Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), iributsa impunzi ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda ko zigomba gukomeza kubahiriza ingamba zashyizweho zo guhangana n’icyorezo cya Covid-19.
Inkangu yatewe n’imvura imaze iminsi igwa yangije imyaka y’abaturage ku buso bwa Hegitari ebyiri n’igice mu Kagari ka Kinazi, Umurenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko u Rwanda rwiyemeje gutanga Miliyoni y’Amadolari (abarirwa muri Miliyari y’Amafaranga y’u Rwanda) yo gufasha mu kurwanya icyorezo cya COVID-19 no kurwanya izindi ndwara z’ibyorezo muri rusange.
Hirya no hino mu gihugu abaturage bavuga ko bumva ibyo kwambara agapfukamunwa kugira ngo birinde Covid-19, ariko ko nta makuru ahagije bagafiteho ku buryo bakeneye gusobanurirwa byimbitse.
Inama ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinonma bigize Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza izwi nka ‘CHOGM’ (Commonwealth Heads of Government Meeting) yagombaga kubera i Kigali kuva ku itariki ya 22 Kamena kugeza ku itariki ya 27 Kamena 2020, yasubitswe.
Muri ibi bihe byo kuguma mu rugo kubera Coronavirus, hari ibikorwa remezo byiganjemo iby’ubuzima, uburezi no kurengera ibidukikije Leta yemeje ko biri mu by’ibanze bigomba gukorwa mu gihe cya vuba.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA) gitangaza ko igitambaro kidodwamo agapfukamunwa atari ikibonetse cyose, kuko hari ibyo kigomba kuba cyujuje kugira ngo agapfukamunwa kakozwemo kabashe kurinda ukambaye.
Banki ya Kigali (BK), iratangaza ko mu rwego rwo gufasha abakiliya bayo bashobora guhura n’ibibazo by’ubukungu muri ibi bihe bya Coronavirus, yabashyiriyeho inguzanyo yise “Turikumwe Special Loan”, bashobora gusaba bibereye mu ngo zabo, bakayihabwa mu masaha 48.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwandikiye abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge, n’ushinzwe ubutaka mu karere kutemeza ubugure bw’imitungo mu gihe cya COVID-19 hirindwa ko abaturage bahendwa.
Polisi y’u Rwanda yategetse ibigo bifite abakozi benshi guhagarika uburyo byakoreshaga bibatwara mu modoka zabyo ahubwo ko bagomba gutwarwa mu buryo rusange kandi bubahiriza amabwiriza yo gusiga metero imwe hagati y’umuntu n’undi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney arasaba abakoresha bo mu bigo byigenga kudatererana abakozi babo muri ibi bihe bikomeye bya COVID-19, aho abasaba kumenya umunsi ku wundi uko ubuzima bwabo buhagaze muri iyi minsi buri wese asabwa kuguma mu rugo.
Muri uru rugamba Abanyarwanda bafatanyije rwo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19, inzego zose kuva ku midugudu zikora amanywa n’ijoro zikangurira abaturage kubahiriza amabwiriza yo kugikumira.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko abantu 4500 hanze ya Kigali bagiye gupimwa ubwandu bwa COVID-19 mu rwego rwo kumenya uko icyorezo gihagaze mu gihugu.
Icyorezo cya Covid-19 cyatumye hafatwa ingamba zikomeye, zirimo no guhagarika imirimo imwe n’imwe itihutirwa, cyangwa aho bishoboka abakozi bagakorera mu ngo zabo.
Ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi mu Karere ka Musanze gihuriweho n’abatuye muri tumwe mu duce tw’umujyi no mu nkengero zawo, bavuga ko biri kubagiraho ingaruka cyane cyane muri iki gihe abenshi basabwa gukora akazi bari mu ngo zabo.
Nubwo hashize ukwezi Abanyarwanda basabwe kwirinda kujya ahateraniye abantu benshi mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, hari abatuye mu cyaro bacyikitwara nk’aho iyi ndwara itagera iwabo.
Mu gihe abantu bose basabwa kuguma mu ngo zabo hakubahirizwa ingamba zo kwirinda kwandura no gukwirakiza icyorezo cya Covid-19, ibihugu binyuranye byo ku isi, byagiye bifata ingamba zinyuranye zo kwirinda ko icyo cyorezo cyakwinjira muri za gereza. Mu Rwanda, hashyizweho ingamba zihariye zo kwirinda ko iki cyorezo cyagera (…)
Abanyamakuru bari mu buyobozi bw’inzego zikuriye itangazamakuru mu Rwanda bemeza ko urwo rwego na rwo rwagizweho ingaruka mbi n’icyorezo cya Coronavirus cyatumye imirimo myinshi ihagarara, bityo na rwo ntirwongere kubona ubushobozi.
Icyorezo COVID-19 kimaze kumenyekana hose ku isi mu gihe cy’amezi arenga atatu gusa, ndetse n’ingamba ibihugu bishyiraho mu kucyirinda zikubahirizwa, byose bitewe n’uko itangazamakuru riba ryabimenyekanishije.
Mu rwego rwo gukomeza ingamba zo gukumira icyorezo cya COVID-19 (lockdown), Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Mata 2020, yongereye igihe cyo gukurikiza izo ngamba kugeza ku itariki ya 30 Mata 2020.
Ministiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye agereranya kwirinda Coronavirus n’ibihe by’intambara, aho nta muntu uba afite umwanya wo gukora ubukwe cyangwa indi mirimo ikorwa mu bihe by’amahoro.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe (Meteo Rwanda) kiravuga ko kuva tariki 17 kugeza tariki 20 Mata 2020 hateganyijwe imvura nyinshi irimo umuyaga mwinshi mu bice byinshi by’Igihugu.
Imiryango y’abasore n’abakobwa bari bateguye ubukwe muri iki gihe cyo kuguma mu rugo hirindwa COVID-19, iravuga ko itazi amaherezo, ndetse hari n’abavuga ko babonye ababana badasezeranye.
Mu rwego rwo gushyigikira Leta mu gikorwa cyo gufasha abatakibasha gukora kubera Coronavirus, abikorera bo mu Karere ka Huye bamaze gutanga ibiribwa by’agaciro ka miliyoni zirindwi n’imisago.
Umuryango uharanira uburenganzira bw’abana no guteza imbere abakobwa, Plan International, wijeje ubufatanye na Leta y’u Rwanda mu guhangana n’icyorezo Covid-19, ukaba watanze ibiribwa, ibikoresho ku bakobwa ndetse n’ibizifashishwa mu bukangurambaga.
Abagize urugaga ry’urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, biyemeje kurinda urundi rubyiruko n’abandi baturage muri rusange, kwandura icyorezo cya Coronavirus.
Amabwiriza ya Guverinoma agamije kwirinda icyorezo COVID-19, asaba abantu bapfushije umuntu kwitabira ibikorwa byo kumusezerano, kumuherekeza no kumushyingura batarenga 10 kandi nta wegerana n’undi.
Arikiyepisikopi wa Kigali akaba n’Umuyobozi wa Diyosezi ya Kibungo, Antoine Kambanda, yasabye Abasaseridoti bakorera ubutumwa mu mahanga, inkunga yo gufasha Abapadiri ba Diyosezi ya Kibungo kugira ngo babashe kubaho muri ibi bihe avuga ko bitaboroheye.
Umuryango uharanira imibereho myiza y’abaturage n’uburenganzira bwa muntu ‘Ejo Twifuza’, washyikirije Akarere ka Rubavu ibiribwa bizagezwa ku bagezweho n’ingaruka zo gukumira icyorezo cya COVID-19.
Mu byumweru bibiri bishize, hafunzwe abanyamakuru batandatu bazira kurenga ku mabwiriza yashyizweho na Guverinoma y’u Rwanda mu rwego rwo kugabanya ikwirakwira rya Coronavirus.