Umugore w’imyaka 45 witwa Mukabitekerezo Esperance yaguye mu Murenge wa Nemba mu Kagali ka Mucaca mu ijoro rishyira tariki 24/12/2013 nyuma y’amasaha arenga 12 ahageze ngo bamusengere akire indwara ya diayabete.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 24/12/2013, mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo gusinyana amasezerano y’ubufatanye hagati y’turere tugize intara y’amajyaruguru na polisi y’igihugu.
Bamwe mu banyamakuru bahagarariye ibitangazamakuru ndetse n’abafite uburambe muri uyu mwuga bateraniye mu karere ka Musanze kugirango baganire ku ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye baravuga ko umuco upfobya umugore ukwiye guteshwa agaciro.
Umusaza Hakizamungu Kagangure bakunze kwita Ndugu utuye mu murenge wa Nyarubuye ho mu karere ka Kirehe, yemeza ko amagambo “Umuhutu n’Umututsi” byahawe indi nyito n’abazungu.
Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Chief superintendent Bahizi Rutagerura, avuga ko bongereye imicungire y’ibinyabiziga bivuduka cyane mu muhanda muri ibi bihe bya Noheri n’ubunani, mu rwego rwo kurwanya impanuka ubusanzwe zihitana abantu benshi cyane muri ibi bihe.
Urubyiruko rurangije amahugurwa mu myuga inyuranye mu Kigo ngororamuco giteza imbere imyuga cy’Iwawa mu Karere ka bemeza nyuma yo kwigishwa bamaze kwiha icyerekezo mu guteza imbere igihugu binyuze mu gukora cyane.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyabihu bavuga ko isozwa ry’umwaka atari igihe umuntu yakagombye gusesagura ibyo yaruhiye mu mwaka wose uba ushize, ahubwo ko ari igihe cyo gutekereza akarushaho kuzigama.
Bamwe mu bakora umwuga w’ubumotari mu karere ka Ruhango, baravuga ko akanozasuku kuba katakitabirwa gukoreshwa, ahanini ngo biterwa no kwiyongera kw’ibiciro.
Nyuma y’umwiherero wahuje abashakanye bo muri paruwasi gaturika ya katederari ya Kabgayi ku nsanganyamatsiko igira iti “Ingo zacu zibe ishingiro ry’ubukirisitu”, imiryango igera ku 100 yari yateraniye muri uwo mwiherero yahise ifata icyemezo cyo gushinga ihuriro rizajya ribahuza mu kubaka ubukirisitu no gusangira ubuzima.
Ishyaka PSD ryitandukanyije n’abari abayoboke baryo bagize uruhare muri Jenoside riboneraho no gusaba imbabazi Abanyarwanda bose muri rusange n’abakorewe Janoside by’umwihariko.
Ingando z’Urubyubyiruko rw’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi ruzwi ku izina rya “JA: (Jeunesse Adventiste” zari zimaze icyumweru zibera mu karere ka Nyamasheke, zasojwe tariki 21/12/2013, bane muri uru rubyiruko bacaguriwe kujya mu cyiciro cy’ubuyobozi bukuru bw’uru rugaga ari cyo cy’aba Chef-Guide.
Abayobozi b’uturere tugize u Rwanda mu mwiherero w’iminsi ibiri bamaze mu karere ka Rubavu wateguwe n’ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali bavuga ko amanama batumirwamo n’inzego zibakuriye atuma badashobora kuzuza inshingano zo kwegera abaturage no kuberekera inzira yo kuva mu bucyene.
Abagize ishyirahamwe APRED rishinzwe kuganira ku ruhare rw’abanyamadini n’abanyapoliti mu kugarura amahoro mu karere k’ibiyaga bigari bavuga ko habaye ubushake ku mpande zombi amahoro yaboneka kuko abaturage bafite ubushake bw’amahoro.
Mu karere ka Rwamagana hamaze gufungurwa ishami ry’umuryango mpuzamahanga bita “Soroptimist”, ugamije gufasha abagore kugera ku iterambere n’imibereho myiza, kugera ubwo buri mugore wese azagerwaho n’ibyiza abandi bagore bose batigeze bagira.
Umuryango FXB watangije gahunda y’imyaka ibiri igamije gufasha abana b’impfubyi za SIDA n’abagifite ababyeyi bakirwaye batagishoboye gufasha abo bana bagikeneye kubaho, kwiga no kurerwa mu rukundo no kubona iby’ingenzi umwana wese akeneye ngo abeho neza.
Umwe mu myanzuro yavuye mu nama ya cyenda y’abana intara y’Amajyaruguru, ni uko abana bo muri iyi ntara biyemeje gutunga itungo rigufi buri wese, kugira ngo bakure bafite umuco wo kwigira, muri gahunda yiswe ‘Gira Itungo Rigufi Mwana’, nk’uko babyemeje kuri uyu wa Gatanu tariki 20/12/2013.
Muri ibi bihe by’imyiteguro y’iminsi mikuru ya noheri n’ubunani abaturage biganjemo urubyiruko batangaza ko bifuza amafaranga y’iminsi mikuru ariko mu kuyashaka hakaba ababihomberamo, kuko kubera imikino y’amahirwe bishoramo.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA), Jerome Gasana, aremeza ko gahunda batangije yo guteza imbere ubuhanzi ari kimwe mu bimenyetso bigaragaza ubushake mu mpinduramatwara batangiye yo guha imyuga agaciro mu Banyarwanda.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) iratangaza ko ibikorwa byo kubaka inkambi ya Mugombwa izashyirwamo imunzi z’Abanyecongo bari mu Rwanda mu nkmabi ya gateganyo ya Nkamira bizaba byarangiye mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama 2014.
Mu murenge wa Mugombwa ho mu karere ka Gisagara hatangijwe ku mugaragaro imilimo yo kubaka inkambi igenewe kwakira impunzi zaturutse muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo izarangira mu kwezi kwa mbere.
Mu gihe imanza z’abakekwaho uruhare mu kwica Abatutsi bari barahungiye muri kiriziya ya Paruwasi Gaturika ya Nyange mu karere ka Ngororero zikomeje, abakirisitu basengera muri iyo paruwasi baragaya cyane ubugwari bw’abakoze ayo mahano.
Umukozi ushinzwe imiyoborere myiza mu karere ka Ngororero, Musabeyezu Charlotte, aratangaza ko mu karere ka Ngororero bagiye kwifashisha ibihangano by’abaturage batandukanye mu rwego rwo guteza imbere no kwimakaza ibikorwa by’umuganda.
Abana bahagarariye abandi mu mirenge n’uturere mu ntara y’Iburasirazuba barasaba Perezida w’u Rwanda ko yabafasha akabashyiriraho gahunda bise “Gira itungo mwana”, izafasha buri mwana wese kugira itungo yakorora akiri muto akazakura agenda arumbukirwa.
Umunyarwanda Kanyandekwe Faustin utuye mu kagari ka Rubona umurenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu yahohotewe n’abashinzwe umutekano muri Congo ubwo yari avuye gufata gufata amafaranga yakoreye muri Goma tariki 19/12/2013.
Urubyiruko ruvuye mu bihugu bitandukanye by’Afurika rwumvise gahunda zijyanye no kwigira cyangwa kwishakamo ibisubizo Abanyarwanda bagenderaho, bamwe muri bo bakaba bemeje ko kumenya izo gahunda bizabafasha kurwanya ubukene no guharanira amahoro mu bihugu byabo.
Ubwo Abanyarwanda 91 bari barahungiye muri Congo bageraga mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi kuri uyu 19/12/2013, batangaje ko bishimiye kongera kwibona mu gihugu cyabo ndetse bakaba bagiye kuharangiriza umwaka wa 2013.
Nyuma yo kubona ko ba rwiyemezamirimo bakiri bato bagorwa no kubona ingwate maze bikabavutsa uburenganzira bwo kubona inguzanyo umuryango GVEP International wahuguye abayobozi b’imirenge SACCOs yo mu karere ka Nyanza basabwa kutagira uruhare mu kubaheza.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere, Prof. Shyaka Anastase, aravuga ko ahari ubushake ndetse n’ubufatanye iterambere rishoboka, ndetse rikaba ryageza igihugu n’abagituye ku kwigira nyakuri.
Mu kiganiro kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” cyabereye mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Uburasirazuba (IPRC/East) kuri uyu wa 18/12/2013 ,vice president wa komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge, Uwimana Xaverine, yavuze ko iyo gahunda igiye kujya yigishwa mu mashuri.
Abaturage batuye mu murenge wa Nyanjye mu karere ka Ngororero ntibavuga rumwe ku mafaranga bacibwa iyo bagiye kugeza ibibazo byerekeranye n’imanza n’amakimbirane ku bayobozi b’imidugudu kimwe no ku nzoga y’abagabo icibwa uwatsinzwe cyangwa uwahamwe n’amakosa.