Abarobyi bakorera mu kiyaga cya Kivu bavuga ko bahangayikishijwe n’imitego ikoreshwa na bamwe muri bo mu kuroba isambaza zitarakura, bikaba bishobora kugabanya umusaruro w’isambaza mu minsi iri imbere, mu gihe Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), idahwema kubibabuza.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Rubavu bakomeje gusaba abantu bazi ahatawe imibiri y’abishwe gutanga amakuru kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.
Imibiri ibarirwa mu bihumbi icyenda ishyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Bigogwe mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu yimuriwe mu Rwibutso rwa Nyundo, mu gihe hitegurwa imirimo yo kuvugurura uru rwibutso.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo) yagaragaje ko ingabo za Angola zigiye koherezwa muri Congo zitajyanywe no kurwana nk’uko benshi babikeka, ahubwo zigiye kureba ko ibyemerwa n’impande zihanganye mu Burasirazuba bwa Congo byubahirizwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro bwatangaje ko bwiteguye gukorana n’abafatanyabikorwa bako, kugira ngo kave mu myanya ya nyuma mu mihigo, kuko kaje ku mwanya wa 26 mu turere 27, mu mihigo ya 2021-2022, bugaragaza bimwe mu byatumye bajya kuri uwo mwanya.
Ikirunga cya Nyamulagira giherereye muri Teritwari ya Nyiragongo muri Kivu y’Amajyaruguru muri Congo, ku mugoroba tariki 13 Werurwe 2023 cyatangiye kugaragaza ibimenyetso byo kuruka, abagituriye basabwa kuba maso.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) hamwe n’abafatanyabikorwa, barimo kuganira ku hashyirwa imbaraga mu kugeza u Rwanda kuri gahunda rwihaye y’imyaka irindwi, 2017-2024, yiswe National Strategy for Transformation (NST 1).
Impunzi z’Abanyekongo zahunze intambara muri Teritwari ya Rutshuru, Masisi na Nyiragongo, zikomeje kugaragaza ko imibereho yazo itameze neza, zigasaba kwitabwaho cyane cyane mu bijyanye no kubona ibizitunga.
Umuryango Mpuzamahanga wa gikirisitu, World Vision ishami ry’u Rwanda, ku bufatanye n’ikigega cy’Abanyakoreya, Koica, bubatse amasoko abiri mu Karere ka Rutsiro azafasha abagore gucuruza baticwa n’izuba.
Itsinda rya EJVM ryashyikirijwe imirambo ibiri y’abasirikare ba RD Congo barasiwe ku butaka bw’u Rwanda, harimo uwarashwe tariki 19 Ugushyingo 2022 n’undi warashwe tariki 4 Werurwe 2023, bose barasiwe mu Murenge wa Gisenyi barimo kurasa ku birindiro by’ingabo z’u Rwanda.
Abaturage b’i Goma baturiye umupaka uhuza Goma na Gisenyi bateye amabuye itsinda ry’ingabo z’Akarere k’ibiyaga bigari zihuriye mu muryango wa ICGLR zasuye umupaka uhuza u Rwanda na Congo mu Murenge wa Gisenyi aharasiwe umusirikare wa Congo winjiye arasa ku birindiro by’ingabo z’u Rwanda akahasiga ubuzima.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko ishuri ry’imyuga rya Kiraga mu murenge wa Nyamyumba rimaze imyaka icumi ryubakwa rigiye kuzuzwa rigakorerwamo.
Ubuyobozi bwa Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko ibicuruzwa bivuye mu bice byafashwe na M23 byemerewe kwinjira mu mujyi wa Goma.
Abaturage bakorera ubworozi muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru, bavuga ko intambara ya M23 n’ingabo za Congo (FARDC) imaze kubatwara inka ibihumbi 20 hamwe no kwangiza uruganda rutunganya ibikomoka ku mata rwa Luhonga rwari rufite agaciro k’amadolari ya Amerika ibihumbi 800.
Umuyobozi w’ibitaro bya Gisenyi CSP Dr.Tuganeyezu Oreste, asaba abatuye Akarere ka Rubavu kongera ibikorwa by’isuku mu kwirinda icyorezo cya kolera, kiri mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokasi ya Congo (RDC) mu bice byegereye u Rwanda, akavuga ko barimo gukingira iseru mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo zihungira mu Rwanda.
Abaturage basanzwe bakora imirimo y’ubuvumvu mu nkengero za Pariki ya Gishwati batangaza ko umusaruro w’ubuki ugenda ugabanuka umunsi ku wundi bitewe n’itemwa ry’amashyamba atarakura hamwe no gukoresha imiti yica udusimba mu myaka.
Abahinzi b’ibirayi mu Karere ka Rubavu batangaza ko bizeye kongera kubona umusaruro w’ibirayi mu mezi atatu ari imbere bitewe n’igabanuka ry’igiciro cy’ifumbire n’imbuto.
Icyegeranyo cyakozwe n’urwego rw’igihugu rushinzwe imiyoborere RGB n’ikigo cy’igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana NCDA bagaragaje uko umutekano w’abana mu ngo mbonezamikurire ukiri hasi ugereranyije n’izindi serivisi bahabwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bwamaze gutanga isoko ryo kubaka imihanda yamenaga amazi mu mujyi wa Goma, ibi bikazajyana no guhindura imiterere y’imihanda y’amabuye itagiraga inzira y’amazi igahabwa inzira imena amazi mu kiyaga cya Kivu.
Ubuyobozi bw’ikigo cya Vision Jeunesse Nouvelle gikorera mu Karere ka Rubavu butangaza ko bamwe mu bangavu baterwa inda batandikisha abana kubera gutinya gufungisha ababateye inda.
Ubuyobozi bw’umuryango wa La Benevolencia busaba itangazamakuru gukora kinyamwuga bwirinda gukwiza ibihuha no kubiba amakimbirane akomeje gufata intera mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko abazakorera mu isoko rya Gisenyi, bagomba kwizezwa umutekano mbere yo kurikoreramo, cyane ko ryubatse iruhande ry’ahanyuze umututu watewe n’imitingito yakomotse ku iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.
Abashoferi batwara imodoka zitwara imizigo ziyikuye hanze y’u Rwanda ziyizana mu Karere ka Rubavu baravuga ko barimo kuba ku gasozi kubera kutabona aho bashyira ibicuruzwa bazanye.
Ubuyobozi bwa Shema Power ikorera mu Kiyaga cya Kivu ibyo gucukura Gaz methane, butangaza ko bamaze gukora igerageza ryo gutanga Megawatt 15.
Inama y’Abakuru b’ingabo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yashyizeho gahunda y’uko ingabo zizoherezwa mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zizacunga amahoro.
Urubyiruko 3,483 rumaze umwaka rugororerwa Iwawa, runigishwa imyuga n’ubumenyi ngiro, rwiyemeje kudasubira mu ngeso mbi kuko bituma ntacyo bageraho.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, avuga ko igwingira rikomeje kuboneka mu miryango riterwa n’ubusinzi, amakimbirane mu miryango n’abana babyara abandi bakabareresha ba nyirakuru na bo batishoboye.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’Igihugu gishinzwe igororamuco (NRS), bwatangaje ko n’ubwo urubyiruko rurangije amasomo y’imyuga n’igororamuco ruzasubira mu miryango yabo, hari abadafite imiryango bagera kuri 79 bazaguma Iwawa, kugeza uturere bavuyemo tubaboneye aho kuba.
Abanyarwanda baturiye Umujyi wa Goma bongeye gusubukura ibikorwa byambukiranya umupaka nyuma y’uko imyigaragambyo yari yatangijwe n’urubyiruko mu mujyi wa Goma ihagaze mu bice bimwe.
Abanyarwanda basanzwe bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bahagaritse ibikorwa byabo mu mujyi wa Goma nyuma y’uko urubyiruko rw’Abanyekongo rubyukiye mu myigaragambyo yatumye ibikorwa bihagarara muri uyu mujyi mu rwego rwo gusaba ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) n’ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (...)