Ubuyobozi bwatangaje ko habonetse imirambo 17, bikekwa ko yose ari iy’abantu bari mu bwato bwarohomye ku wa Gatanu tariki 8 Nyakanga 2022, impanuka yabereye hafi y’umujyi w’ubucuruzi wa Lagos.
Raporo iteganya ibiri imbere yashyizwe ahagaragara n’Umuryango w’Abibumbye (UN) kuri uyu wa mbere, irerekana ko abatuye isi bazagera kuri miliyari 8 ku itariki 15 Ugushyingo 2022, mu gihe Ubuhinde buzaba bwaraciye ku Bushinwa nk’igihugu gituwe cyane kurusha ibindi ku Isi muri 2023.
Perezida wa Sri Lanka, Gotabaya Rajapaksa, yatangaje ko tariki ya 13 Nyakanga 2022, azarekura ubutegetsi mu mahoro, nyuma y’imyigaragambyo y’abaturage yabaye tariki 9 Nyakanga 2022, bamusaba ko yava ku butegetsi kubera ibibazo iki gihugu gifite.
Umutwe w’inyeshyamba wa ‘ADF’ ufatwa nk’uwica cyane kurusha indi ibarizwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko wishe nibura abarwayi icyenda mu ivuriro ryo mu Burasirazuba bwa Congo, bikaba byemejwe n’igisirikare cy’icyo gihugu, nk’uko byatangajwe na Al Jazeera.
Ibihumbi by’abagiragambya bahiritse bariyeri yari yashyizweho na Polisi binjira aho Perezida w’icyo gihugu, Gotabaya Rajapaksa, atuye basaba ko yegura, iyo ngo akaba ari yo myigaragambyo ikomye ibaye muri icyo gihugu muri uyu mwaka wa 2022.
José Eduardo dos Santos wabaye Perezida wa Angola mu gihe cy’imyaka 37, akaba yaravuye ku butegetsi mu 2018, yitabye Imana ku myaka 79 aguye mu ivuriro ryo mu Mujyi wa Bercelone muri Espagne, aho yari ari mu bitaro nyuma yo kugira ikibazo cyo guhagarara k’umutima bitunguranye ‘un arrêt cardiaque’.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Nyakanga 2022, Shinzo Abe wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, yajyanywe ku bitaro nyuma yo kuraswa n’umuntu wakoresheje imbunda, ariko birangira yitabye Imana.
Umuvugizi wa Leta ya Ondo muri Nigeria, Funmilayo Odunlami, yavuze ko ubu Polisi irimo kuvugisha ababyeyi ndetse n’imiryango y’abakirisitu bagera kuri 77, batabawe ku wa mbere aho bari bafatiwe bugwate mu rusengero, babwirwa ko bategereje Yesu, abapasiteri babikoze bakaba batawe muri yombi.
Ku wa Gatatu tariki 6 Nyakanga 2022, Abayobozi bo muri Nigeria batangaje ko imfungwa zigera hafi kuri 900, zatorotse gereza ubundi irinzwe cyane iherereye mu Mujyi wa Abuja, ubwo yagabwagaho igitero n’inyeshyamba zigendera ku mahame y’idini ya Isilamu.
Umugabo wo mu Burusiya nyuma y’uko abonye ko amafaranga yagatunze umuryango we, umugore akomeza ayajyana mu rusengero, yaje gufata umwanzuro wo kurutwika.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa Repuburika iharanira Demokari ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi, bageze i Luanda muri Angola mu nama igiye kubahuza, yiga ku mutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Kongo.
Abanyarwanda baba mu gihugu cya Congo, ariko cyane abatuye mu murwa mukuru w’icyo gihugu, Brazzaville, hamwe n’inshuti zabo bizihije ku nshuro ya 28 isabukuru yo kwibohora, igikorwa cyabaye ku ya 4 Nyakanga 2022.
Ku wa Mbere tariki 4 Nyakanga 2022, Gen. Abdel Fattah al-Burhane, yatangaje ko igisirikare kitazongera kujya mu biganiro, bikorwa hirya no hino muri Sudani bigamije gusubiza ubutegetsi mu maboko y’Abasivili, kugira ngo hashyirweho ‘Guverinoma igizwe n’abantu bashoboye’.
Ku Cyumweru tariki 03 Nyakanga 2022, abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sntrafurika (MINUSCA), bitabiriye igikorwa cyo gutanga amaraso mu rwego rwo gufasha ikigo cy’igihugu cya Santrafurika, gishinzwe ibikorwa byo gutanga amaraso, cyitwa Centre Nationale (…)
Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya hamwe n’umutwe ushyigikiwe n’icyo gihugu kurwanya Ukraine witwa LPR, batangaje ko bafashe umujyi wa nyuma w’Intara ya Lughansk muri Ukraine witwa Lysychansk, wari ukigenzurwa n’Ingabo za Ukraine.
Umugabo wo muri Chili yahembwe inshuro zikubye 286 z’umushara we, ahita asezera muri Sosiyete yakoreraga abicishije mu banyamategeko, aburirwa irengero nyuma yo gusezeranya iyo sosiyete ko azayisubiza amafaranga arenga ku yo yari agenewe.
Guverineri Bello Matawalle w’Intara ya Zamfara muri Nigeria, yategetse ko abaturage bahabwa impushya zo gutunga imbunda kugira ngo batangire kwirindira umutekano ukomeje kubangamirwa n’imitwe yitwara gisirikare, mu rwego rwo gukaza ingamba zo kurwanya no gutsimbura abagizi ba nabi bakomeje kwica no gushimuta abaturage, (…)
Ibintu bitandunye by’ubugeni byari byarajyanywe mu Budage biturutse muri Cameroon, Namibia na Tanzania mu gihe cy’ubukoloni, kuri ubu u Budage bukaba bwiyemeje buzabigarura muri Afurika aho byaturutse bikahaguma burundu.
Uwahoze ari Perezida w’u Burusiya akaba kuri ubu yungirije ku buyobozi bw’Inama y’Umutekano y’icyo gihugu, Dmitry Medvedev, yatangaje ko nihagira igihugu kigize OTAN gifasha Ukraine kwisubiza umwigimbakirwa wa Crimea, biza kubyara Intambara ya Gatatu (III) y’Isi.
Polisi ya Afurika y’Epfo yatangiye iperereza ku bantu 22 baguye mu kabari karimo n’akabyiniro, kazwi cyane aho muri muri icyo gihugu.
Abaturage bategetswe kuva mu duce tubiri duteganyijwe kuberamo ibikorwa bikomeye bya gisirikare, mu rwego rwo kurwanya inyeshyamba ku butaka bugera ku bilometero 13.000, mu majyaruguru n’amajyepfo y’Uburasirazuba bwa Burkina Faso.
Umuyobozi mukuru w’Abatalibani, Haibatullah Akhundzadah, arasaba inkunga y’amahanga yo gufasha abagezweho n’ingaruka z’umutingito wahitanye abanatu basaga 1000 ugakomeretsa abagera ku 1500, mu Ntara ya Paktika, mu Burasirazuba bwa Afghanistan.
Intambara yo muri Ukraine yatumye ibihugu byinshi cyane cyane ibikiri mu nzira y’Amajyambere bihura n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ibiribwa, bitewe n’uko hari ingano zaheze muri Ukraine zidashobora koherezwa hanze y’igihugu, kubera intambara.
Tariki 17 Mutarama1961, Minisitiri w’Intebe wa mbere wa Congo, nyakwigendera Patrice Emery Lumumba, yiciwe mu Ntara ya Katanga ari hamwe na bagenzi be Joseph Okito na Maurice Mpolo bafatanyije urugamba rwo guharanira ubwigenge.
Perezida Uhuru Kenyatta, akaba n’Umuyobozi w’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yasabye ko hagaruka ituze, nyuma y’imirwano imaze iminsi ibera mu Burasizauba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), igakurura ubwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’icyo gihugu, ndetse akaba yasabye ko Ingabo (…)
Minisiteri ishinzwe ibidukikije muri Namibia, yatangaje ko inkura z’umukara ‘Black rhinos’ zigera kuri 11 ziherutse kwicwa, zikavanwaho amahembe.
Ku wa Kabiri tariki 14 Kamena 2022, ari imbere y’inteko y’Abadepite, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, yavuze ko ibiganiro bishobora kuba hagati ya Leta n’abarwanyi ba Tigray (TPLF), gusa ngo ntibyoroshye, “Ntabwo byoroshye kugirana imishyikirano. Hari akazi kenshi kagomba kubanza gukorwa”.
Umuvugizi wa Guverinoma ya Burkina Faso yavuze ko nibura abagera kuri 50 ari bo baguye mu gitero cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro mu mudugudu umwe uherereye mu Majyaruguru ya y’icyo gihugu.
Umuvugizi w’umutwe w’abarwanyi wa M23, yavuze ko bashaka kugirana ibiganiro na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’uko bamaze gufata Umujyi wa Bunagana uherereye muri Kivu y’Amajyaruguru, ku mupaka uhuza Uganda na RDC.