk’inzozi kuko ngo bari barambiwe no kuba mu mashyamba hamwe n’abana babo.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu kagari ka Muhororo umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, baravuga ko mu bizima bwabo batigeze babona irindi shyaka ryumva ibibazo by’abaturage, ariko ubu upfa guhura n’ikibazo gito waterefona FPR ibisubizo bikagusanga aho wibereye.
Mu mbyino n’indirimbo, imivugo n’ibiganiro; abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu tugari twa Ruyenzi na Muganza, two mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi; barishirira ibyiza u Rwanda rwagezeho rubikesha FPR.
Utugari twose tugize akarere ka Karongi twizihije isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe maze imiryango itishoboye ihabwa inka n’ihene mu birori byabaye tariki 25/11/2012.
Ambasaderi Hwang Soon Talk yashimye ibikorwa by’umuryango w’Abanyakoreya witwa Good Neighbors mu kagari ka Kagina mu murenge wa Runda kuko byagejeje abaturage ku iterambere.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Aime Bosenibamwe, arasaba abaturage bo mu karere ka Burera gukaza umurego bagakora bakiteza imbere, bakirinda ibihuha bivugwa hirya no hino ku ma Radio ko u Rwanda rufasha M23, inyeshyamba zirwanya Leta ya Congo.
Ministre w’Umutekano, Sheikh Musa Fasil Harelimana, yasabye abatuye agace ka Rusizi gahana imbibe na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, gusabana n’abaturanyi bagenzi babo b’Abanyekongo no kwita ku mutekano.
Ubuyobozi bwa M23 bukomeje gutsimbarara ku cyemezo cyabwo cyo kuva mu mujyi wa GOma no kuwusubiza Leta ya Kinshasa, nyuma y’aho inama yahuje abakuru b’ibihugu bigize Inama Mpuzamahanga y’Ibiyaga Bigali (ICGLR), yari yayisabye kuva I Goma mu minsi ibiri.
Perezida wa Sena, Dr. Jean Damscene Ntawukuriryayo, yasabye abaturage bo mu murenge wa Rwinkwavu kurinda ibiti, mu rwego rwo ku bungabunga ubuzima bwa bo n’ubw’ibidukikije muri rusange.
Abasirikare bane bambutse umupaka wa Rusizi baurutse muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo, bavuga ko bari barambiwe kuba mu mutwe wa FDLR udafite politiki ihamye ugenderaho.
Abayobozi bo mu karere ka Gisagara barasabwa kwegera abaturage bayobora, babasanze mu mirenge no mutugari, bakabafasha gukemura ibibazo bihari no kumva ibitekerezo byabo, cyane cyane muri gahunda z’imihigo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yabwiye abitabiriye umuganda wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 24/11/2012, i Masaka mu karere ka Kicukiro, ko batagomba gutegereza ko hari ibindi bikenewe kugira ngo bihaze muri byose, kuko n’Imana itakimanura ibyo kurya by’ubuntu.
Kwishyura imitungo yangijwe muri Jenoside ntibigora ubikora iyo afite ubushake bwo kwishyura, nk’uko bivugwa na Jean Bosco Kambanda, umwe mu bangije imitungo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Guverineri w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwali, aributsa abayobozi ko bagomba gutura aho bayobora, utabishoboye akareka ababishoboye bagakora. Yemeza ko ari mu rwego rwo kugira ngo bakurikirane ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo intara yiyemeje.
Imiryango igera ku 162 yo mu murenge wa Muganza, akarere ka Rusizi, yashikirijwe inkunga y’ibiryo, yiganjemo ibigori, amavuta yo guteka n’ibishyimbo, nyuma y’uko ako gace kibasiwe n’ibiza biherutse kuba, byasize byangije ibintu by’abaturage abandi bakahasiga ubuzima.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yongeye gutangaza ko nta ruhare u Rwanda rufite mu guteza umutekano muke mu karere, kandi ko ari ko Umunyamabanga wa Leta mushya, Amb. Eugene-Richard Gasana, usanzwe uhagarariye u Rwanda mu muryango w’abibumbye (UN), asabwa kujya kuvuga.
Byibura abaperezida 10 bategerejwe guhurira i Kampala muri Uganda tariki 24/11/2012 ngo baganire ku butabazi bwihuse bakorera abaturage ba Congo bugarijwe n’intambara ingabo z’icyo gihugu FARDC zirwana n’umutwe wiyise M23.
Mu mujyi wa Goma hamwe n’ahandi hafashwe n’ingabo z’umutwe wa M23 abaturage barimo kwizezwa umutekano, bagasabwa gusubira mu mirimo yabo. Mu nama yahuje ubuyobozi bwa M23 n’abayobozi b’ibitangazamakuru tariki 22/11/2012 bijejwe imikoranire myiza.