Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA buratangaza ko amakipe y’abari n’abategarugori nayo agiye kujya akinira igikombe cy’amahoro.
Ubuyobozi bw’ikipe y’Isonga buratangaza ko n’ubwo bwamaze gufata icyemezo cyo gusezera mu marushanwa ategurwa na FERWAFA bishoboka ko igihe nikigera ikipe izagaruka guhatana.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda buratangaza ko nta kipe y’u Rwanda izitabira amarushanwa yo koga azabera muri Tanzaniya.
Ikipe yari ihagarariye u Rwanda mu irushanwa ry’akarere ka gatanu mu mukino w’intoki wa Basketball ryaberaga Uganda yatsindiwe ku mukino wa nyuma.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Ukwakira 2017 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yatangiye imyitozo ku kibuga gishya umuterankunga wayo Skol yabubakiye.
Muramira Gregoire Perezida wa "Isonga Fc" aratangaza ko kuba barafatiwe ibihano byo kutazamuka mu cyiciro cya mbere bitazabaca intege ahubwo bazakina icyiciro cya kabiri n’umurava.
Nzayisenga Charlotte umukinnyi w’ikipe y’umukino w’intoki Volleyball Rwanda Revenue Authority avuga ko iyi kipe yitwara neza bitewe n’ubuyobozi bwiza bwayo.
Ikipe y’umukino w’intoki Volley ball ya Kirehe n’iya APR nizo zatsindiye kuzakina umukino wa nyuma mu bagabo mu irushanwa rya Crre D’as.
Karekezi Olivier aratangaza ko ikibuga Skol yubatse bazajya bakoreraho imyitozo kizabafasha kwitwara neza no kugendera kuri gahunda ihamye.
Ikibuga cy’imyitozo uruganda rwenga ibinyobwa rwa Skol rwubakiwe ikipe ya Rayon Sports kiramurikwa kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nzeli 2017.
Ikipe ya Police yerekanye abakinnyi bashya yaguze banahabwa nimero bazajya bakinana mu mwaka w’imikino 2017/2018 ariko ubuyobozi buyisaba ko igomba kwegukana shampiyona.
Ikipe ya Kiyovu Sport yatangaje ko yasinyishije Kalisa Rachid wakinaga muri MFK TOPVAR Topoľčany yo mu gihugu cya Slovakia.
Kuri uyu wa 24 Nzeli 2017 ni bwo irushanwa rya “Ambassador’s Cup” ryasojwe aho u Rwanda rwaryegukanye ku nshuro ya gatanu ribera mu Rwanda.
Ikipe izatsinda mu mukino w’igikombe kiruta ibindi Super Coupe hagati ya APR FC na Rayon Sport izahabwa Miliyoni 5Frw.
Ikipe y’igihugu ya Misiri y’abagabo niyo yegukanye igikombe cy’Afurika mu mukino w’intoki wa Volley ball y’abafite ubumuga mu gihe mu bagore igikombe cyegukanywe n’u Rwanda.
Uwahoze ari umutoza wa Kiyovu Sports aratangaza ko nta gahunda afite yo kongera gutoza amakipe yo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri vuba.
Mutuyimana Evariste wari umunyezamu wa Rayon Sports witabye Imana ku wa 12 Nzeli 2017 umuhango wo kumuherekeza uzaba ku cyumweru tariki ya 17 Nzeli 2017.
Umutoza wa Bugesera Ally Bizimungu aratangaza ko ikipe ye ihagaze neza ku buryo azubahiriza amasezerano yagiranye n’ubuyobozi bw’ikipe.
Rayon Sports na APR zatangiye neza zitsinda imikino ibanza y’irushanwa ry’ Agaciro Championship.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket yatangiye neza irushanwa ry’igikombe cy’Afurika itsinda umukino wayo wa mbere.
Umunyezamu mushya w’ikipe ya Kiyovu Sports Ndoli Jean Claude aratangaza ko n’ubwo yumva agifite ingufu zo gukina mu izamu ariko ko habura igihe gito ngo asezere ruhago.
Bamwe mu bakinnyi baguzwe n’ikipe ya Kiyovu uyu mwaka barayishinja kubakerereza kubona amafaranga yabo bari bumvikanye ubwo bagurwaga.
Kuri uyu wa 2 Nzeli 2017 ikipe ya Mukura Victory Sport yasinyishije abandi bakinnyi babiri ihita inatangaza ko ifunze imiryango yo kugura undi mukinnyi.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze ibitego 3-1 itsinda ry’abakinnyi bakomoka muri Nijeriya baje mu Rwanda gushaka amakipe yabarambagiza.
Umutoza utoza ikipe ya APR fc Jimmy Mulisa aratangaza ko ashishikazwa no kumenya ibigendanye n’ikipe atoza ataba ashaka kumenya ibibera mu yandi makipe.
Ikipe ya Police FC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino y’Abapolisi EAPCO (East African Police Chiefs Cooperation Organization) bo mu karere ka Afurika y’i Burasirazuba, yasoje iryo rushanwa iri ku mwanya wa kabiri.
Ikipe ya Polisi yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma mu mikino ya gipolisi ihuza amakipe ya gipolisi muri Afurika yo hagati n’iy’Iburasirazuba iri kubera i Kampala muri Uganda.
Ndagijimana Daniel Utuye mu kagari ka Ruyonza mu murenge wa Ruramira muri Kayonza yegukanye irushanwa ryo gusiganwa ku magare bishimira intsinzi ya Perezida Paul Kagame.
Ikipe ya Polisi yerekeje muri Uganda kwitabira imikino ihuza amakipe y’abapolisi yo mu karere ka Afurika y’iburasirazuba izabera i Kampala guhera tariki ya 24 kugeza tariki ya 30 Kanama 2017.
Ikipe y’igihugu Amavubi yatsinzwe na Uganda ibitego 3-0 mu mukino ubanza wo gushaka itike ya CHAN ibashije kuyigaranzura iyitsinda 2-0 ntibyagira icyo biyimarira kuko yahise isezererwa.