Nyuma y’uko hemejwe ihagarikwa ry’imirimo yo gukomeza gushakisha abagwiriwe n’ikirombe cy’i Gahana mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, igice cyarimo umwobo abakijyagamo bamanukiragamo cyashyizweho imisaraba n’indabyo, nk’ikimenyetso cy’uko bashyinguwe.
Abibumbiye mu Muryango Nyarwanda w’Abafite Ubumuga bwo kutumva no Kutavuga (RNUD), bifuza ko ururimi rw’amarenga rwakwigishwa mu mashuri nk’izindi ndimi zemewe mu Rwanda, cyane ko inkoranyamagambo yakwifashishwa yamaze gukorwa, n’ubwo hagitegerejwe ko yemezwa n’Inama y’Abaminisitiri.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (BK), buvuga ko bwashoye amafaranga abarirwa muri Miliyari 150 mu buhinzi n’ubworozi, mu gihe cy’imyaka itanu uhereye muri uyu wa 2023, mu rwego rwo kugira uruhare mu kubiteza imbere.
Mu bakora urugendo nyobokamana i Kibeho, hari abapfukama bagakoza umutwe ku butaka cyangwa bakabusoma bakihagera, bakanahagenda nta nkweto, kuko baba bavuga ko ari Ahatagatifu.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda wungirije, ACP Boniface Rutikanga, avuga ko kugera ku bagwiriwe n’ikirombe bikomeje gutinda, ahanini bitewe n’imvura irimo kugwa muri iyi minsi.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari two mu Karere ka Huye, bizihije umunsi w’Umurimo biyemeza kurushaho gukora umurimo unoze, kandi ngo bazabigeraho kuko bashyikirijwe moto zizabafasha mu ngendo begera abaturage.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Assoumpta Ingabire, avuga ko abakoze Jenoside nta murage muzima basigiye ababo kuko bibukwaho ibibi.
Abarokotse Jenoside bafite ababo bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwo mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye, bavuga ko ku bw’amateka ya Jenoside yaho uru rwibutso rwari rukwiye kuvugururwa mu myubakire, rukanashyirwa ku rwego rw’Akarere.
Hari abarokotse Jenoside b’i Mata mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko babanje kwanga Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kuko ngo yababujije kwihorera nyamara barumvaga ari byo byabamara umujinya bari bafitiye ababiciye ababo.
Gloriose Uwizeyimana uvuka mu Murenge wa Rusatira mu Karere ka Huye, yifuje ko inzego zikuriye Abarokotse Jenoside zabafasha bakagira icyo bakora gifatika cy’ishimwe ku Nkotanyi, bazishimira ko zabarokoye amaboko y’abicanyi.
Ababyeyi barerera mu Irerero Ubumwe ryo mu Mudugudu wa Nyamyumba, Akagari ka Murambi, Umurenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko kwitabira gahunda z’iri rerero byabajijuye, bikabateza imbere bikanabasirimura.
Nyuma y’uko ku wa Gatatu tariki 19 Mata 2023 abantu batandatu bagwiriwe n’ikirombe mu Mudugudu wa Gasaka, Akagari ka Gahana, Umurenge wa Kinazi, Akarere ka Huye, ku wa Kane tariki ya 20 ubuyobozi bukazana Caterpillars zigatangira gucukura kugira ngo bakurwemo, na n’ubu kubageraho bikomeje kugorana.
Minisitiri w’Uburezi, Dr. Valentine Uwamariya, avuga ko hamwe na Minisiteri y’Ubumwe n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), barimo gushaka uko hazajya higishwa amateka mu buryo busobanutse.
Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda, Dr. Didace Kayihura Muganga, avuga ko abari abarimu ba Kaminuza y’u Rwanda bagaragaje ko ari intiti koko, bakaba baranasigiye Kaminuza igisebo kuko bavuyemo abicanyi bagize uruhare runini muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, avuga ko abarokotse Jenoside badakwiye gukoresha imvugo y’uko abicanyi babahemukiye, ahubwo bagakoresha iy’uko babiciye.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, yasabye abarokotse Jenoside kutaganya mu gihe cyo kwibuka, kuko ibibazo bafite Leta ibizi kandi itabyirengagiza.
Kuva mu ma saa sita zo ku wa 20 Mata 2023, ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bwatangiye imirimo yo kugerageza gutabara abagwiriwe n’ikirombe, hifashishijwe imashini ya Caterpillar imenyerewe mu gukora imihanda, ariko na n’ubu ntibarababona.
Kuva mu mugoroba w’ejo ku wa Gatatu tariki ya 19 Mata 2023, mu Kagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, haravugwa abantu batandatu baheze mu kirombe.
Abasigajwe inyuma n’amateka batuye ku Kigeme mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko ihezwa rijya rikorerwa abana babo ku ishuri riri mu bituma banga gusubirayo.
Hari abangavu b’i Nyaruguru bavuga ko batojwe kwizigamira bakiri batoya ubu bikaba bibafasha kugira ibyo bikemurira batarinze gusaba ababyeyi.
Innocent Mutabazi utuye mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara, avuga ko gutanga ubuhamya ku buryo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yagenze, atari ku bw’inzika ahubwo ku bwo gusangiza urubyiruko amateka Abanyarwanda banyuzemo, ngo bitazasubira.
Ukuriye Ibuka mu Karere ka Gisagara, Jérôme Mbonirema, avuga ko mu mbogamizi abarokotse Jenoside b’ako karere bafite, harimo iy’uko hari bamwe mu batishoboye badafite nomero yo kwivurizaho, bigatuma batabasha guhabwa serivisi y’ubuvuzi uko babyifuza.
Chadrack Rwirima w’imyaka 63, avuga ko nyuma yo kwicirwa abe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yanze guheranwa n’agahinda akiyemeza kwigira, byanatumye ajya kwiga amashuri yisumbuye afite imyaka 38, kuko yari yaravukijwe ayo mahirwe.
Ukuriye Ibuka mu Karere ka Nyaruguru, Sylidio Habimana, avuga ko mu bikibangamiye abarokotse Jenoside b’i Nyaruguru, harimo kuba hari urubyiruko rwinshi rw’abashomeri, kuba hari abacikirije amashuri no kuba hari abahungabanye bakeneye gufashwa.
Urubyiruko rwiganjemo urwiga muri Kaminuza i Huye, ruvuga ko rwasanze bidakwiye ko abantu bamira bunguri ibinyuze mu itangazamakuru byose.
Abakobwa 25 bigishijwe ikoranabuhanga mu gihe cy’amezi atandatu na Kaminuza Gatolika y‘u Rwanda, bavuga ko batangira kwiga batumvaga ko bazabishobora, none barangije bafite imishinga.
Aborojwe inkoko mu mushinga wo guteza imbere ubworozi bw’amatungo magufi n’ibiyakomokaho ari wo PRISM, bavuga ko basanze inkoko ari itungo ryazamura uryoroye, abyitwayemo neza.
Dr. Delphine Abijuru, komiseri mu Muryango utoza abagore kujya mu myanya ifata ibyemezo (Leadership women network), avuga ko umuntu ubaho nta ntego akenshi yisanga arimo gufasha abandi kugera ku zabo.
Mu ijoro ryo ku wa 29 rishyira uwa 30 Werurwe 2023, abajura bateye ahantu habiri mu Mudugudu w’Agahenerezo mu Kagari ka Rukira Umurenge wa Huye, bakomeretse abantu batatu.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof. Jeannette Bayisenge, aributsa abagabo ko bidateye ipfunwe kuba umugabo yateka. Yabigarutseho ubwo yashyikirizaga imbabura za rondereza abagore 24 bo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Huye, tariki 29 Werurwe 2023. Byanajyaniranye no gushyikiriza uyu Murenge (...)