Minisiriri w’umurimo n’abakozi ba Leta, Anastase Murekezi, aratangaza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” itandukanye n’inkiko Gacaca kuko zo zashakaga ko abakoze icyaha babyemera ku bushake bagasaba imbabazi ariko “Ndi Umunyarwanda” yo ntabwi ishaka ibyaha.
Ubwo inteko ishinga amategeko (imitwe yombi) yabazaga Komisiyo yo kurwanya Jenoside (CNLG), impamvu nyuma y’imyaka 20 hakiri ibibazo by’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bitarakemuka, yasubije ko biterwa n’amikoro make n’abayobozi batihutisha imanza.
Ubwo yaganirizaga abaturage bo mu Murenge wa Kigoma mu karere ka Huye kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kuwa 25/11/2013, Hon. Senateri Bernard Makuza yabasabye imbabazi z’uko umubyeyi we, Anastase Makuza, atarwanyije amacakubiri mu gihe yayoboraga.
Mu ruzinduko Intumwa z’umuryango w’abibumbye zagiriye muri gereza ya Nyanza tariki 27/11/2013 zatangajwe n’uburyo abayifungiyemo bafashwemo ngo kuko bafunzwe mu buryo bwubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Mu biganiro bya « Ndi Umunyarwanda » bikomeje mu karere ka Karongi kuri uyu wa 27/11/2013, Ambasaderi Polisi Denis yasobanuye ko gusaba Imabazi bitareba abakoze Jenoside gusa, ahubwo ngo bireba buri muntu wese wumva afite kwicuza kuba yarakozwe mu izina rye no kuba ataragize icyo akora ngo ntibeho.
Kansanga Ndahiro Marie Odette yagaragajwe ko ariwe mukandida umwe rukumbi uhatanira umwanya w’umusenateri uhagarariye intara y’Uburasirazuba wari umaze igihe utagira uwicayemo kuva madamu Mukabalisa wari senateri yatorerwa kuba umudepite mu matora yabaye mu kwezi kwa Nzeli uyu mwaka.
Minisitiri w’Umutekano, Sheik Mousa Fazil Harelimana, yatanze ubuhamya ku kababaro yatewe n’abamushinjije kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ariko ngo ubu urwo rwango yarurenze akaba yibona mu Bunyarwanda atitaye ku bashakaga kumufungisha.
Ubwo yasozaga ku mugaragaro icyiciro cya 48 cy’amahugurwa ahabwa abitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro bagatahuka kuvbushake, umugenzuzi mukuru mu gisirikare cy’u Rwanda, General Major Jack Nziza, yashimiye aba bantu bagera kuri 75 kubera urugero rwiza batanze bitandukanya na FDLR bagahitamo gutahuka mu gihugu cyabo.
U Rwanda na Congo Brazzaville bararebera hamwe uburyo bafasha Abanyarwanda baba muri icyo gihugu bambuwe uburenganzira ku buhunzi, nyuma y’aho itariki ntarengwa yo gukuraho ubuhunzi ku Banyarwanda ishyiriwe mu bikorwa.
Abaturage bo mu karere ka Kirehe bamaze gucengerwa na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kuko bashima iyi gahunda bakanatanga ubuhamya bugaragaza ko bitandukanyije n’amacakubiri.
Komiseri muri komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge, Marie Claire Mukamusonera, avuga ko ibikomere Abanyarwanda bafite bizamarwa no kwicara hamwe bakabiganiraho, dore ko nta Munyarwanda udafite ibyamukomerekeje mu mutima uretse ko bitandukanye.
Ibiganiro kuri gahunda ya « Ndi Umunyarwanda » byatangijwe ku rwego rw’umurenge mu Karere ka Karongi kuwa 25-11-2013 birimo gutanga umusaruro mwiza bijyanishijwe n’icyumweru cy’Ubumwe n’Ubwiyunge.
Uwashema Marie Claire warokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi mu mwaka wa 1994, agaragaza ko nyuma yo gucengerwa na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, yasabye imbabazi Abahutu ngo kuko yajyaga abafata nk’abagome bose bitewe n’ibibi bamwe mu Bahutu bakoze kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Njyanama z’imirenge n’abaperezida b’amakomisiyo bagize imirenge yose igize akarere ka Rusizi barasabwa gukorera hamwe n’izindi nzego baharanira iterambere ry’abaturage bakanarwanya akarengane akariko kose gakorerwa abaturage bashinzwe.
Ubuyobozi n’abaturage bo mu murenge wa Kimihurura mu karere ka Gasabo, baremeza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” izabaha umwanya wo kubohoka ku Banyarwanda kandi abakuru bakabwiza ukuri amateka y’u Rwanda abakiri bato kugira ibyabaye nabo bitazababaho.
Intumwa yihariye y’umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye mu karere k’ibiyaga bigari agiye kunzenguruka akarere kugira ngo arebe uburyo ibiganiro hagati ya Leta ya Congo n’umutwe wa M23 byasozwa.
Kurangwa n’indangagaciro zibereye Umunyarwanda, kuba ikitegererezo no gukunda abayoborwa hagamijwe kugera ku iterambere ryihuse nibyo byasabwe abayobozi batandukanye higanjemo abanyabanga nshingwabikorwa b’imirenge bari mu mwiherero mu kigo cya gisirikare i Gabiro mu Karere ka Gatsibo.
Ubwo hatangizwaga icyumweru c’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Kirehe, hagaragaye umukobwa wasabye imbabazi mu izina rya musaza we wakoze Jenoside ariko akaba atakiriho.
Minisitiri w’umurimo n’abakozi ba Leta, Anastase Murekezi, yasabye imbabazi z’ibyo Abahutu bakoreye Abatutsi ndetse nawe agaruka ku ruhare rwe mu gushaka gusubiza Abatutsi inyuma mu nzego zitandukanye.
Abanyarwanda bajya mu mujyi wa Goma bavuga ko nubwo M23 yatsinzwe, inzego z’umutekano wa Congo zitaborohera mu kubahohotera no kubambura zibashinja gukorana na M23.
Abaturage b’umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko kwitsinda mu mutima ndetse no kwatura bakavugisha ukuri ari byo bizatuma gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ibasha kugera ku ntego yayo yo kubaka Ubunyarwanda nyabwo n’ubwiyunge mu Banyarwanda.
Ubwo Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yatangizaga icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge mu murenge wa Giheke ho mu karere ka Rusizi yibukije abaturage ko kuva mu mateka y’igihugu ari bamwe basangiraga ibyago n’umunezero bityo bakaba bakwiye kureka kwiyumva mu moko.
U Rwanda ruri guhangana n’imbogamizi zo kutagira abacungagereza bafite ubunyamwuga n’ubwo ruri mu bihugu by’ibanze byizewe mu kugira gahunda ihamye yo kurinda umutekano ku isi ndetse rukaba rufite n’intumwa hirya no hino.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingufu n’amazi muri MININFRA, Eng Isumbingano Emma Francoise arahamagarira Abanya-Karongi gushyigikira umuco wo kuganira, gusaba no gutanga imbabazi kugira ngo u Rwanda ruzabashe kwiyomora ibisare by’igihe kirekire.
Umusirikare w’Umunyarwanda wari mu butumwa bw’Amahoro mu Ntara ya Darfour muri Sudani yitabye Imana aguye mu gitero bagabweho n’abarwanyi bataramenyekana ku cyumweru tariki 24/11/2013 mu Majyaruguru y’icyo gihugu.
Gitimbanyi Christophe w’imyaka 47 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Mushonyi mu karere ka Rutsiro avuga ko we gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yayiyumvisemo kera, kuko imbaraga yari afite mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi atazikoresheje mu bwicanyi, ahubwo zamufashije kurokora Abatutsi 19.
Nyuma y’iminsi itatu abayobozi umunyamabanga nshingwabikorwa, umuyobozi w’akarere w’ungirije ushinzwe ubukungu ndetse n’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Rusizi beguye, Njyanama y’akarere ka Rusizi yakiriye ubwegure bwabo.
Mu gikorwa cyo gukemura ibibazo by’amasambu mu karere ka Gisagara hagaragaye abari barumvikanye bagasaranganya ubutaka basubiranyemo nyuma y’aho komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yabasobanuriye ko ubutaka bufitweho uburenganzira n’ubufitiye icyangombwa.
Nyuma y’amezi arenga abiri nta muyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage akarere ka Kayonza gafite, tariki 23/11/2013 Uwibambe Consolee w’imyaka 40 y’amavuko yatorewe uwo mwanya ku majwi 95,8% by’inteko itora yari igizwe n’abajyanama 145.
Guhera kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2013, mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo, hatangiye umwiherero uhuje abayobozi bashinzwe umurimo mu nzego z’igihugu kuva ku ntara, uyu mwiherero ukazamara ibyumweru 2.