Ikipe ya Rayon Sport imaze kunyagira Kiyovu ibitego 3-0 ihita yikuraho ikimwaro yambitswe na APR muri ½ mu irushanwa rya As Kigali Pre-season Tournament.
Uwacu Julienne uyobora Ministeri ya Siporo n’umuco (Minispoc) aratangaza ko umusaruro muri siporo y’u Rwanda muri rusange ukomeje kuba mubi ariko akavuga ko hakwiye gushakwa uburyo waba mwiza.
Ikipe ya Vita Club yo mu gihugu cya Congo-Kinshasa yamaze kubona itike yo gukina umukino wa nyuma mu irushanwa “As Kigali Pre-season Tournament” nyuma yo gutsinda Kiyovu 1-0.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA ryasohoye uko ibihugu bikurikiranye ku isi mu mupira w’amaguru mu kwezi kwa Nzeli maze rishyira u Rwanda ku mwanya wa 107 ruvuye ku wa 121 rwari ruriho mu kwezi kwa 8.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’abagore yamaze gusezererwa mu mikino ya CECAFA idatsinze umukino n’umwe mu mikino ibiri yakinnye.
Rayon Sports FC yanyagiye ikipe y’Iburasirazuba Sunrise FC, mu irushanwa “AS Kigali Pre-Season Tournament”, ibitego 4-0 ibona itike ya ½.
Gasore Hategeka aratangaza ko afite icyizere cyo kuzegukana irushanwa rya Tour du Rwanda 2016.
Mu mukino wa mbere w’irushanwa ryiswe As Kigali Pre-season Tournament ryateguwe n’ikipe ya AS Kigali, yaritangiye itsindwa.
Bizimana Abdul bakunze kwita Bekeni, watozaga ikipe y’Amagaju yo mu cyiciro cya mbere, ashobora kwerekeza mu gihugu cya Zambiya .
Amakuru agera kuri Kigali Today, aratangaza ko Kanyankore Yaounde uherutse gutangazwa nk’umutoza mukuru wa APR FC yahagaritswe kuri iyi mirimo.
Jimmy Mulisa utoza by’agateganyo ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Amavubi, atangaza ko kugwa miswi n’ikipe ya Ghana, babikesha kwikuramo igihunga.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, MIGEPROF, isanga abagore ari bo bafite urufunguzo rwo kurwanya ubuharike kuko ari bo pfundo ryabwo.
Akarere ka Rutsiro kasabye abacuruzi bo mu isantere ya Gakeri mu Murenge wa Ruhango kugira ubwiherero bitarenze iminsi 15.
Bamwe mu bari abanyamurango ba koperative yo kubitsa no kugurizanya, Coopec-Dukire, yo mu Murenge wa Mushonyi muri Rutsiro bahangayikishijwe n’amafaranga bari barabikijemo kuko iyi koperative yahombye.
Abatuye mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bahinduye imibereho yabo babikesha kujya mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro n’ubw’inzego z’umutekano zigakoreramo bwagiranye inama n’abaturage b’Umudugudu wa Bitenga mu Kagari ka Kavumu mu Murenge wa Ruhango, buburira abatema inka z’abaturage.
Musenyeri wa Diyosezi ya Nyundo Mwumvaneza Anaclet yahaye ububasha bw’ubusomyi bw’ivanjili n’ubuhereza Abafaratiri 14 bitegura kuba ba Padiri, abasaba kuzakora inshingano bahawe.
Abana batatu bo mu Kagari ka Gisiza mu Murenge wa Musasa ho mu Karere ka Rutsiro bakubiswe n’inkuba babiri bahita bitaba Imana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buhangayikishijwe n’ikibazo cy’ubwitabire buke bw’abatanga ubwisungane mu kwivuza kandi ngo abiganje ni abataraboneje urubyaro ndetse n’ababyara mu mihana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko bwahagurukiye abayobozi b’inzego z’ibanze bagira uruhare mu kuroba bitemewe n’amategeko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro burahamagarira ababishoboye bose kubafasha kwishyurira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza abatishoboye batuye muri aka karere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buratangaza ko bwimuye abanyamabanga nshingwabikorwa ngo hagambiriwe kugirango batizanye ingufu.
Abarimu bo mu Karere ka Rutsiro batangaza ko mudasobwa bagiye guhabwa ku nguzanyo na ASID (African Smart Investment Distribution) zizabafasha kunoza akazi kabo.
Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge hamwe na Unity Club, bugaragaza ko Akarere ka Rutsiro kaza imbere mu kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative y’Abakozi b’Akarere ka Rutsiro COTOPROCO (Congo Nil tourism Promotion cooperative) ngo bagiye gusezera bitewe n’imicungire yayo mibi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buranenga abayobozi bashinzwe uburezi mu mirenge(Sector Education Officer)kudakora inshingano bahawe zo gukora ubugenzuzi ku bigo by’amashuri.
Abacururiza mu isoko rya Gisiza ryo mu Murenge wa Musasa muri Rutsiro bavuga ko nabo babangamiwe no gucururiza mu muhanda bagasaba isoko.
Abaturiye Ikigo Nderabuzima cya Congo-Nil, mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro baravuga ko babangamiwe no kutahabona serivisi zo kuboneza urubyaro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro burabuza abayobozi b’ibigo by’amashuri bitanga imibare idahuye n’abanyeshuri bafite ku bigo, bagamije guhabwa amafaranga menshi yo gukoresha.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bataye ishuri batararisubizwamo ari 800 mu 3780.