Mu bantu batanu bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kwangiza ishyamba rya Gishwati batatu basabiwe kuburana bafunze naho babiri bemererwa kuburana bari hanze mu rubanza rw’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro yaburanye tariki 15/09/2014 urukiko rumusabira gufungwa iminsi 30 mu gihe bakiga ku kirego aregwa cyo kunyereza umutungo wa Leta ariko uwo bari bafunganywe ushinzwe ubworozi bw’amatungo we yabaye arekuwe by’agateganyo.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 10 Nzeri 214 ku gicamunsi nibwo urukiko rwa gisirikare rwaburanishije mu ruhame urubanza rwa Pte Niyonsaba Olivier na bagenzi be mu bujurire, rwongera kwemeza igihano yari yahawe n’urukiko cyo gufungwa imyaka 11 hari ku itariki ya 5 Kamena 2014.
Abaturage bo mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi barasabwa kwirengagiza ibyo umuco usaba ku bijyanye n’uburenganzira bw’umugore ndetse n’izungura bakamenya kandi bagaha agaciro ibyo amategeko abiteganyaho mu rwego rwo kwirinda amakimbirane ya hato na hato.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwasubitse urubanza rurengwamo abagabo 5 n’umwana w’umukobwa w’imyaka 17 kubera ko bageze mu rukiko bagasanga dossier y’ikirego gishya kandi batayibonye ngo bategure urubanza.
Umugore witwa Uwingabire Charlotte utuye mu murenge wa Kanjongo muri iki cyumweru aragezwa imbere y’ubutabera nyuma yo gukebesha umukozi yakoreshaga inzembe mu maso kugeza amugize intere.
Ikigo kirwanya ruswa n’akarengane AJIC gikorera mu muryango utegamiye kuri Leta Tubibe Amahoro cyashyize ahagaragara imiterere y’ubutabera mu karere ka Ngororero. Ibi byakozwe mu rwego rwo kwinegura ariko hagamije kwiyubaka.
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, arashimangira ko kuvugurura amategeko y’u Rwanda ari mu rwego rwo kuyarinda ko hagira umuntu uyakandagira agamije kubangamira Abanyarwanda, kuko nta muntu mu Rwanda uri hejuru y’amategeko.
Umukobwa w’imyaka 20 witwa Uwitonze Chantal wavukiye mu mudugudu wa Kamina mu Kagari ka Shara mu Murenge wa Kagano, aragezwa imbere y’urukiko kuri uyu wa mbere tariki ya 7/9/2014 azira guta umwana yari yabyaye mu kwezi kwa Mutarama muri uyu mwaka wa 2014.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Sheikh Bahame Hassan avuga ko adashobora kuzajya yirengera amakosa akorwa n’abakozi b’akarere bateshuka ku nshingano zabo bakajya gukora amakosa arimo no kwangiriza igihugu.
Isoma ry’urubanza rwa Lt. Joel Mutabazi ryari ritegerejwe na benshi ryasubitswe, kubera bimwe mu bimenyetso bijyanye n’uru rubanza bigikeneye icukumburwa ryimbitse, nk’uko byatangajwe na Maj. Bernard Hategeka, Perezida w’uru rukiko rukuru rwa Gisirikare i Kanombe.
Nyuma y’uko abantu bane bafashwe bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuryango w’abantu 6 mu karere ka Ruhango, Baribwirumuhungu Steven ufungiye muri gereza ya Muhanga yabwiye urukiko ko ari we wabishe wenyine nta wundi bafatanyije.
Abaturage batuye mu kagari ka Kamusenyi umurenge wa Byimana akarere ka Ruhango, nyuma y’aho bamenyeye ko umuntu wishe umuryango w’umuturanyi wabo yatawe muri yombi, barifuza ko yazanwa mu ruhame rw’abaturage aho yakoreye iki cyaha akaba ariho aburanira.
Abanditsi b’inkiko bo mu gihugu cyose n’abashakashatsi bo mu Rukiko rw’Ikirenga bateraniye mu Karere ka Musanze kuva kuri uyu wa 20/08/2014 mu mwiherero w’iminsi itatu ugamije kubasobanurira impinduka ziri mu itegeko rishya rigenga imiburanishirize y’imanza kugira ngo bashobore gusohoza inshingano zabo neza.
Nyuma y’iminsi itari mike umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Tangabo mu murenge wa Manihira afunzwe kubera gukekwaho guhisha amakuru y’umwana watewe inda yiga mu mashuri abanza, ubu yafunguwe by’agateganyo.
Minisitiri w’ubutabera, Johnson Busingye, yasuye akarere ka Ruhango maze igirana ikiganiro n’abaturage b’umurenge wa Byimana uherutse kumvikanamo ubwicanyi bwahitanye abavandimwe batandatu biciwe mu nzu, maze asaba abaturage kwirinda kujya basiragira mu nkiko, ahubwo ubwabo bagaharanira kwikemurira amakimbirane.
Nyuma y’aho umuryango w’abantu batandatu wiciwe icyarimwe mu nzu tariki 31/7/2014 bikamenyekana tariki 2/8/2014 mu kagali ka Kamusenyi umurenge wa Byimana akarere ka Ruhango, Minisitiri w’ubutabera bw’u Rwanda Johnson Businge, aravuga ko abakoze ibi byanze bikunze bazagaragara kandi bakabiryozwa by’intangarugero.
Mu murenge wa Rushashi mu karere ka Gakenke, hari bamwe mu bashakanye nyuma bakemeranywa ku mpamvu z’ubutane ndetse buri wese akorohereza uwo bashakanye mu gutandukana no kugabana imitungo hakurikijwe amategeko kandi nta yandi makimbirane avutse.
Umukecuru wo mu Murenge wa Mutuntu mu Karere ka Karongi witwa Kanyanja Colette yageze ku nzego z’ubuyobozi bw’igihugu kuva ku mukuru w’umudugudu kugera mu biro bya Perezida wa Repubulika ngo asaba kurenganurwa ku murima avuga ko yatsindiye mu nkiko muramu we (yita umugabo wabo) nyamara abaturage baturanye ndetse n’ubuyobozi (…)
Mu nama y’umutekano y’Intara y’uburengerazuba yabereye mu karere ka Rusizi kuwa 30/07/2014, umuyobozi w’intara y’uburengerazuba Guverineri Mukandasira Cartas yasabye abayobozi b’uturere tw’iyi ntara guhagarika ku mirimo abarimu bagiye batera abana b’abakobwa inda kandi babigisha.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 bagakatirwa igihano cy’imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro (TIG) ariko ntibakirangize bagiye guhagurukirwa kugira ngo barangize igihano cyabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe n’ubw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi buratangaza ko bumaze gutera intambwe igaragara mu kurangiza imanza z’imitungo yononywe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi zaciwe n’inkiko Gacaca, ndetse hakaba hari ingamba zihamye kugira ngo iki kibazo kirangizwe burundu abangirijwe imitungo (…)
Abaturage batuye mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero baravuga ko nyuma y’uko urukiko rwisumbuye rwa Gisenyi ruburanishirije uwakekwagaho kwica umuntu rukanasomera imyanzuro y’urubanza imbere y’abaturage, bahakuye isomo ryo kwitondera gukora ibyaha bihanirwa n’amategeko cyane cyane ibyaha bihanishwa ibihano biremereye.
Umugabo witwa Nkubana Vincent w’imyaka 46 wo mu kagari ka Bweramana, umurenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero yakatiwe n’urukiko rwisumbuye rwa Gisenyi, igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umugore witwa nyirabazimenyera Alvera wari indaya ye.
Urukiko rwa gisirikare rwahanishije Private Ntaganda Vedaste igihano cyo gufungwa amezi atandatu no kwishyura Mugabo Ildephonse amafaranga yakodesheje moto ye nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutoroka igisirikare ntanubahirize amasezerano yagiranye na nyiri moto yari yakodesheje.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamata mu karere ka Bugesera rwaburanishije urubanza ubushinjacyaha bwasabiraga ifungwa ry’agateganyo uwitwa Nsengiyumva Claude utuye mu murenge wa Mwogo akaba akurikiranyweho kwica Ndayambaje Naheza Jean de Dieu, wamuragiriraga inka.
Urukiko rw’ibanze rwa Gihango ruri ku cyicaro cyarwo mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro rwemeje ko Niyigena Ephrem afungurwa by’agateganyo nyuma y’uko ibimenyetso byagezweho mu iperereza bidahagije ku buryo byatuma habaho gukeka ko ashobora kuba yarakoze icyaha akurikiranyweho cy’ubwicanyi.
Abaturage bo mu karere ka Gisagara baravuga ko bishimira intambwe igaragara yatewe mu rwego rw’ubutabera, aho basigaye bakemurirwa ibibazo badasiragijwe cyangwa ngo hakore ikimenyane na ruswa.
Nyuma y’iminsi yari amaze muri gereza ya Rusizi aho yari afungiwe by’agateganyo, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Giheke, Gatera Egide, yabaye umwere ku byaha yari akurikiranyweho n’ubushinjacyaha aribyo kwambura abaturage ubutaka hakoreshejwe amayeri no gusebya Leta.
Urubanza ubushinjacyaha bw’urukiko rukuru bwajuririyemo Hategekimana Martin bakunze kwita Majyambere uregwa uruhare akekwaho kugira muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 rwasomwe igice izindi ngingo zarwo zirasubikwa.