Minisiteri y’Ikoranabuhanga no guhanga udushya mu Rwanda iratangaza ko uko batanga telefone zigezweho muri gahunda yiswe ConnectRwanda, bazanakomeza kureba imbogamizi zishobora kubangamira abazihawe mu kuzibyaza umusaruro.
Abaturage 1,205 bo mu Karere ka Burera bashyikirijwe telefoni zigezweho za Smartphones, biyemeza kuzikoresha neza kugira ngo bibafashe kugendana n’aho isi igeze mu ikoranabuhanga.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Ugushyingo 2021 yayoboye inteko ya 10 ihuza abagize inama rusange y’umuryango Smart Africa ugamije gufasha umugabane wa Afurika kugera ku cyerekezo cyawo mu iterambere ry’ikoranabuhanga.
Uruganda rwa Samsung ruzwiho gukora ibikoresho by’ikoranabuhanga, rwashyikirije ishuri Rwanda Coding Academy ibikoresho by’ikoranabuhanga, bigiye kuryunganira mu kunoza ireme ry’uburezi buhatangirwa.
Kompanyi ya Facebook irateganya guha akazi abantu ibihumbi icumi (10,000) bo mu muryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi kugira ngo bubake icyitwa ‘metaverse’ iri rikaba ari ikoranabuhanga Facebook ishaka kujya ikoresha rituma abantu barikoresha basa nk’aho bari kumwe.
Imbuga nkoranyambaga zikomeje kugaragara ko ari ikintu cy’ingenzi mu buzima bwa benshi, dore ko benshi bazishimira uburyo zoroshya ibijyanye no guhanahana amakuru.
Impuguke mu by’imodoka unazikoraho ubushakashatsi, Nikobisanzwe André Gromyko wamenyekanye cyane ubwo yakoraga umwuga w’itangazamakuru, yagiranye ikiganiro na Kigali Today.
Ubuyobozi bw’ikigo cya AC Group bufite mu nshingano ikarita y’ikoranabuhanga ya Tap&Go buratangaza ko iyo karita igiye guhuzwa n’ibindi ku buryo izajya ikoreshwa no mu zindi gahunda.
Bamwe mu bayobozi b’Imidugudu bo mu Turere two mu Ntara y’Amajyaruguru, bifuza guhabwa telefoni zigezweho(Smartphones), zibafasha kuzuza inshingano zabo za buri munsi.
Banki ya Kigali yatangiye ubufatanye n’Uruganda rwa kawa rwa RWACOF, kugira ngo abahinzi ba kawa babone ikoranabuhanga rya serivisi y’ IKOFI, ibafasha kwakira amafaranga y’ibitumbwe bagemuye kuri sitasiyo itunganya amakawa, ikabaha ubushobozi bwo kwizigamira no guhererekanya amafaranga ku buntu batayafashe mu ntoki.
Abaturutse mu bigo bya Leta n’iby’abikorera, byo mu Rwanda, bifite aho bihuriye n’imicungire y’ibiza; bamaze iminsi, bigishwa imikoreshereze y’ikoranabuhanga rishya, rizwi nka “Artificial Intelligence”, rifite ubushobozi bwo kugabanya ibyago n’ingaruka ziterwa n’ibiza.
Leta ivuga ko muri iyi minsi ihanganye n’ibibazo by’umutekano mucye, imvururu, n’inzara byose bitizwa umurindi n’imbuga nkoranyambaga zikomeye, bitewe n’uko ngo abanyepolitiki bazikoresha mu nyungu zabo.
Komisiyo y’u Rwanda ikorana na UNESCO(CNRU) irimo kwigisha ikoranabuhanga ry’Abayapani ryitwa Line, rifasha urifite wese muri telefone kugaragaza ahantu hateye ibiza, kugira ngo nibiba ngombwa inzego zibishinzwe zohereze ubutabazi bwihuse.
Ikigo giteza imbere Indangarubuga y’u Rwanda[.rw] kikaba gihagarariye abakoresha Ikoranabuhanga mu Rwanda(RICTA), kiri mu bukangurambaga bwiswe “Zamuka na AkadomoRW”, aho kigaragaza inyungu zo gukoresha izina ry’urubuga rwa murandasi rw’indangarubuga y’u Rwanda.
Uwitwa Niyonzima Valens wo mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Cyabakamyi mu Kagari ka Karama mu Mudugudu wa Karama yahishuye amayeri we na bagenzi be bamaze imyaka myinshi bakoresha mu kwiba amafaranga kuri ‘Mobile money’ z’abaturage. Ibi babikoraga biyita abakozi ba MTN n’ikigo ngenzuramikorere, RURA.
Muri iki gihe ikoranabuhanga rikataje, ni na ko serivisi zirebana no gukoresha telefone ngendanwa mu guhererekanya amafaranga, kuyabitsa no kuyabikuza zizwi nka Mobile Money, zirushaho kwitabirwa n’abatari bake.
Muri iki cyumweru kigana ku musozo, cyatangijwe n’isozwa ry’amasomo ya Cadet aho aba offisiye 721, barimo abakobwa 74 bahawe na Perezida Kagame Ipeti rya Sous Lieutenant mu ngabo z’u Rwanda.
Abanyeshuri b’Abanyarwanda bakomeje kongererwa ubumenyi ku bihumanya ikirere, binyuze mu mushinga The Rwanda Climate Change Observatory wa Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ku bufatanye na Kaminuza yo muri Amerika, Massachusetts Institute of Technology, mu rwego rwo guhangana n’ibitera ihumana ry’ikirere.
Mu ngamba urubuga rwa Instagram rwafashe zo kurinda abarukoresha, rwongeyemo izifasha ingimbi n’abangavu kwirinda ubutumwa badashaka bohererezwa n’abantu bakuru.
Murandasi (Internet) imaze kuba igikoresho gikenerwa cyane mu buzima bwa buri munsi, haba mu bucuruzi, umutekano, gushaka akazi, imyidagaduro, ubuvuzi, ubuyobozi n’ibindi byinshi.
Kuva telefone yavumburwa mu myaka ya 1800, yakunze gufatwa nk’igikoresho cyagenewe koroshya itumanaho hagati y’abantu bategeranye, ariko hari ibindi byinshi yakora utabanje kujya kubikoresha ahandi.
Ikoranabuhanga rya Internet ni kimwe mu bikomeje gutezwa imbere mu Rwanda. Ibi bituma rigera ku baturage benshi, aho bahurira ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye baganira, bakamenya amakuru, ndetse zimwe zikavugirwaho akarengane n’ibibazo abaturage bahuye na byo.
Urubyiruko rugana Ibigo byarushyiriweho ngo birufashe kwihangira imirimo no kwiteza imbere bizwi ku izina rya ‘YEGO Centre’ (Youth Employment for Global Opportunities Centre) n’urugana ibigo birufasha gushaka akazi, kwihangira imirimo, kwiteza imbere no kubahuza n’abatanga akazi bizwi ku izina rya “Employment Service (...)
Irembo ni urubuga rwa Internet ubu rutangirwaho serivisi zitandukanye zigera ku ijana nk’uko bisobanurwa na bamwe mu bakozi barwo. Ni urubuga kandi rwari rwashyiriweho korohereza abaturage kubona serivisi zimwe na zimwe cyane cyane izitangirwa mu nzego z’ibanze. Ni urubuga rwagombye gukora ku buryo umuturage abona serivisi (...)
Umukozi muri Sositeye y’Itumanaho MTN-Rwanda ushinzwe guhanahana amakuru n’ibindi bigo, Alain Numa, aribuka ibyabaye ku nshuti ye yavuye i Kigali ijya gusura iwabo i Nyamasheke. Uwo munsi na bo bari bahagurutse i Nyamasheke baza kumusura i Kigali.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ikoranabuhanga muri Africa ’Smart Africa’ gifite icyicaro i Kigali, cyagiranye amasezerano n’icy’Abanyaziya cyitwa KOMMLABS Pte Ltd, agamije gukwirakwiza amakarita yerekana abo umuntu yahuye na bo bose.
Abakuriye za kaminuza n’amashuri makuru bavuga ko igiciro cya Internet kiri hejuru cyane bityo ikabahenda mu gihe ikenewe cyane mu kwigisha abanyeshuri bitabaye ngombwa ko baza ku ishuri, bakifuza ko Leta yayishyiraho ‘Nkunganire’ nk’iyo mu buhinzi.
Ku wa tariki 15 Ukwakira 2020, Google yatangaje uburyo bushya abayikoresha bazajya babona indirimbo batibuka amazina,c yangwa amagambo yazo ngo bazishakishe, ahubwo bo bagasigimba cyangwa se kunyigimba (kuririmba utabumbura umunwa), google ikabafasha kuzishakisha.
Umufaransakazi Emmanuelle Charpentier n’umunyamerikakazi Jennifer Doudna, abahanga mu by’uturemabuzima(Genes) kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Ukwakira 2020 ni bo babonye igihembo cyitiriwe Nobel mu byerekeranye n’Ubutabire babikesha ubushakashatsi bakoze bakavumbura uburyo bwo kuvura no guhindura imikorere (...)
Umuyobozi w’umushinga w’ikoranabuhanga mu kigo cya Leta cyigisha gukora poroguramu za mudasobwa ‘Rwanda Coding Academy’ Dr. Nigena Papias, avuga ko abanyeshuri bakwiye gutozwa kwiga ikoranabuhanga hakiri kare, kuko ibintu byose ku isi bisigaye bigerwaho mu buryo bw’ikoranabuhanga.