Prof Silas Lwakabamba agiye kuba Umuyobozi wa INATEK

Prof Silas Lwakabamba wabayeho Minisitiri w’Ibikorwa Remezo nyuma akaza kuba Minisitiri w’Uburezi agiye kuyobora Ishuri Rikuru rya INATEK.

Ishami rishinzwe itangazamakuru muri INATEK ryadutangarije ko umuyobozi mushya w’iryo shuri, Prof Silas Lwakabamba bazamwakira ejo ku wa 7 Ukwakira 2015.

Prof Silas Lwakabamba agiye kuyobora INATEK.
Prof Silas Lwakabamba agiye kuyobora INATEK.

Prof. Silas Lwakabamba ugiye kuyobora ishuri rikuru ry’ubuhinzi, uburezi n’ikoranabuhanga (INATEK), yabanje kuyobora Ishuri Rikuru rya KIST ahava agizwe Umuyobozi wa Kaminuza Nkuru y’u Rwanda na yo aza kuyikurwamo agirwa Minisitiri w’Ibikorwa Remezo.Nyuma bamugira Minisitiri w’Uburezi.

Nyirahabimana Jeanne, Umuyobozi Wungirije wa INATEK ushinzwe Amasomo, nawe yemeje aya makuru, avuga ko bamwitezeho byinshi birimo kunamura ireme ry’uburezi ndetse n’ibindi byinshi nk’umuntu ufite ubunararibonye mu burezi bw’u Rwanda.

Abaye Umuyobozi wa INATEK asimbura Padiri Dr Dominique Karekezi uherutse kwitaba Imana.

Jean Claude Gakwaya

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 22 )

iyo umuntu avuga ibiriho ntago aba abeshya, Inatek ibonye umuyobozi, yego ntitugaya nabayiyoboye mbere ariko ibonye Lwakabamba wandikiye KIST izina

NKUNDANYIRAZO yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

uyu musaza ni umuhanga byabindi bitagirwaho impaka, bizi abarangije muri KIST, ko yatuyoboye neza ntacyo twamuburanye !!!

Lionnel yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

ariko muzi gukabya yakoze iki se abandi batakoze?

MUYOBOKE yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

wenda INATEK nayo yabona ikaba UNIVERSITY, iyo bavuze KIST uhita wumva Lwakabamba, TURAMWITEGUYE

mugwaneza yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

Umusaza Lwakabamba tumuhaye ikaze, wubatse KIST ikaze ngwino wubake na INATEK

Karekezi yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

dukeneye uburezi bufite ireme, inatek igiye kuba ubukombe.

kangabo yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

Pro. Rwakabamba akunda kandi agaharanira uburezi mu iterambere ry’igihugu Turamushyikiye INATEK igiye kuzihiga zose nk’uko yabigize mu Volley Ball.

Michu yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

Agiye kubashakira abaterankunga ubundi naho ahuzuze ibizu nkuko yabikoreye kist na kaminuza y u rwanda

anaclet yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

INATEK yungutse umuyobozi nyawe, nyuma y’akababaro mwari basigiwe na Padri, mubone umuyobozi uzabayobora neza w’umuhanga, abamuzi turabizi neza ko kuhagera kwe bizagaragazwa n’ibikorwa.

KAYINAMURA yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

tubonye umuyobozi mwiza

ngabo yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka