DRC yashinje OMS gutangaza amakuru ya Ebola mu buryo butera urujijo
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) yanenze Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), irishinja gutangaza amakuru ajyanye n’icyorezo cya Ebola mu buryo ngo bushobora guteza urujijo no gukwirakwiza ubwoba mu baturage.
Mu butumwa bwatangajwe na Patrick Muyaya, Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC akaba na Minisitiri ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho, yavuze ko amakuru yatangajwe na OMS ku bijyanye n’ubwandu bwa Ebola atajyanye n’ukuri ku rwego rwemewe n’inzego z’ubuzima za Congo.
Yavuze ko igihugu cye gisanzwe gifite ubushobozi n’ubunararibonye mu guhangana n’icyorezo cya Ebola, bityo ko amakuru nk’ayo akwiye kubanza guhuza n’inzego zibishinzwe mbere yo kujya hanze. Yongeyeho ko gutangaza amakuru adafite ibisobanuro bihagije bishobora kugira ingaruka ku bukungu, ku ngendo mpuzamahanga ndetse no ku isura y’igihugu.
Ibi bibaye nyuma y’aho OMS itangaje impungenge ku bwandu bushya bwa Ebola bwagaragaye mu bice bimwe bya DRC, ibintu byatumye ibihugu bimwe bitangira gukaza ingamba zo kugenzura abagenzi baturuka muri ako karere.
DRC ni kimwe mu bihugu byahuye kenshi n’icyorezo cya Ebola mu myaka yashize, ariko ubuyobozi bwaho buvuga ko bwashyizeho uburyo bukomeye bwo gukurikirana no gukumira ikwirakwira ryacyo.
Aya makimbirane hagati ya Guverinoma ya DRC na OMS agaragaza uko amakuru ajyanye n’indwara z’ibyorezo akomeje kuba ikibazo gikomeye mu itumanaho hagati y’inzego mpuzamahanga n’ibihugu birebwa n’izo ndwara.
Kugeza ubu, inzego z’ubuzima muri DRC zivuga ko abarenga 1,000 bakekwaho kwandura Ebola, barimo ababarirwa muri 220 bikekwa ko yaba yarahitanye.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryo ryatangaje ko muri iki gihugu (DRC) hamaze kubarurwa abantu 1,077 bakekwaho kwandura Ebola, harimo 238 bikekwa kwa yaba yarahitanye.
Gusa, OMS ivuga kandi ko abantu 121 ari bo bamaze kwemezwa ko banduye Ebola hashingiwe ku bizamini bya laboratwari, muri bo 17 bakaba bamaze kwitaba Imana.
Iyi Ebola irimo guterwa n’ubwoko bwa virusi buzwi nka Bundibugyo virus, kandi ikomeje gukwirakwira byihuse cyane cyane mu ntara za Ituri, Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|