Monique Nsanzabaganwa asoje ikivi muri Etiyopiya ariko abasigiye ‘Seed’

Dr Monique Nsanzabaganwa, i Addis Ababa muri Ethiopia yamuritse igitabo yise ‘SEED’ kivuga ku rugendo ruganisha ku bifite akamaro binyuze mu kudatezuka ku ntego bikajyana n’impinduka, abantu bagaharanira kwera imbuto ziganisha ku iterambere.

Igitabo cyanditswe na Dr. Monique Nsanzabaganwa cyamurikiwe i Addis Ababa
Igitabo cyanditswe na Dr. Monique Nsanzabaganwa cyamurikiwe i Addis Ababa

Dr. Monique Nsanzabaganwa aherutse gusimburwa ku mwanya w’Umuyobozi wungirije wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, inshingano yagiyeho mu Ukuboza 2020.

Mbere yo kujya muri uyu muryango nyafurika, Nsanzabaganwa yari Guverineri wungirije wa Banki nkuru y’u Rwanda.

Uyu muhanga mu mibare n’ubukungu yanabaye Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, ndetse akorera igihugu no mu zindi nzego zitandukanye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka