Aline Umurizaboro w’i Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, avuga ko yavutse ku mubyeyi wafashwe ku ngufu muri Jenoside n’abamwiciye abe, agakurana ibikomere ku mutima, kandi ko umuti wabyo ari we ubwe wavuyemo.
Nubwo mu 2020 hubatswe ibyumba by’amashuri byinshi mu Rwanda, na n’ubu hakaba hari ibigenda byubakwa buri mwaka, ikibazo cy’ubucucike no kuba hari abatabasha kwiga umunsi wose nyamara biteganyijwe, i Nyaruguru, ngo cyakemuka ari uko bubatse ibyumba 707.
Abarokotse Jenoside bo mu itorero ry’Ababatisita (UEBR), i Huye, bifuza ko bagenzi babo basangiye ukwemera bakoze Jenoside baca bugufi bakabasaba imbabazi, kuko batekereza ko byabafasha gukira ibikomere bafite ku mutima.
Abakiri batoya barashishikarizwa kujya basura ishyinguranyandiko kandi bakagira umuco wo gusoma kugira ngo bagire uruhare mu kuzuza ahakiri icyuho mu makuru.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buvuga ko ahitwa mu Dusego mu Murenge wa Gasaka, mu Karere ka Nyamagabe hagiye gukatwa ibibanza, hakazubakwa inzu zimeze kimwe, zijyanye n’umujyi.
Abanyeshuri baje gutangira amasomo tariki 5 Kamena 2023 mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, bibaza niba iriya tariki yo gutangira yaratunguye abacunga amacumbi, kubera akavuyo kagaragaye mu kuyatanga.
Madamu Jeannette Kagame arashishikariza Abanyarwanda muri rusange, n’urubyiruko by’umwihariko, kwibona nk’abanyamigabane mu kubaka u Rwanda.
Abanyamuryango ba koperative ihinga umuceri mu Karere ka Gisagara yitwa Coproriz-Nyiramageni, baravuga ko bamenye ko koperative yabo ifite igihombo cy’amafaranga menshi, bakanifuza ko byabazwa uwayiyoboraga.
Ababyeyi ba Noah Anterhope Nziza barishimira ko abaganga bo mu Buhinde babavuriye umwana ubu akaba yarakize, bakanashima cyane Leta y’u Rwanda yabafashije kumuvuza ndetse n’abantu bitanze, bakegeranya amafaranga yabafashije mu kumuvuza.
Mu Karere ka Nyaruguru hari abaturiye ibishanga byatunganyijwe byagombaga guterwamo ibirayi ubu babuze imbuto yo kubiteramo kuko imbuto yabaye nkeya.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Emmanuel Murwanashyaka, avuga ko nta mpungenge zo kumaraho amashyamba haterewa icyayi, kuko hari amashyamba mashyashya bagenda batera ndetse n’andi bafite mu mishinga, kandi n’icyayi gifata ubutaka.
Mu Kagari ka Mukuge ho mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, hari abagabo babanaga n’abagore babo mu makimbirane ubu babicitseho babikesha kuba basigaye bagirana inama mu kagoroba bishyiriyeho, akagoroba banahuriramo bakizigamira bakanagurizanya.
Mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, hari abarokotse Jenoside bavuga ko bitari byoroshye kwicarana n’abafite imiryango yabo banagize uruhare mu kubicira ababo, ariko ko aho byashobokeye byatanze umusaruro.
Mu gihe hasigaye igihe kitari kirekire ngo abanyeshuri batangire ibizamini bisoza umwaka, abana biga mu ishuri Elena Guerra riherereye mu mujyi wa Huye, beretswe ibihembo byagenewe abazitwara neza kurusha abandi, mu rwego rwo kubashishikariza kwiga bashyizeho umwete.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko bishimira ko cyabahaye akazi kikaba kibaha n’amafaranga, ariko ko kutabonera ifumbire ku gihe no kuba imihanda bifashisha yarapfuye, bibabangamira.
Abikorera bo mu Ntara y’Amajyepfo basabwe kunga ubumwe no kubaho nta vangura, bagatandukana n’abikoreraga batanze inkunga zo kwica Abatutsi, maze bagatanga umuganda wo gusenya Igihugu.
Abatuye mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko nyuma y’icyumweru bagendererwa n’abajyanama n’abafatanyabikorwa mu Mirenge iwabo, barushijeho kwiyumva mu mihigo no mu bibakorerwa.
Mu Muremge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru, hari imidugudu yiyubakiye ibyumba by’amarerero yo mu ngo, kandi ba nyiri ingo abana bahuriramo bavuga ko byabafashije.
Urugaga rw’abikorera (PSE) mu Karere ka Gisagara, ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023, bibutse abari abacuruzi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banagabira inka abarokotse Jenoside batishoboye, bagamije kubafasha kwikura mu bukene.
Nyuma y’uko muri 2017 ikigo cyo mu Bwongereza, Unilever, cyiyemeje guhinga icyayi no kubaka uruganda rugitunganya mu Karere ka Nyaruguru, icyayi cyatewe ku ikubitiro cyamaze gukura none n’uruganda ruzagitunganya rugeze kure rwubakwa.
Abakurikiranira hafi iby’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Huye, bifuza ko hamenyekana irengero ry’Abatutsi bahigaga bahiciwe, kugira ngo ababo babashe kubashyingura mu cyubahiro.
Depite Frank Habineza, umuyobozi w’ishyaka riharanira kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Partyof Rwanda), avuga ko hakwiye kujyaho ikigo cya Leta gishinzwe ibiza nk’uburyo bwo gukumira ibiza byabaye mu Majyaruguru n’Iburengerazuba, bigahitana abantu batari bakeya.
Umuyobozi mukuru w’agateganyo w’ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), Dr Christian Ngarambe, avuga ko nk’abavuzi, kwibuka Jenoside bibaha umwanya wo kongera kuzirikana ku guha agaciro umuntu.
Abatuye n’abaturiye ahitwa muri Duwane mu Karere ka Gisagara, babarizwa mu Tugari twa Duwane na Bweya mu Mirenge ya Kibilizi na Ndora, bavuga ko bari basanzwe bumva badatekanye kubera abajura batoboraga inzu, ariko ko barushijeho guhangayika aho biciye umuturanyi wabo, bagasaba gutabarwa.
Tharcisse Sinzi uzwiho ubuhanga mu mukino njyarugamba wa Karate, arasaba abakiri batoya gukunda siporo kuko ibahuza ntibanabone umwanya wo kuba batekereza nabi, akabishimangira avuga ko utekereza mugenzi we nabi ari we bigiraho ingaruka.
Mu gihe hasigaye umwaka umwe gusa ngo harebwe ibyagezweho muri gahunda y’Igihugu yo kwihutisha Iterambere (NST1), ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buvuga ko mu bikiri kure yo kugerwaho harimo gukura abaturage mu bukene, bityo bugasaba abafatanyabikorwa kubafasha muri uru rugamba.
Abakozi bo mu bitaro bya Kibilizi biherereye mu Karere ka Gisagara, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, banaremera uwayirokotse wo mu gace biherereyemo, mu rwego rwo kumufasha kwigira.
Abatuye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye bavuga ko ntako ubuyobozi butagize ngo bushakishe abagwiriwe n’ikirombe baturiye, bakanifuza impozamarira ku babuze ababo
Patricie Kandekezi ukomoka ahahoze hitwa i Runyinya muri Perefegitura ya Butare, ubu ni mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye, avuga ko yasanze Abatutsi bazize Jenoside barabaye ibitambo by’abayirokotse, bityo bakaba babafitiye umwenda wo kubaho neza.
Théodette Mukamurara Kajabo wigaga mu ishuri Marie Merci Kibeho, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko Jenoside yamutwariye abe bikanamubabaza, ariko ngo ibyamukomerekeje cyane ni ibyo yaboneye i Kibeho, harimo umwana w’umwaka umwe bamwambuye bakamukubita ubuhiri agahita apfa.