Nyanza: Njyanama iratabariza ibitaro by’akarere bimaze imyaka 4 bitagira umuyobozi

Inama Njyanama y’Akarere ka Nyanza iravuga ko kuba ibitaro by’Akarere ka Nyanza bimaze imyaka 4 bitagira umuyobozi bifite ingaruka zitandukanye, ku buryo hakwiye gushakwa umuyobozi ubiyobora kugira ngo ibibazo bihari bikemuke.

Ngo kuba ibitaro bya Nyanza bimaze iyo myaka nta muyobozi bifite bituma abakozi bahora bigendera uko babonye, nabyo ngo bikagira ingaruka ku barwanyi kuko batitabwaho uko bikwiye nk’uko iyo raporo ibivuga.

Inama NJyanama y'Akarere ka Nyanza ivuga ko mu bitaro bya Nyanza hari ikibazo cy'imfu z'abana n'ababyeyi igasaba ko cyagabanuka.
Inama NJyanama y’Akarere ka Nyanza ivuga ko mu bitaro bya Nyanza hari ikibazo cy’imfu z’abana n’ababyeyi igasaba ko cyagabanuka.

Inama Njyanama y’Akarere ka Nyanza ikomeza ivuga ko mu bitaro bya Nyanza hari n’ibindi bibazo bijyanye na serivisi yo kwakira neza ababagana idakora neza, hanyuma igasoza igaragaza ko hari n’ikibazo cy’imfu z’abana n’ababyeyi.

Kigali Today hari gihamya zimwe na zimwe ifite za bamwe mu babyeyi biyemerera ko bagiye bajya kubyarira mu bindi bitaro basize ibitaro by’akarere ka Nyanza baturiye kubera gutinya ko abana babo bahagwa cyangwa nabo ubwabo bakahasiga ubuzima kubera iki kibazo cy’imfu z’abana n’ababyeyi kihavugwa.

Ikibazo cy’imfu z’abana n’ababyeyi mu bitaro bya Nyanza cyafashe indi ntera

Dr Jean Sauveur Uwitonze uheruka kuyobora ibitaro bya Nyanza mu myaka ine ishize.
Dr Jean Sauveur Uwitonze uheruka kuyobora ibitaro bya Nyanza mu myaka ine ishize.

Ubwo bamwe mu bakozi b’urwego rw’umuvunyi bari mu Karere ka Nyanza tariki 20 Werurwe 2015 kugira ngo baganire n’abaturage babagezeho ibibazo bafite, hari umubyeyi witwa Nyirahabimana Evelyne w’imyaka 26 y’amavuko ukomoka mu Murenge wa Nyagisozi weruye asaba kurenganurwa avuga ko hari abaforomokazi b’ibitaro bya Nyanza bamurangaranye kugeza ubwo umwana yari atwite apfa.

Uyu mubyeyi atanga ubuhamya ko imbangukiragutabara yamuzanye yageze mu nzira igaparika ku kabari ngo umushoferi wari uyitwaye n’umuforomokazi banywa inzoga, hanyuma barangije ibyabo babona kumugeza mu bitaro bya Nyanza nta bundi buryo busigaye bwo kurokora umwana yari atwite.

Nyirahabimana Evelyne asaba ko abaforomo b'ibitaro bya Nyanza bagize uruhare mu rupfu rw'umwana we bakurikiranwa.
Nyirahabimana Evelyne asaba ko abaforomo b’ibitaro bya Nyanza bagize uruhare mu rupfu rw’umwana we bakurikiranwa.

Polisi ikorera mu Karere ka Nyanza ivuga ko iri mu iperereza ku rupfu rw’uwo mwana kugira ngo abaforomokazi bagize ubwo burangare bahanywe n’amategeko.

Jean Pierre Twizeyeyezu

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 33 )

Ibi bitaro byayobowe nabi n’abakongomani nyuma ya Dr jean sauveur aho Dr Lwesso Mununga yabirambiwe abisigira mwene wabo Dr Musangu utibagiwe Dr Polepole wabiyoboye igihe kirekire mbere ya Dr jean sauveur, ndetse n’Ukuriye abaforomo Kasongo Mathieu we amaze imyaka irenga 8yica agakiza ibyo ashaka mumipangire n’imicungire y’abaforomo ibi akabifashwamo n’ubuyobozi cyane ko nta diplome izwi agira muri icyo gihe cyose ukibaza ahembwa hagendewe kuki? ntakindi ni ikimenyane ubu admini yujujemo abe nawe twebwe byaraturenze tubivamo tujya kwishingira za pharmacie utabishoboye ajya ahandi mubyukuri biragora gukorera mubitaro bya nyanza utari umukongomani cg utahafite inkomoko ubu umunyarwanda ubiyoboye Dr Leo Hakizimana arimo gukora akazi keza mu kuvugurura imikorere kuburyo bugaragara ariko twebwe aba nye nyanza turagoye uhereye kuri njyanama iyi. Ngo Mayor yasuye ibitaro ashima imikorere ntacyumweru gishize ni umujyanama none nyumvira bibaye umuco ntamunyarwanda washobora kuyobora ibitaro bya nyanza baravangirwa pe

Kalisa yanditse ku itariki ya: 31-03-2015  →  Musubize

Uwo mudamu yagize ibyago ariko no kubeshya uko ibintu byagenze nabyo si byiza:
Dore uko ibintu byagenze by’imvaho bifashe abasomyi:

Ikibazo uyu mubyeyi yagize si icyo guhagarara kwa Ambulance, kuko umuforomo yahagaze iminota mike pour un petit besoin(gushaka laison) dore ko afite n’uburwayi butuma ajyayo kenshi, yagejeje umubyeyi hamwe n’abandi bari kumwe ku bitaro bya Nyanza ku gihe vers 21h yamushyikirije umuforomokazi wo muli maternité bamusuzumira hamwe basanga ibintu bigenda neza, umubyeyi yashizwe mu cyumba abategereje kubyara bategererezamo, mu masasita z’ijoro niho umubyeyi yongeye gusuzumwa (dore ko umuforomokazi yanamubwiwe ko natitonda ari bucyure ikarito(umwana wapfuye uri mu ikarito) basanze rero umura waturitse(rupture) bamwihutisha mu ibagiro kugirango batabare umubyeyi kuko umwana we yari yamaze gupfa,ubuyobozi bw’ibitaro bwo rero bushaka guhishahisha uko ikibazo cyagenze kuko bigaragara ko ari uburangare bw’ibitaro, bugashaka kubiherereza k’uwari kuri ambulance,ababishinzwe mubikurikirane neza.

Bambino yanditse ku itariki ya: 31-03-2015  →  Musubize

Nzabandora n’umwana w’umunyarwanda!! Reka noneho n’uwabiyoboraga byagateganyo yegure kandi yaratangiye kuzana impinduka igaragarira amaso: ubu twaridusigaye twakirwa neza kandi tukabonera umuganga kugihe kandi isuku yaho wabonaga yaranoze rwose!!! Nuko gusa abanyenyanza dukunda byacitse no gusebya abandi gusa...

Jisho yanditse ku itariki ya: 30-03-2015  →  Musubize

uvuze ko nyirurugo yapfuye siwe uba umwishe,njyanama se niba yavuzeko ntabuyobozi buhari yabeshye!!!!!!!!!!!!!!yo

MINISANTE,nishakire umuyobozi,ibitaro,abakozi baho bakora neza ahubwooooooooooo!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!

ADIM wabo nu munyamitweeeeeeeeeeeeee!!!!!!!!!!!!!ntiyishyura,gukorera ibitaro ubuziko bazakwambura!!!!!!!!!!!!!

yy yanditse ku itariki ya: 30-03-2015  →  Musubize

Dr Antoine ararikocoye,i nyanza ni iwacu ariko abaho sibeza pe!!!

rubasha yanditse ku itariki ya: 30-03-2015  →  Musubize

Birababaje,ahubwo abakozi baho bakora neza peeee 4 ans nta muyobozi,umunyamurenge wahaje nawe ntacyo amariye abakozi kuko atonesha bamwe kunyungu ze bwite

xx yanditse ku itariki ya: 29-03-2015  →  Musubize

bazagere ku bitaro bya kabutare barebe ko hari umukozi uhamara umwaka kd ubwo buyobozi buhari,ikibabaje ni uko byavuzweho umuyobozi agasobanura ko kuba abakozi bigendera ntacyo bimubwiye ngo batuye ku muhanda w’umukara(kaburimbo)ntibashobora kubura abandi,aho kwita ku kazi kenshi kahaba kubera ubwinshi bw’ababigana no gufata nabi abakozi mu buryo bukabije.naho mubatabarize pe!

bavugirije yanditse ku itariki ya: 29-03-2015  →  Musubize

Nabo nibibaze impamvu ntamuyobozi bigira muri iyo myaka yose barasanga nabo babifitemo uruhare!

alias yanditse ku itariki ya: 28-03-2015  →  Musubize

MINISANTE nigoboke. Umunyamakuru nawe yibeshye mu myaka ine Dr Jn Sauveur yari ataragera Nyanza.

alias yanditse ku itariki ya: 28-03-2015  →  Musubize

uranyumvira Kiel umuforomo nashoferi nkaho batwaye umurwayi kubitaro bagapatika imbangukira gutabara kukabari ubundi bakinywera ndumva police yakurikirana izonkozi zibibi

kelly yanditse ku itariki ya: 28-03-2015  →  Musubize

Begure bose

kaneza yanditse ku itariki ya: 28-03-2015  →  Musubize

arababeshyera ntabwo banyuze mukabari nuko nyirubuhanya imbwa zimwonera gusa umwana yarapfuye ariko iryokosa niribazwe ibitaro byanyanza aho kwiruka kumushoferi numuforomo kandi avuka ikibirizi ntabwo ari nyagisozi

uwimana yanditse ku itariki ya: 28-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka