Shampiyona ya volleyball mu Rwanda yashyizweho akadomo kuri iki cyumweru tariki 11 Gicurasi 2025, aho amakipe ya APR VC mu bagabo na Police VC mu bagore, ari yo yegukanye ibikombe.
Kuri iki Cyumweru, Ikipe ya Rayon Sports bigoranye yatsindiye Police FC igitego 1-0 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona yongera gufata umwanya wa mbere uyiganisha ku gikombe.
Kuri iki cyumweru, Ikipe ya FC Barcelona yatsinze Real Madrid ibitego 4-3 mu mukino w’umunsi wa 35 wa shampiyona biyongerera amahirwe yo kwegukana igikombe.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 20 yatsindiwe na Kenya ku mukino wa nyuma w’imikino y’Akarere ka Gatanu muri Handball yasojwe ku wa 10 Gicurasi 2025 muri Uganda mu gihe abatarengeje imyaka 18 batahanye umwanya wa kane.
Kuri uyu wa Gatandatu, Ikipe ya APR FC yatsindiye Amagaju FC kuri Kigali Pele Stadium ibitego 3-1 mu mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona ifata umwanya wa mbere by’agateganyo ku rutonde.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 20 yageze ku mukino wa nyuma w’imikino y’Akarere ka Gatanu muri Handball iri kubera muri Uganda, nyuma yo gutsinda iki gihugu cyakiriye muri 1/2.
Kuri uyu wa Gatanu, myugariro Fitina Omborenga yongeye kugaragara mu myitozo ya Rayon Sports yamusubije ku byo gusesa amasezerano yari yayandikiye ayisaba.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze AS Kigali FC igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 27 wa Shampiyona, ifata umwanya wa munani ku rutonde rw’agateganyo mu gihe habura imikino itatu ngo Shampiyona ya 2024/2025 irangire.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 26 wa Shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Kane, yisubiza umwanya wa mbere wari warayeho APR FC ku rutonde rw’agateganyo.
Ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa yakatishije itike yo kuzakina umukino wa nyuma wa UEFA Champions League 2024/2025, itsinze Arsenal ibitego 2-1, isohoka muri ½ cy’irangiza ku giteranyo cy’ibitego 3-1 mu mikino yombi isanga Inter ku mukino wa nyuma.
Ikipe ya APR FC yatsinze Marine FC ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa 26 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Gicurasi 2025, ikura Rayon Sports ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo.
Kuri uyu wa Gatatu, hasojwe shampiyona y’icyiciro cya kabiri 2024-2025, hakinwa imikino y’umunsi wa gatandatu wa kamarampaka wasize AS Muhanga igarutse mu cyiciro cya mbere itsinze La Jeunesse 2-1 mu gihe Gicumbi FC yatsinze Etoile de l’Est 2-0 kazamukana igikombe.
Myugariro w’iburyo wa Rayon Sports Fitina Omborenga yasabye gutandukana n’iyi kipe kubera impamvu zirimo kudahemberwa ku gihe.
Mu ijoro ryo ku wa 6 Gicurasi 2025, ikipe ya Inter yasezereye FC Barcelona muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League iyitsinze 4-3 mu mukino wo kwishyura, yongera kugera ku mukino wa nyuma yaherukagaho 2023.
Amakipe y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 18 na 20 yatangiye abona intsinzi imwe mu mikino ibiri yakinnye ku munsi wa mbere w’irushanwa ry’Akarere ka Gatanu muri Handball riri kubera muri Uganda .
Abagize amakipe y’u Rwanda y’abakobwa y’abatarengeje imyaka 18 na 20 yageze i Kampala muri Uganda, aho yitabiriye irushanwa rya #IHFTrophy/Zone 5 bavuga ko ikibajyanye ari ugutwara ibikombe gusa.
Nyuma yo gutsindirwa na APR FC ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro 2025, Munyakazi Sadate wigeze kuyobora Ikipe ya Rayon Sports yeretse abakunzi b’iyi kipe ko uyu utari umwanya wo gucika intege, ahubwo bashyira hamwe bagakomeza kurwana.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya APR FC yegukanye Igikombe cy’Amahoro ku nshuro ya 14, nyuma yo gutsindira Rayon Sports ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro ibitego 2-0, unaba uwa mbere ubonetsemo intsinzi n’ibitego muri ine aya makipe amaze kuhahurira mu mezi 11 kuva yavugururwa.
Ikipe y’Indahangarwa WFC yegukanye Igikombe cy’Amahoro 2025 nyuma yo kunyagirira Rayon Sports WFC 4-2 kuri Stade Amahoro mu mukino wanyuma wakinwe kuri iki Cyumweru.
Ikipe y’Akarere ka Bugesera y’umukino wo gusiganwa ku igare “Bugesera Cycling Team” nyuma y’imyaka 6 ishinzwe ubu yamaze kubona umufatanyabikorwa uzayiha miliyoni 50 y’amafaranga y’u Rwanda
Ikipe ya APR WVC yari imaze iminsi itazi uko gutsinda POLICE WVC bimera yayigobotoye iyihanije, iyitsinda amaseti 3-0 mu mukiino wa mbere wa kamparampaka mu bagore wakinwe ku wa 2 Gicurasi 2025 muri Petit Stade i Remera.
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yegukanye igikombe cya Handball mu mikino ya EAPCCO yari imaze icyumweru ibera muri Ethiopia
Ikipe ya Police FC, yegukanye umwanya wa gatatu mu Gikombe cy’Amahoro 2025 nyuma yo gutsinda Mukura VS igitego 1-0, mu mukino wo kuwuhatanira wakinwe kuri uyu wa Gatandatu kuri Kigali Pele Stadium.
Ikipe y’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) n’iy’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), zegukanye ibikombe by’Irushanwa ry’Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo rya 2025 mu mupira w’amaguru, ryateguwe n’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Imikino y’Abakozi, ARPST.
Mu rukerera rushyira kuri uyu wa Kane, nibwo ikipe ya APR VC yari ihagarariye u Rwanda mu marushanwa yo ku mugabane w’Afurika ahuza amakipe yabaye ayambere iwayo muri volleyball, (CAVB Club Championship 2025) yageze mu Rwanda.
Ikipe ya Gicumbi yakatishije itike iyizamura muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2025/2026, nyuma yo gutsinda La Jeunesse FC ibitego 2-0, mu mukino wa gatanu wa kamarampaka wabereye kuri Stade Mumena ku wa Gatatu tariki 30 Mata 2025.
Ikipe ya Rayon Sports ibifashijwemo na Biramahire Abeddy, yatsinze Mukura Victory Sports et Loisirs igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’irangiza mu irushanwa ry’Igikombe cy’Amahoro 2024/2025, biyihesha itike yo kuzahurira ku mukino wa nyuma na APR FC.
Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, APR FC, yakatishije itike yo kuzakina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro 2024/2025, nyuma yo gutsinda Police FC, igitego 1-0, mu mukino wo kwishyura wa ½, wabereye muri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Mata 2025, ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino yombi.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, ndetse n’ikipe y’umupira w’amagaru mu cyiciro cya mbere muri Esipanye (Atletico Madrid) binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda bemeje ko basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu kumenyekanisha ubucyerarugendo bw’u Rwanda.
Ikipe ya Paris Saint-Germain yatsindiye Arsenal FC iwayo igitego 1-0 mu mukino ubanza wa ½ cy’irangiza cya UEFA Champions League, wabaye mu ijoro ryo ku wa 29 Mata 2025 itera intambwe ya mbere yerekeza ku mukino wa nyuma.