Minisitiri w’Intebe Dr.Edouard Ngirente, kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Werurwe 2022, yitabiriye inama ngarukamwaka ya 8 ihuza Guverinoma zo ku Isi, ibera i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, ivuga ku Ntego z’Iterambere rirambye (SDGs), aho yagaragaje ko zadindijwe na Covid-19.
Abatalibani bategetse ibigo bikora ingendo zo mu kirere, guhagarika abagore bo muri Afganistani bakora ingendo mu ndege, keretse igihe bari kumwe n’abagabo babo cyangwa uwo mu muryango wa hafi.
Perezida Paul Kagame yatambagijwe ikigo cya BioNTech ari kumwe n’Umuyobozi wacyo, Uğur Şahin, ndetse baganira ku gutangiza gahunda yo gukorera mu Rwanda inkingo za Covid-19, malariya n’iz’igituntu zirimo gutezwa imbere.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, ari i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, muruzinduko rw’akazi, akaba yagiranye ibiganiro n’abayobozi banyuranye.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Werurwe 2022, mu nama ya 19 idasanzwe yahuje Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), nibwo hemejwe ku mugaragaro Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nk’igihugu kinyamuryango gishya.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Joe Biden, yasobanuye ko ijambo yavugiye muri Pologne ko mugenzi we w’u Burusiya, Vladmir Putin ‘adashobora kuguma ku butegetsi’, ngo yaritewe n’akababaro gakomeye yari afite kandi ko atarisabira imbabazi.
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, aherekejwe n’umugore we, bagiriye uruzinduko i Vatican, bakirwa na Papa Francis ku wa Gatandatu tariki 26 Werurwe 2022.
Umuryango mpuzamahanga utanga ubufasha (OXFAMI, watangaje ko abantu bagera kuri miliyoni 28 muri Afurika y’Iburasirazuba, bashobora kugarizwa n’ikibazo cy’inzara ikomeye cyane, kubera izamuka ry’ibiciro riturutse ku ntambara yo muri Ukraine, hamwe n’ibura ry’imvura muri uku kwezi kwa Werurwe.
Soumeylou Boubèye Maïga wari Minisitiri w’Intebe w’igihugu cya Mali, yitabye Imana ku wa Mbere tariki 21 Werurwe 2022, aguye muri gereza i Bamako, nyuma y’igihe gito umuryango we usabye ko yakwitabwaho akavurwa adafunze.
Mu bitero u Burusiya bukomeje kugaba kuri Ukraine kuva tariki 24 Gashyantare 2022, bwageze aho bukoresha ibisasu bidasanzwe byitwa Missile hypersonic Kinzhal.
Ku wa Gatanu tariki 18 Werurwe 2022, Ambasaderi w’u Rwanda mu Bihugu bya Senegal, Guinea Bissau, Mali, Gambia na Cabo Verde, Jean Pierre Karabaranga, yashyikirije Nyakubahwa José Maria Pereira Neves, Perezida w’Igihugu cya Cabo Verde, impapuro zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Kuri uyu wa 18 Werurwe 2020, Ikigega Mpuzamahanga gitera inkunga imishinga y’Ubuhinzi (FIDA), cyasohoye itangazo rivuga ko icyorezo cy’inzara kirimo gusatira Isi yose, kubera intambara ihanganishije Ukraine n’u Burusiya, ariko impande zombi z’abarimo kuyirwana zikavuga ko zitazamanika amaboko.
Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, Leta y’Inzibacyuho iyobowe n’Igisirikare muri Mali, yategetse ko ibiganiro by’ibitangazamakuru by’u Bufaransa, ari byo France 24 na Radio mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) bihagarikwa.
Ku wa Gatatu tariki ya 16 Werurwe 2022, Umuryango w’abibumbye (UN) wambitse imidari y’ishimwe abapolisi 240 (RWAFPU-1), bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo, mu rwego rwo kubashimira uburyo bakorana umurava n’ubunyamwuga.
Ku wa 16 Werurwe 2022, Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zibarizwa muri batayo ya gatatu, zahaye abaturage serivisi z’ubuzima ndetse zikora n’irondo.
Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano, kongereye manda y’Ingabo zibungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo mu gihe kingana n’umwaka umwe, nyuma y’uko hakomeje kugaragara ibikorwa by’ihohoterwa bikorerwa ikiremwa muntu, bikozwe n’inyeshyamba muri icyo gihugu.
Umunyamabanga Mukuru wa LONI, Antonio Guterres, yatangaje ko intambara irimo kubera muri Ukraine yashojweho n’u Burusiya, ishobora guteza inzara ikomeye mu bihugu byinshi byo ku mugabane wa Afurika.
Igikomangoma Charles ari nawe uzasimbura Umwamikazi Elizabeth II ku ngoma y’Ubwami bw’u Bwongereza, yatangaje ko ariwe uzitabira inama y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma y’ibihugu bikoresha icyongereza (CHOGM), izabera i Kigali mu Rwanda.
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique mu bikorwa byo kurwanya imitwe y’iterabwoba, zifatanyije n’abaturage batuye Umujyi wa Mocimboa Da Praia, mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 63 umaze ushinzwe. Ibirori byateguwe na Guverinoma ya Mozambique, byabaye ku wa Mbere tariki 7 Werurwe 2022.
Mu kiganiro Umuvugizi wa Leta y’u Burusiya, Dmitry Peskov yahaye ibiro ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) ku wa Mbere tariki 7 Werurwe 2022, yavuze ko intambara kuri Ukraine idateze guhagarara na gato, kereka Leta y’icyo gihugu yemeye ibikomeje gusabwa n’u Burusiya.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yizihirije ibirori by’Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore i Nairobi muri Kenya, hamwe na mugenzi we Margaret Kenyatta. Ibyo birori byanitabiriwe na Perezida w’icyo gihugu, Uhuru Kenyatta.
Perezida w’u Burusiya, Vladmir Putin yatangaje ko kuba Umuryango OTAN n’inshuti zawo barimo gufatira u Burusiya ibihano, ngo byabaye nko gushoza intambara ku gihugu cye.
Leta ya Tanzaniya yarekuye Freeman Mbowe uyobora Chadema, ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, nyuma y’uko abashinjacyaha bahagaritse ibirego bamureze mu mwaka ushize, nk’uko ishyaka rye ryabivuze ku wa Gatanu tariki 4 Werurwe 2022.
Umuyobozi wa Kherson, umwe mu mijyi ikomeye ya Ukraine yemeje ko abasirikare b’u Burusiya bigaruriye uwo mujyi w’ingenzi uri ku cyambu mu majyepfo ya Ukraine.
Umuryango w’iterambere muri Afurika y’Amajyepfo (SADC), watangaje ko uzashyigikira abatahutse basubira mu byabo mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, bari barahunze kubera ibikorwa by’iterabwoba.
Ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri Ukraine, Andre Groenewald, yavuze ko nta yandi mahitamo yari afite uretse kuva mu murwa mukuru, Kyiv, mu gihe imodoka y’Abarusiya yitwaje intwaro yerekezaga muri uwo mujyi.
Itegeko ryashyizweho umukono na Perezida w’inzibacyuho muri Burukina Faso, Lt Col Paul-Henri Sandaogo Damiba kuri uyu wa kabiri tariki 01 werurwe 2022, ryemeje ko izamara ku butegetsi amezi 36 (imyaka 3) mbere y’uko amatora aba.
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yasinye iteka riha ikaze umuntu wese ku Isi wifuza gutabara icyo gihugu mu ntambara kirimo kurwanamo n’u Burusiya.
Santafurika yarekuye abasirikare bane b’Abafaransa, bari mu Ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro muri icyo gihugu (MINUSCA), bakaba bari batawe muri yombi bakekwaho gusha kwica Umukuru w’igihugu.
Abayobozi b’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), bavuze ko ibihano byafatiwe u Burusiya kubera ibitero bwagabye kuri Ukraine, biziyongeraho gusaba isi yose gushyira icyo gihugu mu kato gakomeye.