Shyorongi: Impanuka yakomerekeje abagenzi ku muhanda wa Kigali - Musanze

Mu muhanda Kigali-Musanze ahazwi nko muri Kanyinya ya Shyorongi habereye impanuka abantu barakomereka.

Ni impanuka bivugwa ko yatewe no kuba umuhanda wanyereye kubera imvura yabyutse igwa, aho RITCO yavaga i Rubavu ijya i Kigali yaguye mu muhanda izindi modoka ebyiri zirenga umuhanda abantu barakomereka.

Umwe mu bagenzi bari mu modoka ya RITCO yagize ati: "Abenshi twari twasinziye kuko twazindutse tuva i Rubavu tuza i Kigali. Tugiye kumva twumva imodoka iraguye.Bamwe bakomeretse cyane barimo kubajyana kwa muganga".

Iyi mpanuka ibaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Mata 2025.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Twihanganishije abakomerekeye muriyi mpanuka gusa abashoferi nibabe maso igihe nkiki kuko abonye umuhanda wanyereye yabwira abagenzi ati mubemuvutemo

Cyuzuzoaderal yanditse ku itariki ya: 21-04-2025  →  Musubize

hari igihe na bashoferi baba bibereye mubindi bintu
muri telepfone.

byiringiro cyprien yanditse ku itariki ya: 23-04-2025  →  Musubize

Nibibazo gusa Imana ishimwe niba ntawapfuye

Claude yanditse ku itariki ya: 18-04-2025  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka