
Ubushinjacyaha buvuga ko ku itariki ya 16 Nyakanga 2021 mu gihe cya saa tatu z’ijoro, mu Murenge wa Gatore, Intara y’Iburasirazuba, uregwa yasambanyije umwana we w’umukobwa. Uregwa avuga ko yamusambanyije inshuro imwe, ariko umwana we avuga ko amaze kumusambanya inshuro eshatu. Amakuru Kigali Today ikesha Ubushinjacyaha avuga ko uregwa yemera icyaha yakoze cyo gusambanya umwana we agasobanura ko yabitewe n’ubusinzi.
Uyu mugabo naramuka ahamwe n’icyaha cyo gusambanya umwana, azahanishwa ingingo ya 133 y’Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange nk’uko ryavuguruwe mu ngingo ya 4 y’itegeko no 69/2019 ryo ku wa 08/11/2019, aho riteganya igifungo cya burundu.
Ohereza igitekerezo
|
Ayo namahano rwose
Ntamahoro yabanyabyaha