Abacuruza ifumbire nyongeramusaruro barasabwa kuba intangarugero mu bahinzi bashyiraho imirima y’ikitegererezo, ndetse bakanongera serivisi nziza bageneraga abaguzi bakora mu bikorwa by’ubuhinzi.
Muri iyi minsi haravugwa ikibazo cy’imbwa z’ishyamba zibasiye amatungo magufi cyane cyane azirikwa (ihene n’intama), mu mirenge ya Nyarubaka na Mbuye yo mu karere ka Kamonyi, ndetse na Shyogwe wo mu karere ka Muhanga.
Tariki 16/12/2011, Ishuri Rikuru ry’Uburezi (KIE) ku butafatanye Amity University yo mu Buhinde batanze impamyabushobozi z’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (master’s degree) ku banyeshuri 50 bigaga amasomo ajyanye n’imicungire y’imishinga mpuzamahanga (Masters in Business Administration International Business), ibijyanye (...)
Daniella Rusamaza ni we wegukanye umwanya wa mbere mu bakobwa bahiga abandi mu bwiza (Nyampinga) mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’ubworozi (ISAE) mu mwaka wa 2011.
Perezida wa Repubulika akaba na Chairman wa FPR-Inkotanyi yatangaje ko umuryango ayoboye uzakomeza gufatatanya n’indi mitwe ya politiki ikorera mu Rwanda mu bikorwa byo gukomeza guteza u Rwanda n’Abaturarwanda imbere kandi buri wese akabigiramo uruhare.
Inama ya Biro Pilitiki y’Ishyaka Riharanira Demokarasi nImibereho Myiza yAbaturage (P.S.D) yateranye ejo muri Alpha Palace Hotel i Kigali yafashe umwanzuro wo gukangurira abayoboke baryo n’Abanyarwanda muri rusange gushyira mu bikorwa imyanzuro yafatiwe mu nama ya cyenda y’igihugu y’umushyikirano kuko ari myiza.
Mu nama nkuru isanzwe ya 11 y’Umuryango FPR-Inkotanyi yabaye ejo kuri petit stade i Remera i Kigali, Chairman w’uwo muryango, Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, yibukije abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi ko buri wese afite inshingano agomba kuzuza.
Mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage bukabije, Leta y’u Rwanda yashyizeho uburyo bwo kuboneza urubyaro butandukanye burimo kwifungisha burundu ku bushake ariko ubu buryo ntibuvugwaho rumwe n’abantu bose.
Uwineza Clarisse wari ufite imyaka ibiri n’igice yitabye Imana, tariki 16/12/2011, ahitanwe n’ikinini cy’inzoka cya Mebendazole mu gikorwa cy’ikingira cy’abana batarengeje imyaka itanu cyaberaga mu murenge wa Kintobo, akarere ka Nyabihu muri iki cyumweru gishize.
Burya igihe icyo ari cyo cyose umuntu uwo ari we wese yagira ubumuga bwo kutabona bitewe n’impamvu runaka. Urugero ni umugabo witwa Nzeyimana Aloys utuye mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi wagize ubumuga bwo kutabona mu mwaka wa 2001 abitewe n’impanuka y’imodoka.
Abarokotse Jenoside bo mu karere ka Bugesera bafite ikibazo ko hari ababangirije imitungo baturutse mu Burundi baburiwe irengero none bakaba bibaza uko bazishyurwa.
Umusifuzi w’umunyarwanda, Felicien Kabanda, yatoranyijwe n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) kugirango azasifure imikino y’igikombe cy’Afurika ariko Banki nkuru y’igihugu (BNR) akorera ntibimwemerera.
Ejo, Zaninka Rose, wo mu murenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu, yaguye mu mukoke maze umwana w’amezi atandatu ahita apfa.
Police Handball Club yabaye iya kane mu marushanwa ahuza amakipe yo muri Afurika yo hagati n’Iburasirazuba yaberaga muri Tanzania.
Jean-Yves Dupeux, uwunganira Munyemana mu rubanza, yatangaje ko Urukiko rw’i Paris rurega Umunyarwanda Dr. Munyemana Sostene, uba mu gihugu cy’u Bufaransa uruhare akekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 .
Urukiko rw’ikirenga rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, tariki 16/12/2011, rwemwje ko Perezida Joseph Kabila ari we watsinze amatora y’umukuru w’igihugu ku majyi 49% ariko uwagize amajwi ya kabiri (32%), Etienne Tshisekedi, ntiyemeranywa n’ibyavuye mu matora.
Nyuma y’ivugururwa rya politiki y’ubwisungane mu kwivuza, haracyari abantu benshi batarabona uburenganzira bwo kwivuza kuko batarabona amakarita yo kwivurizaho.
Koperative y’abigisha koga banabungabunga ibidukikije ku kiyaga cya Muhazi mu Karere ka Rwamagana (CONAPELAM) irategura irushanwa ryo koga rizahuza abiyumvamo ubuhanga bwo koga mu Rwanda hose kuri Noheli y’uyu mwaka.
U Rwanda rubabajwe n’icyemezo cy’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) cyo kurekura Mbarushimana Callixte, umunyamabanga mukuru w’umutwe wa FDRL. Uru rukiko rukaba rwarafashe iki cyemezo kuri uyu wa gatanu ruvuga ko nta bimenyetso bihagije bigaragara.
Umuhinde witwa Jyoti Amge ufite imaya 18 yagiye mu gitabo cya “Guinness des records”, tariki 16/12/2011, kubera ko ari we muntu w’igitsina gore mu gufi ku isi ukiriho; apima santimetero 62,8.
Umwe mu myanzuro yafatiwe mu nama ya cyenda y’igihugu y’umushyikirano ni uko abayobozi bakuru ku rwego rw’igihugu barimo abaminisitiri n’abambasaderi nabo bagiye kujya basinya imihigo y’ibyo bazashyira mu bikorwa nk’uko abayobozi b’inzego z’ibanze babigenza.
Kabarisa Asumani ufite imyaka 24 yatomboye laptop ifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 450 na modem muri tombola yitwa “IZIHIZE NA MTN” ya sosiyete y’itumanaho MTN Rwanda.
Rutahizamu wa Uganda, Emmanuel Okwi, yahawe igihembo cy’umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu gihe we ahamya ko icyo gihembo kitari kimugenewe.
Nyuma yo kwigaragaza cyane mu mikino ya CECAFA yabereye muri Tanzania akanafasha cyane u Rwanda kugera ku mukino wa nyuma, Meddy Kagere arimo gushakishwa cyane n’amakipe akomeye muri aka karere.
Abahanzi bagize itsinda ry’abahanzi bo muri Nigeria, brackets, bageze mu Rwanda tariki 15/12/2011 aho baje kuririmba mu gitaramo cyo gushyira ahagaragara alubumu y’umuhanzi nyarwanda, Knowless. Abandi bitabiriye iki gitaramo ni Madrax (Get Down) wo muri Kenya.
Umugabo witwa Mbonigaba Charles, kuva tariki tariki 14/12/2011, afungiye kuri sitasiyo ya polisi y’umurenge wa Kagano akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha amafaranga y’amakorano.
Ibipimo by’agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda bigaragaza ko mu kwezi k’Ugushyingo guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda kwamanutse kukava kuri 7,76 kukagera kuri 7,39 ariko ibiciro by’ibiribwa byo byiyongereyeho 0,34.
Mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi, tariki 14/12/2011, abanyururu bakora igihano nsimburagifungo (TIG) mu muhanda uva ahitwa Burimbi ujya mu murenge wa Rukomo bahatoye gerenade maze bahita bayishyikiriza ubuyobozi.
Mu ijambo rye risoza inama y’umushyikirano, Perezida Kagame yongeye gutangaza ko Abanyarwanda bakwiye gukomeza guharanira kwihesha agaciro; yongeraho ko birushaho kugira isura nziza iyo umuntu ku giti cye agahaye mugenzi we.
Uyu munsi, abakozi ba MTN Rwanda bari kumwe n’umuyobozi wayo, Khaled Mikkawi, bahaye amaraso ikigo cy’igihugu gitanga amaraso (National Center for Blood Transfusion). Iki gikorwa cyabereye ku cyicaro cya MTN i Nyarutarama.
Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yatomboye AC Milan yo mu Butaliyani mu mikino ya 1/8 cy’irangiza cy’irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwabo ku mugabane w’i Burayi (UEFA Champions League).
Enterprise Urwibutso irateganya gutanga ingemwe z’imizabibu ku baturage ba Rulindo bifuza kuyihinga kuko byagaragaye ko ubuhinzi bwayo bushoboka mu Rwanda.
Uwayoboraga ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri, Rurangirwa Louis, yarekuwe tariki 14/12/2011nyuma y’aho uwamwunganiraga mu butabera agaragarije ko ibyo yaregwaga nta shingiro bifite ariko ntarasubira mu kazi ke nk’uko bisanzwe.
Bizimana Emmanuel na Twambazimana Vianney n’umugore witwa Nyirabuhazi Thacienne bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata nyuma yo gufatirwa mu cyuho batetse inzoga zitemewe zirimo kanyanga n’iyo bita ibikwangari.
Umugaba w’ingabo z’u Rwanda, Lt Gen. Charles Kayonga, yashimye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu gucunga umutekano mu gihugu cya Sudan.
Tariki 14/12/2011, umuririmbyi King James aravuga ko kuba yaranditse ku rubuga rwa facebook ko ari “single” (ingaragu) bitavuze ko ashakisha umukunzi.
Umuririmbyikazi uririmba mu njyana ya pop witwa Lady Gaga ni we winjije amafaranga menshi kurusha abandi muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika no ku isi muri rusange.
Tariki 14/12/2011 ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza, abantu 2 bitabye Imana barohamye mu mugezi wa Mwogo umwe muri bo aboneka yapfuye undi aburirwa irengero.
Ishami ry’Ubujurire ry’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) tariki 14/12/2011, ryasabye ko igihano cy’imyaka 30 cyasabiwe umucuruzi Kanyarukiga Gaspard cyakongererwa.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yateguriye Abanyarwanda baba mu mahanga bitabiriye inama ya cyenda y’igihugu y’umushyikirano gahunda y’iminsi ine yo kubatembereza mu Rwanda no kubereka intambwe nziza rugezeho.
Mu ijoro rya tariki 13/12/2011 inka eshatu z’inzungu z’uwitwa Bizimana Samuel zatemewe mu kagari ka Cyamabuye mu murenge wa Karago mu karere ka Nyabihu.
Perezida Kagame aremeza ko Abanyarwanda badakeneye ubigisha kwigenga kuko ari bo ubwabo bihitiramo uburyo bubaka igihugu cyabo. Ibi yabigarutseho mu nama y’umushyikirano y’iminsi ibiri yatangiye uyu munsi mu nzu Inteko Ishinga Amategeko ikoreramo ku Kimihurura i Kigali.
Imibare yashyizwe ahagaragara n’ibipimo mpuzamahanga ku miyoborere myiza (Worldwide Governance Indicators 2010) igaragaza ko 90% by’abashakashatsi b’abanyamahanga bemeza ko Abanyarwanda 98% bafitiye icyizere ingabo z’u Rwanda.
Pivotech Company Ltd ejo yagiranye amasezerano n’ubuyobozi bw’ikigo cy’ubushakashatsi (IRST) yo kugerageza mazutu ikorwa n’icyo kigo mu bimera.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Agnes Kalibata, aganira n’abanyamakuru tariki 13/12/2011, yasobanuye uburyo gahunda ya Girinka Munyarwanda ikorwa; by’umwihariko kubona inka binyuze mu ma banki.
Ejo, Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda, Donald Koran, yagiriye uruzinduko mu karere ka Gicumbi mu gikorwa cyo kureba iterambere ry’akarere no gusura impunzi z’Abanyekongo ziba mu nkambi ya Gihembe.
Intore zigizwe n’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu karere ka Muhanga zirasabwa kuba umusemburo w’amahoro n’amajyambere mu Banyarwanda bose.
Higiro Prosper, wahoze ari senateri, yatorewe kuba umunyamabanga mukuru w’Inama Mpuzamahanga igamije kwimakaza amahoro mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR). Yatorewe manda y’imyaka itatu ishobora kongerwa.