Umwana witwa Nzikwinkunda Jackson wavutse muri Gicurasi 2010, abari bamuzi mbere batangazwa no kumubona kuko yabashije gukira ubumuga yavukanye.
Umuryango Rwanda Legacy of Hope wazanye abaganga b’inzobere bazavura ibibyimba byo ku bwonko ahanini bya kanseri ndetse n’izindi ndwara zananiranye, bakabikora ku buntu.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kirehe buvuga ko miliyoni mirongo ine bwaguraga umwuka w’abarwayi azajya agurwa imiti kuko bamaze kwibonera icyuma kiwukora.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko inama ku by’ubuzima yaberaga i Kigali isize hari abafatanyabikorwa bari basanzwe n’abashya biyemeje kugira ibyo bateramo inkunga u Rwanda muri urwo rwego.
Perezida Paul Kagame yashimiye umuryango Nyafurika ufite intego zo gusakaza ubuvuzi burambye kuri bose (Amref Health Africa) ku bw’igihembo wamugeneye.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, yakiriye igihembo cyagenewe Perezida Paul Kagame nk’umuyobozi mukuru ushyigikira urwego rw’ubuvuzi kugira ngo bugere kuri bose (Universal Health Coverage Presidential Champion Award).
Umurwayi wiswe ‘London Patient’ yabaye uwa kabiri ukize SIDA, nyuma y’uko mu myaka 10 ishize, hatangajwe umuntu wa mbere wakize iyi ndwara ubusanzwe izwiho kudakira.
Kigali Today yaganiriye n’umuganga witwa Rutangarwamaboko, igamije kubagezaho bimwe mu bimera bivura indwara zitandukanye cyangwa se byari bifite akandi kamaro mu mateka y’Abanyarwanda.
Hashize iminsi havugwa abagore bafite virusi itera SIDA bari ku miti igabanya ubukana bw’iyo virusi (ARV) bafashe uburyo bwo kuboneza urubyaro bw’agapira gashyirwa mu kuboko ariko bakagasamiraho.
Hari byinshi abantu bibaza ku kinya gikoreshwa kwa muganga, icyo ari cyo, uko gikora, ibibazo gishobora gutera umuntu n’ibindi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko 30% by’impfu z’abageze kwa muganga ziterwa no gutinda kubakira, kubakira nabi cyangwa gutinda kubavura.
Ubuyobozi bw’inama y’igihugu y’abafite ubumuga mu Rwanda buravuga ko abafite ubumuga bakoresha Mutuweri mu kwivuza batoroherezwa mu kwivuza kuko RSSB yashyizeho ikigo kimwe kibaha seriyevisi zijyanye n’ubumuga.
Guha amaraso umurwayi ni kimwe mu by’ingenzi mu kuramira ubuzima bwe igihe abaganga babonye ko ayakeneye, nyamara bigasaba ibizamini bitandukanye kugirango hagaragare ubwoko bw’amaraso umurwayi ari buhabwe.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye Dr Isaac Munyakazi avuga ko nta mwarimu ukwiye kwimwa serivisi z’ubuvuzi kuko atarahembwa.
Hari abantu bazi ko iyo barwaye , muganga akabandikira umuti ugomba kunyobwa gatatu ku munsi, biba bivuze ko bagomba kuwunywa mu gitondo, saa sita na nijoro.
Ikigo gishinzwe Ubwiteganyirize(RSSB) kivuga ko kigiye gusaba amakuru inzego zitandukanye, kugira ngo gihangane n’abajura ariko kinashaka abiteganyiriza bashya.
Muri iki gihe gutwara inda ku bangavu byabaye nk’icyorezo, hari abatekereza ko udukingirizo tugejejwe henshi no mu midugudu byaba umuti kuri iki kibazo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko nta muntu ukoze ubutabazi akageza inkomere kwa muganga ukwiye gufatwa bugwate ngo abanze amuvuze kandi we ibye yabirangije nk’uwatabaye.
Ibitaro bya Nyamata byahawe imashini itanga umwuka ukenerwa n’abarwayi (Oxygen) ikazasimbura iyakoreshwaga yagurirwaga mu macupa, ngo bikazaba bihendutse ugereranyije n’ibisanzwe.
Ababyeyi bivuriza ku kigo nderabuzima cya Rwinzuki giherereye mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi baravuga ko kwamburwa imbangukiragutabara bari barahawe n’abagiraneza bo mu butaliyani byabagizeho ingaruka kuko yabafashaga kwihutira kugera ku bitaro.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko hazakoreshwa asaga miliyari 4.290Frw mu bikorwa bitandukanye by’ubuzima mu myaka irindwi iri imbere, hagamijwe ko abaturage bagira ubuzima bwiza.
Ikibuga cya kabiri cy’utudege tutagira abapilote (drone), giherereye mu Karere ka Kayonza, mu Ntara y’Uburasirazuba cyatangiye gukora, kikazajya giharukiraho utudege dutwaye amaraso n’ibindi bikoresho byifashishwa kwa muganga, tubijyana ku bigo nderabuzima no ku bitaro binyuranye byo muri iyo ntara.
Abaturage bo mu murenge wa Matyazo mu karere ka Ngororero batangaza ko biruhukije umunaniro baterwaga no kwivuza kure, byabaviragamo gucibwa amande y’ibigumbi 10 igihe babyariye munzira.
Ibitaro bya gisirikare bya Kanombe bigiye kwigisha abaganga babaga bakanasubiza umubiri aho wavuye (Plastic surgeons) hagamijwe kuziba icyuho cy’ubuke bwabo kuko mu Rwanda hari babiri gusa.
Mu rwego rwo gukomeza kwitegura guhangana n’icyorezo cya Ebola mu gihe cyaramuka cyadutse mu Rwanda, Ministeri y’Ubuzima yakoresheje imyitozo abakozi bo mu rwego rw’ubuzima mu Karere ka Rusizi nka kamwe mu turere duhana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahagaragaye icyo cyorezo.
Hamwe na hamwe mu bitaro bya Leta mu mujyi wa Kigali, hari abarwayi binubira ko basigaye bahamara amajoro n’amanywa batarabona ubabaza icyo barwaye.
Ingabo z’u Rwanda zibinyujije mu Bitaro bikuru bya Gisirikari by’i Kanombe, zizatangiza muri Mutarama 2019 ikigo gishya kizafasha kuvura kanseri mu buryo bwihariye (oncology) bukazafasha benshi bugarijwe n’iyi ndwara.
Kugira ngo umuntu ahorane ubuzima buzira umuze kandi agira imbaraga, imirire myiza ni ingenzi.
Abantu bari hejuru y’imyaka 50 bafite virusi itera SIDA (VIH) bagiye kwitabwaho kurushaho, nyuma y’uko bigaragaye ko abafata imiti neza babana na yo igihe kinini kandi bakagirira igihugu akamaro.
Abaganga baraburirwa ku bwoko bubiri bw’imiti ari yo Misoprostol na Oxytocin bwinjiye mu Rwanda butujuje ubuziranenge, buturutse mu Bushinwa ndetse no mu Buhinde.