Mu Karere ka Rutsiro ku mugoroba wo kuri uyu wa 22 Mata 2017 inka yaraye iramburuye (ibyaye inka zitagejeje igihe) utunyana dutanu.
Kuva KT Radio yatangira kumvikana mu gace k’Iburengerazuba bw’igihugu, abagaturiye bemeza ko batangiye kumva ibiganiro n’amakuru bishya batari basanzwe bamenyereye.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo (GMO) ruvuga ko uburinganire butubahirizwa muri gahunda nyinshi zishyirwa mu bikorwa.
Abahinzi ba Kawa bo mu Karere ka Karongi batangaza ko banezerewe kubera ko igiciro cya Kawa cyazamutse.
Abajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Karongi bibumbiye mu ihuriro ʺKarongi Community Health Workers Investment Group (CHWIG) ʺ barubaka inzu y’ubucuruzi izuzura itwaye Miliyoni 295RWf.
Abiga muri Christian University of Rwanda (CHUR) bavuga ko bakurikije gahunda ifite, bizeye kuyirangizamo baramaze kwihangira imirimo.
Ishami rishinzwe ubuhinzi mu Karere ka Karongi ritangaza ko ubwitabire bw’urubyiruko mu bikorwa by’ubuhinzi bukiri hasi.
Abategera imodoka cyangwa moto ahazwi nko ku giti cy’ "Imana y’Abagore" muri Karongi babangamiwe no kuba nta bwiherero buhaba.
Abayobozi batandukanye mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bimanaga amakuru cyangwa ntibayatange neza, kuko batari basobanukiwe n’itegeko rigena imitangire y’amakuru.
Imiryango 140, yo mu murenge wa Rugabano i Karongi, izimurwa ahazahingwa icyayi iri kubakirwa umudugudu w’icyitegererezo ugizwe n’inzu 35.
Abagore bo mu Karere ka Karongi bavuga ko abenshi mu bagabo badakozwa ibyo kubaherekeza mu gihe bagiye gupimisha inda batwite.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwongeye umunsi ku wari usanzwe isoko ry’akarere ryaremeragaho, bitewe n’abarirema barino n’abaturutse muri Congo biyongereye.
Abaturage batandukanye bo muri Karongi bavuga ko batarasobanukirwa ibijyanye n’itegeko ryo gukuramo inda uretse ngo kumva ko ryashyizweho gusa.
Abaturage b’Umurenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro batangaza ko umubyeyi ubyariye mu rugo acibwa ibihumbi 10RWf, ibintu bafata nk’akarengane bakorerwa.
Ababyeyi basiga abana ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo (DRC) bagiye gucuruza i Goma, bagiye gushyirirwaho amarerero bazajya basigamo abana babo.
Abagize Koperative Kopakaki dutegure ihinga Kawa mu Karere ka Karongi bishimiye kuba batazongera kuratirwa uburyohe bwa Kawa bezaga bakayohereza hanze batazi uko imera.
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Ayinkamiye Emmerance avuga ko kwandikisha umwana mu bitabo by’irangamimerere ari bumwe mu buryo bwo kumuha agaciro ke.
Abagezweho na gahunda yo kurwanya indwara y’igicuri mu Karere ka Rutsiro biyemeje gusobanurira bagenzi babo bacyumva ko iterwa n’amashitani.
Ishami rishinzwe ubuhinzi mu Karere ka Karongi ritangaza ko gutanga ibihembo ku bafashamyumvire ari kimwe mu bizazamura ubuhinzi.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) ivuga ko bitemewe gufatira cyangwa gukata umushahara w’umukozi mu gihe yakoze amakosa mu kazi.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse arakangurira abayobozi b’uturere tugize iyo ntara gukorera hamwe nk’abagize ikipe y’abatwara amagare bari mu marushanwa.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba avuga ko kuba uwa mbere mu mihigo bisaba gukora cyane, hagakorwa ibihanitse ibyoroshye bikajya ku ruhande.
Minisitiri ushinzwe gucyura impunzi no gukumira ibiza, Mukantabana Seraphine avuga ko ubukene ari impamvu y’umutima mubi ugaragara muri bamwe.
Abanyeshuri baherutse kurangiza amahugurwa muri Isiraheli baremeye ihene 50 abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe abatutsi bo muri Karongi.
Minisiteri y’ibikorwa remezo (MINENFRA) ivuga ko imiyoboro y’amazi yangiritse mu Ntara y’Iburengerazuba izatwara akayabo ka Miliyari zisaga 3,4 kuyisana.
Guverineri mushya w’Intara y’Iburengerazuba avuga ko agiye gufatanya n’abayobozi b’uturere n’abadutuye kugira ngo babashe kwesa imihigo uko bikwiye.
Abaturage bo mu Karere ka Rutsiro batangaza ko kuba bamwe batitabira gutanga amafaranga ya Mitiweli babiterwa n’ubukene buri mu miryango yabo.
Komisiyo y’igihugu yita ku bana (NCC) ivuga ko ibibazo by’imwe mu miryango nk’amakimbirane, biri mu bituma abana b’imfubyi bayijynwamo, bayivamo.
Abana batatu bava inda imwe bo mu karere ka Rutsiro bahitanwe n’inkuba yabakubise ubwo hagwaga imvura ku itariki ya 30 Nzeli 2016.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri muri Karongi bavuga ko gahunda yo kunywa igikoma ku ishuri yatumye bamwe mu bana bataye ishuri barisubiramo.