Mbarushimana Eric ukunze kwitwa Aboubakar na Cyiza Shaff, bakurikiranyweho n’ubushinjacyaha bw’u Rwanda kurwanya ububasha bw’amategeko ya Leta bitwaje idini.
Ku wa 22 Mata 2015, Urukiko rwisumbuye rwa Rusizi rwagize abere Nzeyimana Oscar wari umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Bayihiki Basile wari umuyobozi w’akarere wari wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Rusizi, ndetse na Nzayituriki Théoneste wari ushinzwe ubwisungane mu kwivuza mu bitaro bya Gihundwe, ku (…)
Urubanza rwa Baribwirumuhungu Steven ukurikiranyweho icyaha cyo kwica umuryango w’abantu 6 mu Murenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango, ku wa 21 Mata 2015, rwatangiye kuburanishwa mu mizi mu ruhame mu Murenge wa Byimana aho icyaha cyabereye, maze ahakana ibyaha aregwa.
Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze, ku wa Kabiri tariki 21 Mata 2015 rwatesheje agaciro ubujurire bwa Bahame Hassan wahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu na Kayitesi Judith wari umujyanama mu by’amategeko bwasabaga ko barekurwa bakaburana bari hanze.
Umuyobozi wa East Land Motel yo mu Karere ka Kayonza, Nkurunziza Jean de Dieu yarekuwe by’agateganyo, abo bareganwa bakomeza gufungwa mu gihe cy’iminsi 30 mbere y’uko urubanza baregwamo rutangira kuburanishwa mu mizi.
Umupolisi witwa Safari Gilbert yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Busasamana ku wa 09 Mata 2015 aregwa ubujura bw’ibyuma by’imodoka y’ikamyo yari yafashwe na Polisi kubera amakosa yari iyikurikiranyeho.
Umuyobozi wa East Land Motel yo mu Karere ka Kayonza, n’abantu batatu bareganwa ku cyaha cyo kwica umuntu batabigambiriye, ku wa mbere tariki 06 Mata 2015 baburanye urubanza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Urukiko rwisumbuye rwa Rubavu rwemeje ko uwari umuyobozi w’akarere ka Rubavu Bahame Hassan n’umunyamategeko w’akarere Kayitesi Judith, bafungwa by’agateganyo iminsi 30 kugira ngo ubushinjacyaha bushobore gukora iperereza ku byaha bya ruswa bakurikiranyweho buvuga ko ari ibyaha bikomeye.
Urukiko Rwisumbuye rwa Rubavu rwavuze ko ku wa kane tariki ya 02 Werurwe 2015 ari bwo ruzasoma urubanza ruregwamo Bahame Hassan wahoze ayobora Akarere ka Rubavu na Kayitesi Judith wari noteri wako bakaza gufungwa bakurikiranyweho ibyaha byo kwaka no kwakira ruswa.
Ku mugoroba wo ku wa 30 Werurwe 2015, urukiko rw’ibanze rwa Nyamata rwategetse ko umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Bugesera, Munyanziza Zephanie, umukozi ushinzwe ibikorwa remezo mu karere, Nzeyimana Phocas na rwiyemezamirimo wari watsindiye isoko ryo kubaka ibiro by’Akarere ka Bugesera, Twahirwa Jean Claude baba (…)
Ku nshuro ya Kabiri urubanza ruregwamo Col Tom Byabagamba, Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara na Sgt (Rtd) Kabayiza François rwari ruteganyijwe kuburanishwa mu mizi kuri uyu wa kane tariki ya 26 Werurwe 2015 mu Rukiko rwa gisirikare i Kanombe, rwasubitswe.
Abakozi batanu b’Akarere ka Bugesera barimo umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere na rwiyemezamirimo bagejejwe imbere y’urukiko baburana ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, bose bahakana ibyaha bakurikiranyweho.
Urubanza urukiko rukuru, urugereko rwa Musanze ruburanisha mo Mukashyaka Saverina na bagenzi be 12 bakurikiranywe ho gukorana na FDLR mu mugambi wo kugirira nabi igihugu, ubufatanyabikorwa mu bikorwa by’iterabwoba n’ubugambanyi rwasubitswe ku wa 25 Werurwe 2015 kuko umushinjacyaha yarwaye.
Abantu 12 bareganwa na Mukashyaka Saverina ibikorwa byo gukorana na FDLR mu mugambi wo kugirira nabi igihugu, ubufatanyabikorwa mu bikorwa by’iterabwoba hamwe n’ubugambanyi, ku wa 24 Werurwe 2015 bagejejwe imbere y’urukiko rukuru, urugereko rwa Musanze ruri kuburanisha abaregwa ku byaha bakoreye mu Karere ka Rubavu ari naho (…)
Urubanza rwa Baribwirumuhungu Steven w’imyaka 29 y’amavuko wishe abantu 6 bo mu muryango umwe, rwongeye gusubikwa ku nshuro ya kabiri, tariki ya 24 Werurwe 2014, ku mpamvu z’uko atari yiteguye kuburana.
Kuri uyu wa mbere tarikiya 23 Werurwe 2015, Urukiko rw’Ibanze rwa Gihango rwategetse ko umuyobozi n’umucungamutungo b’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) mu Karere ka Rutsiro bari bafunzwe bakurikiranyweho amafaranga ya MUSA barekurwa baka zakurikiranwa bari bari hanze.
Ku wa 23 Werurwe 2013, uwari Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi. Nzeyimana Oscar, yaburanye ubushinjyacyaha bumusabira gufungwa imyaka 7 kubera guhakana ibyo aregwa, naho Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu watawe muri yombi ku wa 22 Werurwe 2015 ashyikirizwa ubushinjacyaha.
Habyarimana Emmanuel wahoze ari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu yakatiwe igifungo cy’imyaka 2 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 470, n’urukiko rwisumbuye rwa Nyamirambo.
Urukiko Rukuru rwa Musanze, ku wa kane tariki 12/03/2015, rwasomye urubanza rw’abantu 14 bakurikiranyweho gukorana na FDLR, 11 bahamwa n’ibyaha bakatirwa ibihano bitandukanye na ho batatu bagirwa abere.
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwakatiye Rwagashayija Boniface wari ushinzwe umutungo mu ishyirahamwe Indangaburezi na Sindikubwabo Janvier, umutetsi muri Groupe Scolaire Indangaburezi mu Karere ka Ruhango, igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo mu gihe bagikorwaho iperereza n’ubushinjacyaha ku cyaha cyo kubiba amacakubiri (…)
Urukiko rwa Gisirikare rwaburanishirije imbere y’abaturage bo mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza tariki 04 Werurwe 2015 abantu batandatu barimo n’abasirikare bari mu mugambi wo kwiba SACCO bakoresheje intwaro maze ubushinjacyaha bwa gisirikare bubasabira igifungo cya burundu.
Mu buzima bwa buri munsi muntu agengwa n’amasezerano yaba ayo aba yakoze abizi cyangwa atabizi akaba ashobora no kumugiraho ingaruka mu rwego rw’amategeko. Ni yo mpamvu tugiye kurebera hamwe icyo amategeko y’u Rwanda ateganya ku bijyanye n’amasezerano.
Urukiko rukuru rwa Gisirikare ruri i Kanombe rwategetse ko urubanza ruregwamo Col Tom Byabagamba, Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara na Sgt (Rtd) Francois Kabayiza rwatangira kuburanishwa mu mizi bafunzwe, nubwo ku wa 24/02/2015 bari basabye kuburana bari hanze ya gereza.
Urukiko rukuru rwakatiye umuhanzi Kizito Mihigo igifungo cy’imyaka 10, nyuma yo kumuhamya ibyaha bigamije kugirira nabi ubutegetsi buriho, mu isomwa ry’urubanza rwari rumaze hafi umwaka ruburanishwa.
Col Tom Byabagamba na bagenzi be bakurikiranyweho gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko, basabye urukiko ko barekurwa bakaburana bari hanze, ariko ubushinjacyaha bwo buhakana iki cyifuzo buvuga ko bakurikiranyweho ibyaha biremereye bishobora gutuma batoroka igihugu.
Mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Mururu, urukiko rwa gisirikare rwakatiye igifungo cy’imyaka icumi n’ihazabu isaga miliyoni n’igice z’amafaranga y’u Rwanda Private Habakwitonda Apollinaire, umusirikare mu ngabo z’u Rwanda (RDF) washinjwaga gusambanya umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko ku ngufu akanamutera inda itifuzwa.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwakatiye Munyangabe Chrysostome na Hishamunda François imyaka itandatu y’igifungo n’ihazabu ya miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda kuri buri wese , bazira guha umupolisi ruswa y’ibihumbi 300 by’amafaranga y’u Rwanda ngo abakorere ibibujijwe n’amategeko ariko we arayanga.
Mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, kuri uyu wa 19 Gashyantare 2015, abarimu batandatu batawe muri yombi na Polisi mu Karere ka Nyamasheke baguwe gitumo ngo bakurikiranyweho gukoresha mu buryo bunyuranyije n’amategeko amafaranga ya VUP.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwaburanishije Munyangabe Chrysostome na Hishamunda François bafashwe baha umupolisi ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 300, kugira ngo harekurwe imodoka y’umwe muri bo yari yafashwe ipakiwemo ibiti by’imisheshe.
Tuyishime Devota w’imyaka 23 yatsinze abaturage bari barigabije amasambu iwabo basize ari mu Mudugudu wa Gabiro akagari ka Gabiro Umurenge wa Musasa ho mu karere ka Rutsiro, mu rubanza rwasomwe kuwa kane tariki 12/2/2015.