Mu myaka nka 18 ishize, kugira ngo umusaza Mpakaniye Onesphore w’imyaka 70 abone ibyangombwa birimo ibimuhesha urupapuro rw’inzira(passport), yagombaga gukora urugendo rurenze ibirometero 10 ajya kubishaka muri Komini.
Urugaga rw’abatwara abagenzi kuri moto mu Rwanda ruratangaza ko mu gihe kitarenze amezi atandatu abatwara abagenzi kuri moto bo mu gihugu hose bazaba batangiye gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga ryitwa ‘mubazi’ rituma utwara umugenzi kuri moto amenya amafaranga yishyuza uwo atwaye.
Ubwo Umuryango FAWE Rwanda uharanira guteza imbere uburezi bw’umwana w’umukobwa washyikirizaga mudasobwa zigendanwa abakobwa 174 urihira amashuri muri INES-Ruhengeri, wabasabye kuzifashisha mu masomo, birinda kuzikoresha ibidafite umumaro nka filime z’urukozasoni n’ibindi byabarangaza.
Marie Claire Ingabire, ufite inzu itunganya imisatsi y’abagabo n’abagore (salon de coiffure) mu Mujyi wa Kigali akaba n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’abatunganya imisatsi muri Kigali, avuga ko umwuga wo kogosha ari umwuga abenshi bafata nk’umwuga ugayitse, bigatuma hari abatawibonamo bitewe n’uko ahanini ufatwa nk’umwuga (...)
Kuva muri Gashyantare uyu mwaka, Abanyarwanda bashobora gutangira gukoresha amashyiga ya gaz akorerwa mu Rwanda, mu gihe ayari asanzwe ku isoko ry’u Rwanda yaturukaga mu Bushinwa.
Abasore n’inkumi bize mu ishuri ry’imyuga rya Kigali (KIAC) bemeza ko umwuga bize wo gufotora, gufata amavidewo no kuyatunganya utazatuma basaba akazi ahubwo ko bazagatanga.
Nagapfura Brigitte wari usanzwe akora akazi ko kudoda, mu ijoro ryo ku wa kane tariki 17 Mutarama 2019 yavuye ku kazi nk’ibisanzwe atahana icupa rya gaz yari avuye kugura kuko indi yari yashize.
Sosiyete yo muri Nigeria yamaze kwegeranya ibyangombwa byose ku buryo mu byumweru bibiri izaba yatangije ikoranabuhanga rishya mu Rwanda, rizafasha abakoresha Gaz kujya bayigura bakoresheje mobile money, ibyo bikazakemura ikibazo cy’iyangirika ry’amashyamba riterwa n’abacana inkwi.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ifatanije na Kaminuza ya Massachusetts (Massachusetts Institute of Technology), izashyira kuri Mugogo (Musanze) icyuma kimenya ingano y’imyuka ihumanya ikirere.
Abanyeshuri 60 bazatsinda neza ikiciro rusange mu mibare, ubugenge (Physics) n’icyongereza, mu kwezi kwa mbere 2019 bazerekeza I Mukamira mu karere ka Nyabihu kwiga ibijyanye no gukora porogaramu za mudasobwa.
Gahunda y’igihugu y’ikoranabuhanga itangaza ko hari miliyari zisaga 44.6Frw zatangiye gushorwa mu mishinga y’urubyiruko y’ikoranabuhanga hagamijwe gukomeza kuriteza imbere.
Ku nkunga y’Ubuyapani, u Rwanda rurateganya kugira icyogajuru cyarwo mu kirere, ibyo bikazarufasha kwigenga mu bijyanye n’isakazamakuru ku buryo busesuye.
Minisiteri y’ibikorwaremezo itangaza ko guhera mu kwezi kwa gatandatu umwaka wa 2019 imodoka zose zitwara abagenzi zizaba zirimo interineti.
Ikigo KTRN gicuruza Internet yihuta cyane ya 4G, gihamya ko umuyoboro wayo umaze kugera hafi mu gihugu cyose kuko iri kuri 96% ndetse no kuyigura bikaba byorohejwe.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko mu gihe abantu benshi bagenda bagerwaho n’ikoranabuhanga, hakwiye no gutekerezwa uko nta busumbane bujyanye na ryo bwabaho.
Abagenda mu Mujyi wa Kigali ntibazongera kurambirwa urugendo cyangwa ngo babure uko bavugana n’ababo kuko internet ya 4G yasubijwe mu modoka rusange.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edourad Ngirente yavuze ko u Rwanda rufite gahunda yo gushyiraho ikigega kizaharirwa gutera inkunga imishinga yo guhanga udushya no gukora ubushakashatsi.
Ihuriro ry’amasosiyete akora iby’ikorabuhanga mu Bufaransa "French Fintech", rigiye kubaka mu Rwanda icyicaro, kizagenzura ibikorwa byose izakorera muri Afurika.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) itangaza ko harimo gutegurwa uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bwifashishwa hagamijwe guca amanyanga yabaga mu kurangiza imanza.
U Rwanda rugiye kohereza Abanyarwanda mu Buyapani kwiga ikoranabuhanga rya Satellite, nyuma y’amasezerano rwasinyanye n’ikigo cyo mu Buyapani gikora satellite.
U Rwanda ruzifashishwa mu gusakaza internet yihuta ya 4G mu karere ruherereyemo, kuko ruri ku isonga mu gukoresha internete ya 4G aho imaze kugezwa kuri 95% by’igihugu cyose.
Umukobwa witwa Salissou Hassane Latifa w’imyaka 23 wo mu gihugu cya Niger ni we wegukanye irushanwa rya Ms Geek Africa 2018.
Abatuye mu Karere ka Rusizi bavuga ko mu iterambere batekerezaga rizabageraho vuba batigeze bakeka ko nabo bakwegerezwa internet yihuta izwi nka 4G.
Minisiteri y’ikoranabuhanga (MiTEC) n’ikompanyi y’ikoranabuhanga Swift-Xi yo mu gihugu cy’u Buyapani, basinyanye amasezerano y’ubufatanye azafasha mu gukemura bimwe mu bibazo by’imibereho y’abaturage mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yemeza ko ikoranabuhanga ari ryo rizafasha ibihugu bya Afurika kwihuza ariko bikazagerwaho leta zibigize nizigira ubushake muri politiki bwo gusakaza ikoranabuhanga kuri bose.
Perezida Paul Kagame avuga ko imiterere ya Afurika ikeneye ko abayituye bakoresha umurongo mugari wa Internet uzwi nka Broadband, kugira ngo babashe guhangana n’ibibazo bidindiza iterambere ry’umugabane.
Kigali ikomeje kwigaragaza nk’ihuriro rikomeye ry’abantu batandukanye muri Afurika no ku isi muri iki kinyejana cya 21.
Rutikanga Fiston urangije ayisumbuye mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Kigali TSS riri muri IPRC Kigali, yakoze akuma kazajya kabuza umushoferi wasinze gutwara imodoka.
Sibomana Aimable yakoze Imbabura yise Canarimwe ikoresha umufuka w’amakara mu gihe cy’amezi atanu, ikazakemura ikibazo cy’abo yahendaga hanarengerwa ibidukikije.
Bitarenze 2018 moto zose zitwara abagenzi zizajya zishyurwa hifashishijwe ikoranabuhanga rya Mobile Money, mu rwego rwo gukomeza guca ihererekanya mafaranga mu ntoki.