Prof Silas Lwakabamba agiye kuba Umuyobozi wa INATEK

Prof Silas Lwakabamba wabayeho Minisitiri w’Ibikorwa Remezo nyuma akaza kuba Minisitiri w’Uburezi agiye kuyobora Ishuri Rikuru rya INATEK.

Ishami rishinzwe itangazamakuru muri INATEK ryadutangarije ko umuyobozi mushya w’iryo shuri, Prof Silas Lwakabamba bazamwakira ejo ku wa 7 Ukwakira 2015.

Prof Silas Lwakabamba agiye kuyobora INATEK.
Prof Silas Lwakabamba agiye kuyobora INATEK.

Prof. Silas Lwakabamba ugiye kuyobora ishuri rikuru ry’ubuhinzi, uburezi n’ikoranabuhanga (INATEK), yabanje kuyobora Ishuri Rikuru rya KIST ahava agizwe Umuyobozi wa Kaminuza Nkuru y’u Rwanda na yo aza kuyikurwamo agirwa Minisitiri w’Ibikorwa Remezo.Nyuma bamugira Minisitiri w’Uburezi.

Nyirahabimana Jeanne, Umuyobozi Wungirije wa INATEK ushinzwe Amasomo, nawe yemeje aya makuru, avuga ko bamwitezeho byinshi birimo kunamura ireme ry’uburezi ndetse n’ibindi byinshi nk’umuntu ufite ubunararibonye mu burezi bw’u Rwanda.

Abaye Umuyobozi wa INATEK asimbura Padiri Dr Dominique Karekezi uherutse kwitaba Imana.

Jean Claude Gakwaya

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 22 )

iyikaminuza ibonye umuyobozi kabisa

khalim yanditse ku itariki ya: 2-11-2015  →  Musubize

UWo mugabo twe yaratuyoboye kuri kaminuza y’ u Rwanda rwose ntakibazo ndabona Mugomba kumwakira neza bantu b’ inatek kuko azabagirira akamaro bitewe na experience afite.

DAniel yanditse ku itariki ya: 26-10-2015  →  Musubize

ko mbona afite progression nziza mu buyobozi????

fgdfh yanditse ku itariki ya: 7-10-2015  →  Musubize

turamwishimiye gusa school fees barashaka kuyongera?! kandi bazi agashahara ka mwalimu[abenshi ni abalimu bahiga]

mambo yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

Habonetse umuyobozi mwiza

Fidele yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

Muramutatse kweli kweli, nanjye sinasigara, Prof Silas
tukwifurije amahirwe mumirimo mishya, ariko uhite uba Nka ba padri bose.

Nyumba yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

nanjye nti amahirwe masa mumirimo mishya, Prof Lwakabamba

murayire yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

Mzee Rwakabamba, muzagire amahirwe mumirimo mishya.

Kanyange yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

Nyamara ibivugwa ni ukuri, iyo umuntu ari umuhanga nk’uyu musaza kandi iyo umuntu yanditse amateka meza arashimwa nimureke abamushima bamushime

grace yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

Mwese abavuga muhite mujyayo abahe imirimo niba ntayo mufite, ndabona aricyo mushaka,hahahhhhh

karengera yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

hahahhhh ibaze mwateruye umusaza, ahubwo mwamugurira rimwe ryo kumushimira muti aha turi niwewe mzee

Rukatsa yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

hahahhhh biraza kuirangira mugiye kumuterura...

kumuyange yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka