Zephyrin Bangananibamwe asobanura ko izo manza zose aburana azitsinda ariko mubyara we Anastase Nteziyaremye baburana akajurira ndetse akanasubirishamo imanza ku buryo muri icyo gihe cyose yanze gutsindwa.

Mu kababaro kenshi, uyu mugabo akomeza ashimangira ko guhora mu manza z’urudaca na Nteziyaremye byamuteje ibibazo byinshi birimo kwirukanwa ku kazi kubera ko atakoraga neza no gukena kuko atabona umwanya wo gukorera urugo rwe.
Mu magambo ye, Bangananibamwe ati: “Umubyeyi wanga umwana amuraga imanza. Ingaruka z’imanza zirakenesha kandi zitesha umutwe, ubu abandi bantu benshi barahinga ariko twe tuba mu manza ku karere, mu Ruhengeri, i Kigali…”.
Uyu mugabo ugaragaza ko arambiwe guhora mu manza yagerageje kuzihagarikisha yandikira ubuyobozi butandukanye n’inkiko ariko ntibyamukundikiye kuko itegeko nshinga ryemerera umuntu wese gutanga ikirego cye mu rukiko kandi nta n’undi muntu ushobora kumubuza.

Bangananibamwe avuga ko iryo tegeko ari ryo ryamubereye imbogamizi, agasaba ko ryahindurwa. Yagize ati: “Ku cyifuzo cyanjye ni uko umuntu aramutse ajuririye urubanza kabiri, gatatu, batakwakira igarama ry’urubanza.”
Avuga ko abonye umuntu umuhagarikira izo manza ze na Anastase Nteziyaremye yamushima kandi byatuma atangira gukorera umuryango we akongera kwisuganya. Ubuyobozi bw’akarere buteganya kubaganiriza bombi kugira ngo icyo kibazo gikemuke.
Nteziyaremye ushaka kuzungura imitungo ya nyina wapfuye mu 1957 arafunze kubera kwigomeka.
Nshimiyimana Leonard
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
AMAFOTO YANYU NTAGARAGARA!