Bamwe mu batuye Akarere ka Karongi bavuga ko batashimishijwe n’umwanya wa 25 akarere kagize mu kwesa imihigoimihigo y’umwaka wa 2015-2016.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) ivuga ko yashyizeho amabwiriza mashya, mu bucuruzi bw’imiti y’imyaka n’amatungo, n’ifumbire mvaruganda, kuko bwakorwaga mu kajagari.
Ku nkengero z’umugezi wa Nyacyondo mu karere ka Karongi hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Munyakazi Adrien bikekwa ko yatwawe n’amazi.
Ayinkamiye Emerence umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, aributsa ababyeyi ko gutoza abana kwizigamira, ari ukubagabanyiriza ibibazo bashobora guhura nabyo imbere.
Migabo Celestin wari umukuru w’umudugudu wa Gisunzu, mu karere ka Rutsiro, umuryango we wamusanze mu bwiherero, yimanitse mu mugozi yapfuye.
Imvura yaguye muri Karongi ku mugoroba wo ku itariki 16 Nzeli 2016, yahitanye abantu batatu n’inka imwe inasenya amazu atatu.
Abaturage bo mu Murenge wa Rubengera mu karere ka Karongi, bahangayikishiijwe n’insinga z’amashanyarazi zidafunitse, zica hafi y’amazu yabo.
Abigishijwe gusoma no kwandika bo mu Murenge wa Ruganda, Akarere ka Karongi, bavuga ko batakigira ipfunwe ry’ubujiji, mu bandi.
Abatuye umurenge wa Rubengera mu karere ka Karongi, bavuga ko umukino w’urusimbi bakunze kwita “Akazungu Anarara” ukwiye gucika kuko ubahombya.
Umusore wo mu Karere ka Karongi yafashwe n’abaturage mu rugo rw’abandi bamushinja kuza kuhasambanyiriza umugore wa ny’iri urwo rugo.
Umwana witwa Benegusenga Elyse wo mu Kagari ka Kabuga, Umurenge wa Rugabano, mu Karere ka Karongi yaraye arohamye mu mugezi ahita apfa.
Abaturiye Umugezi wa Mashyiga mu Karere ka Karongi barasabwa kumva ko ibikorwa byawushyizweho mu rwego rwo kuwubungabunga ari inyungu zabo, bakabyitaho.
Abakozi bashinzwe iterambere mu tugari tugize Akarere ka Karongi barashinjwa intege nke mu ikorwa ry’amatsinda ya "Twigire Muhinzi".
Abifite mu Karere ka Karongi barasabwa kongera ingufu mu kwita ku bana b’impfubyi kuko ababigiramo uruhare cyane ari abaciriritse.
Abavandimwe babiri bo mu Kagari ka Gasharu, Umurenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi barashinjwa kwica uwo bava inda imwe bafatanyije n’umututuranyi.
Kuri uyu wa 25 Kanama 2016, Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi rwemeje ko umunyemari Mugambira Aphrodice wari wajuririye igufungo cy’iminsi 30 y’agateganyo akomeza gufungwa.
Umwarimu ku ishuri ryo mu Murenge wa Rubengera muri Karongi, yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu, nyuma yo gufatanwa kanyanga n’urumogi.
Mugambira Aphrodis, nyiri Hotel Eden Golf Rock yajuririye kudafungwa iminsi 30 yari yakatiwe, ariko urukiko ntirwagira umwanzuro ruhita rufata ako kanya.
Umukozi ushinzwe iterambere mu Kagari ka Kavumu, Umurenge wa Twumba, Akarere ka Karongi, Nsabimana Ildephonse yatemwe mu mutwe n’umuturage bari kumwe mu kabari.
Bamwe mu babyeyi n’abarezi bo muri Karongi bavuga ko basanga gahunda yo kuba buri munyeshuri afite mudasobwa itoroheye buri wese.
Akarere ka Karongi gatangaza ko gasanga uburyo bushya bwo gukorera ku mihigo ku barimu ndetse n’abayobozi babo bizatanga umusaruro mwiza.
Abaturage bo mu Karere ka Karongi barasabwa ubushishozi mu guhitamo abo babona bagaragaye nk’abarinzi b’igihango mu bihe bikomeye bitandukanye igihugu cyanyuzemo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi butangaza ko bufite abaturage ibihumbi 37 batazi gusoma no kwandika, hakaba gukorwa ibishoboka bagakurwa mu bujiji.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi butangaza ko mu banyeshuri 4278 bari bataye ishuri mu myaka y’amashuri ya 2015 na 2016, hakiri 827 batarabasha kurisubizwamo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi burasabwa imbaraga zidasanzwe mu mashuri y’incuke kugira ngo umwaka wa 20016-2017 usige bageze ku kigereranyo cyifuzwa ku mubare wayo.
Abayobozi mu nzego zitandukanye zigize Akarere ka Karongi basanga uburyo bushya bwo guhiga hifashishijwe ikoranabuhanga buzatanga umusaruro kurushaho.
Urukiko rw’Ibanze rwa Bwishyura mu Karere ka Karongi rwemeje ko Mugambira Aphrodice ukurikiranyweho icyaha cyo gushishikariza, koshya cyangwa kuyobya umuntu umushora mu buraya, afungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi burizeza abaterwa impunge n’ibyiciro by’ubudehe bashyizwemo ko mu kubagenera serivisi hazajya habanza gushishozwa ku bushobozi bwabo.
Urukiko rw’Ibanze rwa Bwishyura mu Karere ka Karongi rwaburanishije Mugambira Aphrodice ukurikiranyweho icyaha cyo gushishikariza, koshya cyangwa kuyobya umuntu umushora mu buraya.
Abayobozi b’Akarere ka Karongi batangaza ko nyuma yo kwibonera ibyiza byinshi bigize Umudugudu wa Mbuganzeri byabahaye isomo, bakaba biyemeje nabo kuwugira.