
Niyigena yavuriraga mu rugo rwe Karemera Manasse w’imyaka 69, wari umaze iminsi itatu aharwariye ariko akaza gupfa ahagana mu ma saa moya n’igice z’ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, tariki 23 Gicurasi 2016, nk’uko Umuyobozi w’Akagari ka Kijabagwe, Tayari Innocent yabitangaje.
Yagize ati “Uwo mugore Niyigena Marthe asanzwe avura, ariko nyuma y’uko uwo musaza Karemera yahapfiriye mu ijoro ryakeye, yasabwe ibyangombwa n’ubuyobozi bimwemerera kuvura arabibura.”
Akomeza avuga ko ngo uwo musaza yabanje kwivuriza kwa muganga nyuma abonye adakize, umuryango we ufata umwanzuro wo kumujyana ku muvuzi gakondo.
Iperereza rirakomeje naho uwo musaza wapfuye bateganya ko ajyanwa ku Bitaro bikuru agakorerwa isuzumwa ku bijyanye n’urupfu rwe.
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
Ariko ibi nabyo simbyemeye. Nimurebe ahantub yakoreraga hari hari n’icyapa. Bivuga ngo ntiyihishahishaga. Abaturage bose barabizi ko yari asanzwe avura. Abayobozi bibutse kumubaza ibyangombwa kuko umuntu apfuye? Ubwo se bataniye he na babandi basenya iyamaze kuzura kandi uwuka atubatse ninjoro? Ibi ni uburangare bw’abayobozi burimo nabo babihanirwe
Abavuzi gakondo bakwiye kujya bitwararika mubuvuzi bakora kdi bagasaba ibyangombwa byemewe n’amategeko.abivuza nabo bajye bagana ibitaro cyane ko Leta yacu yatworohereje igashyiraho gahunda ya mutuelle nta umuntu ukwiye kurwara NGO arembere mu rugo.
rwoc ubuvuzi gakondo bukwiye kuvugururwa kuko hariho ababikora bashaka indamu kd nigipimo cy imiti batanga ntagipimo