Abagore bahoze mu bikorwa byo gutunda magendu n’ibiyobyabwenge bo mu mirenge ya Burera ihana imbibi na Uganda, barishimira ko bashoje umwaka wa 2024 batakibaranwa n’abakora ibyaha.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere tariki 30 Ukuboza 2024, mu butumwa busoza umwaka wa 2024 yashimiye Ingabo z’u Rwanda n’abandi bagize inzego z’umutekano, kubera uruhare bagize mu kubungabunga umutekano w’Igihugu no hanze yacyo.
Muri Georgia, Perezida Mikheil Kavelashvili watowe nka Perezida mushya w’icyo gihugu, yarahiriye gutangira inshingano ze ariko uwo asimbuye, Salome Zourabichvili yanga kuva ku butegetsi, avuga ko n’ubu ari we perezida wemewe n’amategeko muri Georgia.
Mu mpera z’umwaka, abantu bagambirira gutangira umwaka mushya ari bashya; bamwe bagambirira kureka itabi, abandi kureka inzoga. Bamwe bagambirira kugaruka mu nzu y’Imana, abandi kureka ingeso yabananiye...byose babiterwa n’ingaruka cyangwa igihombo bakuyemo.
Impanuka y’imodoka yabereye mu majyepfo ya Ethiopia muri Leta ya Sidama yahitanye abantu 71, nk’uko byemejwe n’inzego z’ubuyobozi zo muri ako gace.
Kuba indwara za Kanseri ziri mu ndwara zigenda ziyongera mu Banyarwanda n’abatuye Isi muri rusange, ni kimwe mu bihangayikishije cyane abayituye, bitewe n’uko ubuvuzi n’imiti yazo isaba ikiguzi kitakwigonderwa na buri wese.
Jimmy Carter wabaye Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika kuva mu 1977 kugeza mu 1981, yitabye Imana ku Cyumweru tariki 29 Ukuboza 2024 afite imyaka 100.
Uko abatuye muri Kigali bagenda biyongera, ni ko umwuka mwiza wo guhumeka ugenda ugabanuka bitewe n’uko imyubakire n’ibindi bikorwa remezo bituma amashyamba atemwa, icyo kibazo kikaba kiri mu bituma inzego z’ubuvuzi zakira abarwaye indwara z’ubuhumekero benshi, kikanateza imyuzure ihombya benshi n’Igihugu muri rusange.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Gakondo, Makanyaga Abdul ku bufatanye na Rusakara Entertainment bateguye igitaramo cyo kwinjiza abanyarwanda mu mwaka wa 2025.
Kuri iki iki Cyumweru, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yabonye itike yo gukina igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN 2024), nyuma yo gutsinda Sudani y’Epfo 2-1 ku wa 28 Ukuboza 2024, ariko hagategerezwa itangazo rya CAF.
Kuri iki Cyumweru tariki 29 Ukuboza 2024 ni umunsi nyirizina wari utegerejwe w’ibirori by’ubukwe bwa Miss Nishimwe Naomie. Mu masaha ya mu gitondo habaye umuhango wo gusaba no gukwa, ku gicamunsi hagakurikiraho umuhango wo gusezerana imbere y’Imana, mu masaha y’umugoroba abatumiwe bakirwe n’abageni.
Imodoka itwara abagenzi yavaga mu Karere ka Nyanza yerekeza i Rubavu, itwaye abantu bari batashye ubukwe, yakoze impanuka hakomerekamo abantu 11 barimo batatu bahise bajyanwa mu bitaro.
Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado, bifatanyije n’abaturage b’iki gihugu mu gikorwa cy’umuganda wabaye tariki 28 Ukuboza 2024.
Imibare mishya y’abaguye mu mpanuka y’indege ya kompanyi ya ‘Jeju Air’ yo muri Koreya y’Epfo, yerekana ko abantu 179 ari bo bamenyekanye ko bapfuye.
Abikorera bo mu Karere ka Gisagara bifuza ko bashyirirwa kaburimbo mu muhanda bita Akanyaru Belt, uturuka mu Karere ka Nyanza ufatiye k’urimo gutunganywa wa Bugesera-Rwabusoro-Nyanza, ukagera ku Kanyaru-Bas (umupaka uhuza u Rwanda n’Intara ya Ngozi y’u Burundi), kuko ngo ari wo wabakura mu bwigunge basigiwe no kuba (…)
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi nubwo yesezerewe, yatsindiye Sudani y’Epfo kuri Stade Amahoro 2-1 mu mukino wo kwishyura, wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo, ategereza icyaba inyuma y’ikibuga.
Daniel Sabiiti ni umugabo w’imyaka 49 y’amavuko, akaba n’umunyamakuru uzwiho kugenda buri gihe ahetse igikapu kirimo bombo(bonbons/sweets) aha buri mugore, umukobwa cyangwa umwana wese bahuye.
Abana b’abagatolika bizihije Yubile y’imyaka 125 Kiliziya Gatolika imaze igeze mu Rwanda n’iy’imyaka 2025 yo gucungurwa kwa bene Muntu, maze bibutswa kutigira indakoreka ahubwo bakubaha ababyeyi, kuko ari bo bazaba bagize Kiliziya ejo hazaza.
Mu Buhinde umugabo yagize impanuka iPhone ye igwa mu isanduku bakusanyirizamo imfashanyo z’abakene, maze urusengero rw’Abahindu rukusanya iyo nkunga rwanga kuyimusubiza ruvuga ko yageze mu mutungo w’imana, kandi ko bitashoboka ko bayimusubiza.
Bamwe mu bana bakoze amarushanwa yo gusoma Igitabo cya Korowani, bavuga ko kuyisoma no kuyimenya bizabafasha kwirinda ibishuko n’izindi ngeso mbi zishobora gushora ubuzima bwabo mu kaga.
Séraphin Twahirwa wari uherutse guhamywa ibyaha bya Jenoside, no gukatirwa igifungo cya burundu n’Urukiko rwo mu Bubiligi, yapfuye aguye mu bitaro bya Saint-Luc biri i Bruxelles.
Imashini ifasha abantu kuzamuka no kumanuka mu muturirwa hadakoreshejwe amadarajya yatengushye abacururiza n’abahahira mu isoko ry’amagorofa atanu rya Musanze(GOICO). Iyi mashini kuba idakora ku buryo buhoraho, ni kimwe mu bituma abagana GOICO binuba.
Madamu Jeannette Kagame yageneye ubutumwa abanyarwanda bujyanye no kubaka umuryango uhamye.
Ikibazo cy’amashyamba yagiye agabanuka mu Mujyi wa Kigali giteye inkeke, mu gihe abawutuye biyongera umunsi ku wundi kandi bakeneye umwuka mwiza wo guhumeka, icyakora ubuyobozi bw’uyu mujyi bukomeje kongera imbaraga mu gutera ibiti mu guhangana n’icyo kibazo.
Kuri Noheri, umugabo wo mu Karere ka Kirehe yishwe n’umusinzi wari umaze gukubitirwa mu kabari naho abana batatu bafatwa ku ngufu.
Bamwe mu bangavu batewe inda zitateguwe bakabyarira iwabo bavuga ko bagihura n’akato bashyirwamo n’imiryango yabo, ku buryo bushobora gushyira ubuzima bwabo n’ubw’ibibondo byabo mu kaga.
Urubyiruko 56,848 mu gihugu hose rwarangije amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2023/2024, rwatangiye icyiciro cya 12 cy’Itorero ry’Inkomezabigwi.
Muri Hawaii, umurambo w’umuntu wabonetse mu ipine y’indege ya Kompanyi ya United Airlines, ubwo yari ikigera ku kibuga cy’indege cya Maui, nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bw’iyo Kompanyi.
Umugaba Mukuru ushinzwe Serivisi z’Ubuvuzi mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Gen Maj Dr Ephrem Rurangwa, yayoboye inama yahuriyemo abaganga babarizwa mu Ngabo z’u Rwanda n’abasivili bakorana na bo mu Gihugu hose, abasaba kurushaho kunoza ibyo bakora.
Polisi yafunze umugabo w’imyaka 62 wari warahinduye amazina ahunga ubutabera, kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Inka umunani zafatiwe ku mupaka uhuza Goma na Gisenyi mu Murenge wa Rubavu, bikekwa ko zari zigiye kubagirwa mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), ziciye mu nzira zitemewe.
Polisi yo muri Mozambique yatangaje ko imfungwa zisaga 1,500 zatorotse gereza, zihishe inyuma y’imvururu za politike zikomeje kubera muri icyo gihugu, zishingiye ku byavuye mu matora byateje impaka.
Ababyeyi bo mu Karere ka Muhanga bemera ivuka rya Yezu, bahamya ko kwizihiza Noheli bari kumwe n’abana babo, ari umwanya wo guhigura imihigo bahize yo gutsinda neza, no gukomeza intambwe idasubira inyuma.
Kuva mu kinyejana cya 17, hari bamwe batangiye gukwiza hose ko itariki ya 25/12 Abakristu bahimbazaho Noheli, ari umunsi wahimbazwagaho umunsi mukuru w’izuba (Sol invictus), gusa babikoze ari ukugira ngo barwanye inyigisho za Kiliziya n’ubuyobozi bwayo.
Musenyeri Filipo Rukamba wa Diyosezi ya Butare uri mu kiruhuko cy’izabukuru yongeye gushimangira umurongo Kiliziya Gatolika yo mu Rwanda iherutse kwerekana, ko idashyigikiye na mba gukuramo inda.
Bamwe mu bacuruzi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko batunguwe no kubona abakiriya benshi ku buryo bibazaga ko hari n’abavuye mu tundi Turere bakaza guhahira iwabo.
Mu kwizihiza umunsi mukuru wa Noheli, hirya no hino mu Mirenge igize Akarere ka Musanze, abo mu matsinda yazigamiye kugabana inyama, bari mu byishimo batewe no kuba bagiye kuyizihiza basangira n’abo mu miryango yabo amafunguro aryoshye agizwe n’ibirimo inyama zidakunze kuboneka kenshi.
Umutoza Semwaha Ali Indugu usanzwe atoza ikipe ya Body Max, yabonye impamyabushobozi iri ku rwego Mpuzamahanga, aba uwa mbere uyibonye mu Rwanda.
Wa munsi Abakirisitu bategereza amezi cumi n’abiri wageze. Ni umunsi umaze imyaka 2024 wizihizwa, Noheli ibibutsa ivuka rya Yesu, umwami, umukiza n’umucunguzi.
Hari abaturage bitoroheye kujya kwizihiriza Noheli mu miryango yabo, kuko bagera muri gare bagasiragira, bikabaviramo gutinda kubona imodoka, bitewe no kutamenya gahunda y’ingendo yashyizweho n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA).
Muri iki gihe cy’iminsi mikuru yo gusoza umwaka no gutangira undi, imijyi itandukanye yo mu gihugu irarimbishwa cyane, ari na ko byagenze ku mujyi wa Musanze, ukurura ba mukerarugendo b’imihingo yose.
Mado Okoka Esther, umuhanzikazi mu muziki wa Gospel utuye i Burayi mu gihugu cya Denmark, yahuje inganzo na Ada Claudine utuye i Rubavu mu Rwanda, bakorana indirimbo ‘Ari muri twe’ ikubiyemo inkuru yo kuzuka kwa Yesu Kristo.
Mu gihe muri iyi minsi abantu bari bishimiye igabanuka ry’ibiciro ku biribwa bimwe na bimwe nk’umuceri, birayi, amashaza, inyanya n’ibindi, kwitega ko hari buhahe abantu benshi byatumye ibiciro bizamuka.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko muri iki gihe cy’iminsi mikuru, kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Ukuboza 24 kugeza tariki 5 mutarama 2025, ku bufatanye na Sosiyete zitwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, hashyizweho imodoka zitwara abagenzi ijoro ryose ku mihanda ya Nyabugogo-Kabuga no mu Mujyi-Remera-Kanombe.
Israël Katz, Minisitiri w’Ingabo wa Israel yatangaje ko iki gihugu ari cyo kiri inyuma y’urupfu rwa Ismaïl Haniyeh, wishwe muri Nyakanga 2024, aturikanywe n’igisasu i Teheran mu Murwa mukuru wa Iran. Iyi ikaba ari inshuro ya mbere yemeje ku mugaragaro ko ari yo yishe uwo muyobozi wa Hamas.
Mu bihe bishize, ababyeyi batuye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo babonye akazi kabatwara umwanya munini, bituma bafata icyemezo cyo kujya babyuka kare, bagataha batinze.
Ababyeyi bafite abana bavukanye ubumuga mu Karere ka Muhanga, baravuga ko kubera gahunda zidaheza Leta yashyizeho zo kwita ku bafite ubumuga, batagiterwa ipfunwe no kuba barabyaye abana bafite ubumuga.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Huye, Gervais Butera Bagabe, avuga ko urubyiruko rwikuyemo kuremererwa na diplome byarufasha guhanga no gukora imirimo ibateza imbere.