Mushimiyimana Clementine wo mu Kagari ka Cyabararika, Umurenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze ari mu maboko y’inzego z’ubugenzacyaha, nyuma y’uko we n’umugabo we bafatiwe mu rugo benga inzoga zitemewe, umugabo atorotse hafatwa uwo mugore.
Mu Kagari ka Gashinga, Umurenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, haravugwa inkuru y’umugabo witwa Hakizimana Innocent w’imyaka 41, ukekwaho gukomeretsa umugore we amutemye agatsinsino mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 16 Nzeri 2023, ubu akaba afunze.
Abatuye Umurenge wa Matyazo Akarere ka Ngororero, barinubira uburyo ishuri barereragamo ryasambuwe n’imvura ntirisakarwe, hakaba hashize imyaka itanu abanyeshuri biga bacucitse.
Umugore w’imyaka 42 wo mu Kagari ka Bikara, Umurenge wa Nkotsi, Akarere ka Musanze, yafunzwe akekwaho kwiba ihene y’umuturanyi, aho basanze inyama zayo mu gisenge cy’inzu ye.
Urubyiruko rw’abakobwa rwiganjemo abakiri abangavu, ruvuka mu Mirenge yiganjemo igihingwa cya Kawa, ruraburira abasore baba batekereza kurugusha mu bishuko ko batabona aho bahera kuko akazi bahawe kabafashije kwigira.
Abagenda n’amaguru mu mihanda cyane cyane yo hirya no hino mu mijyi no mu nkengero zayo, barishimira uburyo bahabwa agaciro n’abatwara ibinyabiziga, iyo bageze ahabagenewe ho kwambukira umuhanda hazwi nka ‘Zebra Crossing’ hagizwe n’amabara atambitse y’umukara n’umweru.
Ubuyobozi mu nzego zitandukanye mu Ntara y’Amajyaruguru, bwafashe ingamba zo guhashya ibiyobyabwenge n’ubusinzi bwugarije iyo Ntara, mu rwego rwo gukumira amakimbirane, hubakwa umuryango utekanye.
Hashingiwe ku ngengabihe y’amasomo n’igihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), kiramenyesha abayobozi b’amashuri, abarezi ndetse n’ababyeyi ko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira gusubira ku ishuri gutangira amasomo y’igihembwe cya mbere, guhera ku (...)
Isoko ry’ibiribwa rya Musanze rizwi ku izina rya Kariyeri, ryari ryatangiye kubakwa mu buryo bujyanye n’icyerekezo, ryahagaritswe mu buryo butunguranye, bitera benshi urujijo.
Bamwe mu mu batuye mu Ntara y’Amajyaruguru, by’umwihariko abatishoboye, barashima urubyiruko n’abagore bo mu muryango FPR-Inkotanyi muri iyo Ntara, ku ruhare rwabo mu iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage.
Hashize icyumweru abasore icyenda bafatiwe mu mukwabu wabaye mu cyumweru gishize, nyuma y’urugomo ruherutse gukorerwa abasekirite b’isosiyete icukura amabuye y’agaciro ya Gifurwe Wolfram Mining.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), iramenyesha Abanyarwanda ko ejo ku wa Kabiri tariki ya 12 Nzeri 2023, saa tanu z’amanywa, izatangaza amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye, umwaka w’amashuri 2022/2023.
Mu Kagari ka Gashanje, Umurenge wa Kivuye mu Karere ka Burera, haravugwa inkuru y’umwana w’imyaka itatu waguye mu cyobo gifata amazi y’imvura ahita apfa.
Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 10 Nzeri 2023, mu Murenge wa Gacaca Akarere ka Musanze, haravugwa urupfu rw’umwana w’imyaka 17 warohamye mu kiyaga cya Ruhondo’ ubwo yari kumwe n’abagenzi be babiri bo batabawe ari bazima.
Abenshi mu Bepiskopi Gatolika mu Rwanda biganye mu iseminari nto n’inkuru, ariko bamwe bakagira umwihariko bahuriyeho nyuma y’imyaka icyenda ku ntebe y’ishuri, kugeza bahawe Ubupadiri.
Akarere ka Burera kiyemeje kwita ku gihingwa cy’ibigori nk’icyera cyane muri ako karere, aho mu gihembwe cy’ihinga 2024A, bagiye kubihinga ku butaka buhuje bungana na hegitari 15,200.
Abatuye Umudugudu wa Terimbere, Akagari ka Mugari, Umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze, bahangayikishijwe n’indwara idasanzwe, y’amaso ikomeje gufata abatuye uwo mudugudu.
Paruwasi Gatolika Sancta Maria ya Byimana mu Karere ka Ruhango, yageneye impano Perezida Paul Kagame, mu rwego rwo kumushimira ku ruhare yagize mu iyubakwa ry’inyubako nshya y’iyo Paruwasi.
Elvine Ineza ni umwana w’umukobwa w’imyaka 12, waciye agahigo ko kwita izina umwana w’ingagi ari muto, kuva uwo muhango watangira gukorwa muri 2005.
Ku mugoroba wo ku itariki ya 01 Nzeri 2023, mu Kagari ka Sahara mu Murenge wa Busogo, Akarere ka Musanze, haravugwa inkuru y’urupfu rw’umwana w’imyaka itanu, bakeka ko rwaba rwatewe n’imyumbati mibisi yahekenye
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ku itariki ya 01 Nzeri 2023, rwafunze abakozi batatu ba SACCO ISOKO Y’AMAJYAMBERE MUKAMIRA, aho bakurikiranyweho kunyereza 18,259,010 FRW.
Abaturage benshi baturutse mu bice bitandukanye by’Igihugu by’umwihariko abatuye Umurenge wa Kinigi mu nkengero z’ibirunga bateraniye ku kibuga gikorerwaho umuhango wo Kwita Izina.
Hashingiwe ku byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki 01 Kanama 2023, yashyizeho amabwiriza mashya arebana n’ibikorwa by’imyidagaduro, akaba atangira kubahirizwa guhera kuri uyu wa Gatanu tariki ya 01 Nzeri 2023.
Abagabo batatu bagwiriwe n’ikirombe, aho bacukuraga itaka ryo kubakisha, imirambo yabo ijyanwa mu bitaro bya Ruhengeri.
Abaturage bo mu Kagari ka Ntaruka, Umurenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe, batewe urujijo n’urupfu rw’umuyobozi wabo, Théodomile Ndizeye, wari Ushinzwe imibereho myiza n’iterambere mu Kagari ka Ntaruka (SEDO), nyuma yo gusanga umurambo we ku musozi mu ishyamba.
Mu Kagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rwaza Akarere ka Musanze, haravugwa amakuru y’abana babiri barohamye mu mugezi wa Mukungwa barapfa, haboneka umurambo umwe.
Mutabazi Emmanuel w’imyaka 30 wo mu Kagari ka Bikara, Umurenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, arashinjwa icyaha cyo guhoza ku nkeke umugore we basezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko, aho ngo buri mugoroba ataha yasinze akabwira umugore we ko azatuza ari uko amaze kumwica.
ACP Boniface Rutikanga yagizwe Umuyobozi w’ishami rishinzwe Itangazamakuru n’Inozabubanyi, akaba n’Umuvugizi mushya wa Polisi y’u Rwanda. Izo mpinduka zisohotse mu itangazo Polisi y’u Rwanda yashyize ahagaragara, kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023, ACP Rutikanga akaba asimbuye CP John Bosco Kabera.
Abahinzi ba Kawa bo mu Mirenge ya Ruli, Coko na Muhondo mu Karere ka Gakenke, barishimira ko boroherejwe kunywa kawa yabo, aho bemeza ko byabafashije kugabanya inzoga bakaba bakomeje kujyana na gahunda ya Leta yo gusaba abantu kugabanya inzoga banywa.
Abantu 53 bo mu Murenge wa Cyinzuzi Akarere ka Rulindo, bajyanywe mu bitaro nyuma yo kunywa ubushera bukabatera uburwayi, kugeza ubwo umwe muri bo yitaba Imana.