Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka ku cyumweru tariki 17/06/2012, abantu babiri barakomereka ariko umushoferi wari uyitwaye avamo ari muzima.
Hashize igihe kitari gito havugwa cyane imyambarire idashimishije igaragara ku bahanzikazi b’Abanyarwanda mu bitaramo hirya no hino.
Imibiri isaga ibihumbi 44 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 baguye ku biro by’icyahoze ari komini Rwamatamu, ku cyumweru tariki 24/06/2012, izimurwa aho yari ishyinguye maze ishyingurwe mu cyubahiro mu rwibutso rwubatswe mu murenge wa Gihombo.
Umutegarugori Fatou Bensouda ukomoka muri Gambiya, tariki 15/06/2012 yarahiriye kuba umushinjacyaha mukuru w’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rukorera i La Hague mu Buholandi.
Ubushinjacyaha bw’urukiko rwa Versailles mu Bufaransa rwasabiye Claude Makelele igihano nsubikagifungo cy’amezi atanu n’impozamarira y’ibihumbi 90 y’amayero nyuma yo gushinjwa gukubita uwahoze ari inshuti ye witwa Thandi Ojeer ingumi mu majigo.
Umugore witwa Nyarambanjineza Marceline yatawe muri yombi na polisi ikorera mu karere ka Nyamasheke tariki 14/06/2012 akurikiranyweho kujugunya umwana we mu musarane.
Umunyarwanda witwa Shumbusho Jacques w’imyaka 23 ukekwaho kwica umukobwa w’imyaka 19 witwa Munyana Colette yashyikirijwe polisi y’u Rwanda tariki 16/06/2012 akuwe mu Burundi.
Umuvugizi w’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki (FPP) Dr Mukabaramba Alvera atangaza ko igikunze gukurura amakimbirane mu mitwe ya politiki ari abantu bashaka gushyira imbere inyungu zabo kurusha inyungu rusange.
Itangishaka Fils wari utuye mu mudugudu wa Mucubi, akagari ka Ntenyo, umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, yaguye mu mugezi witwa Ururumanza tariki 18/06/2012 mu gihe cya saa sita z’amanywa ahita apfa.
Umunsi w’umwana w’umunyafurika ku rwego rw’akarere ka Nyanza wizihirijwe mu murenge wa Mukingo mu kigo cy’abana bafite ubumuga cya HVP Gatagara bakangurirwa kumenya uburenganzira bwabo.
Abaturage batuye umurenge wa Save mu karere ka Gisagara barishimira ko bahawe kaminuza kuko izatuma iterambere rirushaho kwihuta kuko uretse kwihangira imirimo iyo kaminuza ibafasha kubona amafaranga ibaha imirimo.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yemereye itsinda ry’abanyamategeko bo mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ibyo risaba ko ubutabera muri ibyo bihugu bugomba kwigenga kandi bugatangwa n’abaturage babyo, aho gutangwa n’inkiko mpuzamahanga.
Igikorwa cyo kwizihiza umunsi w’umwana w’umunyafurika, Akarere ka Huye kagikoreye muri ADAR-Tubahoze, ishyirahamwe ry’abantu 11 biyemeje kurera abana bafite ubumuga bwo mu mutwe. Abakora iki gikorwa bagaragaje ko bakeneye ko Leta ibashyigikira mu kurera aba bana akenshi ababyeyi babo baba badashaka.
Ikipe y’u Rwanda (Amavubi) yatsinzwe na Nigeria ibitego bibiri ku busa mu mukino wabereye i Calabar muri Nigeria ku wa gatandatu tariki 16/6/2012, bituma isezererwa mu guhatanira itike yo kuzajya mu gikombe cya Afurika kizabera muri Afurika y’Epfo umwaka utaha.
Abakozi ba Banki y’abasirikare izwi ku izina rya Zigama Credit Saving Society ( ZIGAMA CSS), tariki 16/06/2012, bagabiye inka eshanu abapfakazi ba Jenoside yakorewe abatusti batuye mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza.
Uwitwa Monique wari usanzwe abana n’ubumuga bwo mu mutwe yagongewe na moto ahitwa Nyabisindu mu kagari ka Mahembe mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango tariki 16/06/2012 saa kumi n’igice z’umugoroba ahita yitaba Imana.
Arsenal yemeye ko ushaka kugura kapiteni wayo, Robin Van Persie, yakwitwaza miliyoni 30 z’amapound. Van Persie yanze kongera amasezerano kandi asigaje umwaka umwe ngo arangire.
Kidumu, umuririmbyi w’Umurundi wari watumiwe mu muhango wo “Kwita Izina” abana b’Ingagi wabaye tariki 16/06/2012 mu karere ka Musanze, yatangaje ko yishimiye ako karere. Ngo ntiyari azi ko gafite ahantu heza nk’aho yabonye.
Umugabo witwa Nzeyimana Fidele wo mu kagari ka Gasarenda ko mu murenge wa tare mu karere ka Nyamagabe yatemye umuturanyi we witwa Gasimba Vincent amushinja ko amurogera inka zikaramburura.
Abantu batatu bakomerekeye mu mpanuka yabereye mu isantere ya Kidaho, mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 17/06/2012 ubwo “Taxi Mini Bus” yo mu bwoko bwa HIACE yagongaga “Bus” nini ya KBS (Kigali Bus Services).
Kiliziya Gatolika mu Rwanda ifatanyije na Minisiteri y’Uburezi yashoje icyumweru cy’Uburezi Gatolika mu muhango wo gusoza iki cyumweru ku rwego rw’igihugu wabereye mu karere ka Nyamagabe kuwa Gatandatu tariki 16/6/2012.
Abana b’Ingagi 19 bakiri bato nibo biswe amazina, mu muhango wo “Kwita Izina” wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 16/06/2012 mu Kinigi, mu karere ka Musanze mu ntara y’amajyaruguru.
Abayobozi bakuru ba Leta zunze ubumwe za Amerika baravuga ko bagiye guteza imbere ibikorwa byabo ku mugabane wa Afurika, muri iki gihe isi yugarijwe n’ikibazo cy’ubukungu, kuko uyu mugabane ariwo usigaranye amakiriro.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rihuza ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati (CECAFA), ryemeje ko igikombe gihuza amakipe yo muri ako karere yabaye aya mbere ‘CECAFA Kagame cup’, kizatangira tariki 14/07/2012 kugeza tariki 28/07/2012.
Akarere ka Nyamasheke kiyemeje gucyemura ikibazo cy’umuhanda ugana hoteli ya Nyungwe Top View Hill utari meze neza, bikaba byagoraga ba mukerarugendo n’abandi bajya kuri iyi hoteli.
Banki Nyafurika y’aiterambere (BAD) yatumiwe mu nama yiswe Rio+ 20 izabera muri Brezil ihuje ibihugu 20 bikize ku isi, igamije kwerekana intambwe Afurika imaze gutera igerageza kuba umugabane utera imbere.
Abagabo babiri bo mu akarere ka Ruhango, bafungiye kuri station ya Polisi ya Ntongwe guhera tariki 11/06/2012, bakuikiranyweho gucuruza inzoga zitemewe mu Rwanda.
Umurenge wa Kinihira wo mu karere ka Ruhango, uri mu gikorwa cyo guhuza abahemukiwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’ababahemukiye badafite ubushobozi bwo kwishyura imitungo, mu rwego rwo gusoza neza imirimo y’inkiko Gacaca.
Inzirakarengane z’Abatutsi zirimo abihayimana, ababyeyi n’abanyeshuri bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, baguye kuri Paruwasi y’Abangilikani (EAR Hanika) mu karere ka Nyanza, bazongera kunamirwa mu gikorwa giteganyijwe kuri iki Cyumweru tariki 17/06/2012.
Inkeragutabara zirashimirwa ubufatanye zikomeza kugaragaza mu kubungabunga umutekano no gufasha mu bindi bikorwa by’iterambere, ariko hakizerwa ko ubwo bufatanye buzakmeza, nk’uko ubuyobozi b’Umujyi wa Kigali bubitangaza.
Ministiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, arasaba urubyiruko kurushaho kunoza no kwagura ibyo rukora, kugira ngo rurusheho kwiteza imbere.
Abunzi bo mu karere ka Ruhango baravuga ko kutagira aho bakorera bituma umusaruro wabo udatangwa nk’uko babyifuza, kuko kugeza ubu hari abagicira imanza munsi y’ibiti.
Igihugu cya Polonge ntikivuga rumwe n’ibindi bihugu kuri gahunda byihaye yo kugabanya ibyuka byangiza ikirere, kibuza Ministiri wacyo gushinya amasezerano yo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere.
Ababyeyi bafite abana biga mu bigo by’amashuri abanza byubatse ku nkengero z’umuhanda wa kaburimbo wa Muhanga-Ngororero, barasabwa kwigisha kubigisha kwitondera uwo muhanda ugizwe n’amakoni mu gihe bawambuka.
Urubyiruko rwo mu cyaro narwo ruramutse rutekereje ku ruhare rwarwo mu iterambere hakiri kare, byafasha igihugu kugera ku ntego kihaye, nk’uko bitangazwa n’abayobozi b’umuryango Haguruka, umwe mu miryango yita ku burenganzira bw’umwana.
Joseph Habineza, intumwa ya Leta y’u Rwanda muri Nigeria, yasabye Amavubi kwirinda ubwoba kuko ari kimwe mu bizatuma bitwara neza mu mukino bafitanye na Nigeria, kuri uyu wa gatandatu kuri Stade ya UJ Esuene, iherereye i Calabar mu Majyepfo ya Nigeria.
Umusanzu w’abaturage bo mu karere ka Nyagatare wo kubaka amashuri abanza, wageze hafi kuri miliyoni 66 z’amafaranga y’u Rwanda, nk’uko bitangazwa n’urwego rushinzwe uburezi muri Karere.
Abagabo batatu n’ababaherekeje bahuriye ku biro bya Polisi station ya Muhanga ahari inka ubuyobozi bwafashe nyuma y’uko yibwe kuwa Gatatu w’iki cyumweru, baburana buri wese avuga ko ari iye.
Kavukire azimurwa kugeza ryari? Iki kibazo cyibajijwe n’abakozi bo mu turere tw’Intara y’Amajyepfo bari bateraniye mu nama yari yatumijwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imiturire.
Local defense umwe n’abandi bantu batanu bafungiye kuri polisi ya Kabagali mu karere ka Ruhango guhera tariki 14/06/2012 bakekwaho kuba baragize uruhare mu icukurwa ry’inzu ya microfinance iri mu murenge wa Bweramana akarere ka Ruhango bashaka kwibamo amafaranga.
Nyuma y’amezi agera kuri atanu barangije kubaka ibyumba by’amashuri ku rwunge rw’amashuri rwa Gishubi mu murenge wa Gishubi, ngo kugeza ubu ntibasobanurirwa neza impamvu amafaranga bakoreye mu mezi atatu ya nyuma y’iki gikorwa batayahembwe.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwifatanije n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i La Haye mu Buholande (ICC) mu gusaba ko abakozi b’uru rukiko bane bafatiwe i Tripoli muri Libiya bari mu kazi barekurwa mu maguru mashya.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko mu mwaka w’2017, abanyeshuri barenga 60% b’u Rwanda bazajya biga imyuga, abasigaye 40% bakiga ubumenyi rusange, kugira ngo iterambere ry’igihugu rirusheho kwihutishwa.
Koperative COVAGA ikora ububoshyi mu murenge wa Gashora, kuri uyu wa gatanu tariki 15/06/2012 yashyikirijwe igihembo National Energy Globe Rwanda 2011, kubera ibikorwa by’indashyikirwa igaragaza mu kurengera ibinyabuzima byo mu biyaga biyaga n’imigezi by’akarere ka Bugesera.
Minisiteri y’Abagore n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), irakangurira ababyeyi gukunda abana babo batitaye kuko bavutse kuko ari uburenganzira bwabo. Ibitangaje igihe yitegura gusoza icyumweru imaze ikangurira abantu kwita ku bana n’umuryango.
Politiki nshya yo kurwanya ruswa urwego urwego rw’Umuvunyi rwashyizeho nta gishya izanye uretse kunganira ibyari bisanzwe bikorwa mu kurandura ruswa; nk’uko bitangazwa n’Umuvunyi w’agatenganyo, Augustin Nzindukiyimana.
Uruganda Inyange rutunganya umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi bikabikuramo ibiribwa rurashyikirizwa ku mugaragaro icyemezo cy’ubuziranenge ku rwego rw’isi gitangwa n’ikigo mpuzamahanga cyita ku buziranenge ISO (International Organization of Standards).
Niyonsaba Jonas uri mu kigero cy’imyaka 27 aratangaza ko yiyemeje kwitandukanya n’inyeshyamba za FDLR FOCA ku bushake bwe ngo yiteze imbere anateza imbere u Rwanda rwamubyaye.
Claude Makelele, myugariro w’ikipe ya PSG mu Bufaransa araregwa na Thandi Ojeer wabaye inshuti ye ko yamuhohoteye akamukubita ingumi mu majigo ubwo yajyaga gutwara ibintu bye by’agaciro byari iwe mu mwaka wa 2010.
Abasore babiri bafatiwe ku Giticyinyoni mu karere ka Nyarugenge tariki 14/06/2012 bafite ibiro icumi by’urumogi bagerageza kubyinjiza mu mujyi wa Kigali.