Ababyeyi bavuga ko inzu nshya y’ibyariro (Materinite) y’Ibitaro bya Gahini izaborohereza ingendo bakoraga bajya konsa impinja zavutse zitagejeje igihe,kuko byabagoraga cyane dore ko baba batarakomera umugongo.
Ihuriro ry’abaganga batera ikinya mu Rwanda (Rwanda Association of Anesthetists) ryashyize ahagaragara igitabo kigenga uwo mwuga hagamijwe gukumira amakosa awugaragaramo.
Abarwayi b’impyiko bajya kwivuriza ku bitaro bya bigisirikare bya Kanombe barizezwa ko batazajya boherezwa kuvurirwa ahandi kuko ibyo bitaro bigiye kujya nabyo bibavura.
Nubwo nta mibare izwi y’abarwayi banga guhabwa amaraso, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko bene abo barwayi bakomeje kugaragara mu bitaro.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko 1% by’abantu barengeje imyaka 50 y’amavuko,bafite uburwayi bw’amaso.
Abari batuye ku Kirwa cya Bushonga mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera bubakiwe umudugudu w’icyitegererezo urimo n’ivuriro.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko 25% by’abivuza mu Rwanda baba bafite nibura imwe mu ndwara zitandura, ariko ugasanga batari babizi.
Abaturage batishoboye 34 bo Mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bishyuriwe mitiweri n’itorero ‘Izere Yesu Christian Church’, bavuga ko zizabarinda kutongera kwivuza magendu.
Madamu Jeannette Kagame yatangarije abitabiriye inama y’ihuriro ry’Abagore b’Abakuru b’ibihugu by’Afurika (OAFLA) ko u Rwanda rwiyemeje kutazacika intege mu rugamba rwo gutuma Abanyarwanda bagira ubuzima bwiza.
Abaturage 67 bo mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro bishimira ko batazongera kurembera mu rugo kuko bishyuriwe mitiweri izabafasha kwivuza.
Abajyaga kwivuza kanseri ku Bitaro bya Butaro biri mu Karere ka Burera bakabura aho barara basubijwe kuko bagiye kubakirwa inzu bazajya bacumbikamo ku buntu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yabwiye ibitaro bya Kibogora ko nta mwenda ibibereyemo, nyuma y’aho byari byagaragaje ko ibifitiye umwenda wa miliyoni 123Frw.
Kubaga umuntu bagasubiza umubiri aho wavuye,cyangwa ubusembwa buri ku mubiri (Plastic Surgery) kubera impamvu zitandukanye bikorwa n’abaganga babiri gusa mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko umubare w’abaganga b’inzobere bavura abana ukiri muto ugereranije n’abana b’igihugu cyose bakenera kuvurwa.
Ihuriro ry’abavuzi gakondo mu Rwanda (AGA Rwanda), ritewe impungenge no kubura ibimera bivamo imiti bakoresha. Bamwe ngo bajya kubishaka mu mahanga kuko mu Rwanda birushaho gukendera.
U Rwanda hamwe n’ikigo gikoresha indege zitagira abapilote (Drones) mu gutwara amaraso akenewe n’indembe, Zipline bahawe igihembo cyo ku rwego rwo hejuru cyitwa Index Awards 2017.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buzima (RBC) kiratanga urukingo rw’indwara ya Hepatite C ku buntu, ku baturage batifashije bo mu Karere ka Huye.
Abaturage 1500 batishoboye bo mu murenge wa Musanze mu karere ka Musanze ntibazongera kurembera mu rugo kuko bishyuriwe Mitiweri izabafasha kwivuza.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu bakoraga urugendo rw’ibirometero bajya kwivuriza ku mavuriro yo muri Musanze na Rubavu basubijwe kuko bubakiwe ivuriro rishya.
Ababyeyi bo mu murenge wa Munyaga muri Rwamagana ntibazongera kuvunika bajya kubyarira mu bitaro bya Rwamagana kuko begerejwe inzu y’ababyeyi yujuje ibyangombwa.
Umuti witwa Baygon na Off irwanya imibu yatumye malariya igabanuka ku kigero cya 48% ku bivuriza ku kigo nderabuzima cya Gishari.
Ibitaro bya gisirikare bya Kanombe bigiye gutangira gukoresha imashini nshya ipima kanseri, izajya itanga ibisubizo mu minsi itanu, mu gihe mbere byafataga ibyumweru bibiri.
Abaturage 397 bo mu Karere ka Nyanza baturuka mu miryango 95 ntibazongera kurwara ngo barembere mu rugo kuko bahawe ubwisungane mu kwivuza.
Abaturage 120 bo mu murenge wa Kigali muri Nyarugenge bishimira ko batazongera kurembera mu rugo kuko noneho babonye uburyo bwo kwivuza.
Abanyeshuri 213 bize ubuforomo mu ishuri ry’ubuzima rya Ruli bahawe impamyabumenyi z’icyiciro cya mbere cya Kaminuza (A1) ngo bajye ku isoko ry’umurimo.
Dr. Matshidiso Moeti, Umuyobozi w’ Ishami ry’Umuryango w’abibumbye wita ku buzima (OMS/WHO) ku rwego rw’Afurika, yavuze ko bifuza kugeza gahunda y’u Rwanda y’ubwisungane mu buvuzi izwi nka “Mitweli”, kubera ko ifasha abaturage benshi.
Abaturage bo mu Murenge wa Kibirizi muri Nyamagabe batangaza ko batakigenda ibirometero byinshi bajya kwivuza kuko begerejwe ikigo nderabuzima.
Ukuriye Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) muri Afurika, Dr Matshidiso Moeti, avuga ko u Rwanda rwakagombye kubera urugero Afurika kubera Mituweri.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zamaze kurenza kure imibare zari zihaye z’abo zigomba kuvura muri gahunda ngaruka mwaka yazo ya “Army Week”.
Abafite ubumuga bivuriza i Gatagara bagorwaga no kubona inyunganirangingo n’insimburangingo kubera ubushobozi buke ntibazongera kugira icyo kibazo kuko Mitiweri igiye kugikemura.