Higiro Prosper: yatowe kuba umunyamabanga mukuru wa ICGLR

Higiro Prosper, wahoze ari senateri, yatorewe kuba umunyamabanga mukuru w’Inama Mpuzamahanga igamije kwimakaza amahoro mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR). Yatorewe manda y’imyaka itatu ishobora kongerwa.

Higiro yavuze ko yishimiye imirimo mishya ashinzwe maze yizeza ko azakoresha imbaraga ze zose n’ubunararibonye buhagije ngo ikibazo cyo gukoresha amabuye y’agaciro mu bikorwa bibangamiye umudendezo w’abaturage gikemuke burundu.

Yiyemeje kandi kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gushaka amafaranga ICGLR ikeneye ngo isohoze inshingano zayo ndetse no gushaka inyubako iri aka kanama kazakoreramo. Ubwo yatorwaga hamejwe ko aka kanama kazagira icyicaro muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo.

Higiro yatowe kuri uyu mwanya n’abahagarariye Inteko zishinga amategeko mu bihugu by’u Burundi, Repubulika y’Afurika yo Hagati, Kongo Brazzaville, Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, Kenya, Uganda, Sudani, Zambiya n’u Rwanda mu nama yabahuje i Kampala muri Uganda ku matariki ya 12 na 13 Ukuboza uyu mwaka.

Inama Mpuzamahanga igamije kwimakaza amahoro mu karere k’ibiyaga bigari ifite intego nyamukuru yo guhwiturira abayobozi n’abanyepolitiki bo muri aka karere igihe cyose bari mu bikorwa bidateza imbere amahoro n’umudendezo mu baturage.

Hatari Jean d’Amour

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka