umugabo ushinjwa ubwicanyi warugiye guhanishwa kwicwa atewe urushinge muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, yarusimbutse hasigaye amasaha ane.
Abasirikare babiri bakekwaho kwica Ntivuguruzwa Aimé Ivan, wari utuye i Gikondo muri Kicukiro bahakanye ibyaha byose baregwa uko ari bitanu.
Sous-Lieutenant Seyoboka Henry Jean-Claude uregwa gukora Jenoside, yasabye Urukiko rwa gisirikare gusuzuma impamvu ataburanishwa n’Urukiko Rukuru kandi aregwa ibyaha bikomeye.
Urukiko rwa Gisirikare ruri kuburanisha Private Claude Ishimwe na Private Jean Pierre Nshimiyumukiza, ku mugaragaro, rwafashe icyemezo cy’uko bafungwa by’agateganyo iminsi 30.
Urugereko Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyaha Byambukiranya Imipaka rwumvise abatangabuhamya batatu mu batangabuhamya umunani Dr Kabirima Jean Damascene yasabye ko babazwa mu rubanza ashinjamo Jenoside.
Mbarushimana Kunda Emmanuel yabwiye Urugereko rw’Urukiko Rukuru ko rudakwiye gukomeza kumuburanisha nk’aho yari afite inshingano mu butegetsi.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga rwemeje ko ikirego cya Dr. Niyitegeka Theoneste atari impaka zijyanye no kurangiza imanza nk’uko yari yabiregeye.
Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imipaka, rwongeye kumva ibimenyetso bishingiye ku nyandiko ubushinjacyaha buheraho bushinja Ntaganzwa Ladislas wari Burugumesitiri wa Nyakizu kuba yaragize uruhare muri jenoside
Ubushinjacyaha mu Rukiko rwisumbuye rwa Muhanga bwasabiye Dr. Leopold Munyakazi igifungo cya burundu y’umwihariko kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bumukurikiranyeho.
Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya Imipaka rwemeye gutumiza abatangabuhamya bashinjura Dr Kabirima ku byaha byari byatumye akatirwa gufungwa burundu y’umwihariko.
Urukiko rukuru, Urugereko rw’i Kigali rwumvise ubujurire ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo, rw’abari abayobozi muri ADEPR bashinjwa kurigisa umutungo w’iterero maze ababuranaga bose bikoma komisiyo yiyise “Nzahuratorero”.
Urugereko rushinzwe kuburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyaha byambukiranya Imipaka, kuri uyu wa 18 Gicurasi 2018 rwasubukuye urubanza rwa Ntaganzwa Ladislas wahoze ari Burugumesitiri wa Komini Nyakizu muri Perefegitura ya Butare ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu magambo aremereye, kuri uyu wa 17 Gicurasi 2017, urubanza rwa Dr Kabirima Jean Damascene ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Rusenge muri Nyaruguru, rwakomeje yisobanura ku makuru yatanzwe n’ubushinjacyaha.
Danmark yatangaje ko yataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bwa Danmark, kubera ibyaha akurikiranyweho bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Emmanuel Mbarushimana woherejwe n’inkiko zo muri Danmark kuburanira mu Rwanda yigaramye abamwunganira mu rukiko, asaba ko bahindurwa ariko urukiko rubitera utwatsi.
Urubanza rwa Dr. Léoprd Munyakazi rwabaye ruhagaritswe nyuma y’uko yanze umucamanza (yihannye) umuburanisha mu Rukiko rwisumbuye rwa Muhanga.
Urukiko rwa gisirikare rwatangiye kuburanisha Maj Dr Aimable Rugomwa wenyine, kuko rwasanze mukuru we Nsanzimfura Memelto afite uburwayi bwo mu mutwe.
Josette Mukambabazi umwunzi wo mu murenge wa Mbazi muri Huye ahamya ko igare yahawe rizamufasha gukora siporo ari nako atunganya imirimo ashinzwe.
Umukozi w’Akarere ka Burera ushinzwe abatishoboye afunze akurikiranweho kwaka ruswa umugore warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo amushyire ku rutonde rw’abagomba kubakirwa inzu.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarubuye muri Kirehe rwatangiye kuburanisha impunzi z’Abarundi zikurikiranweho ibyaha bitandukanye birimo ibyo gukoresha ibiyobyabwenge.
Urubanza rwa Sous-Lieutenant Henry Jean Claude Seyoboka rwongeye gusubikwa kugeza mu gihe kitazwi kuko Leta itaramusubiza niba izamwishyurira umwunganizi.
Ministeri y’ubutabera(MINIJUST) hamwe n’Urwego rushinzwe imiyoborere (RGB) batangaza ko abanoteri bafite imitangire mibi ya serivisi irimo ruswa n’ikimenyane.
Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda buratangaza ko bumaze koherereza Igihugu by’Ubufaransa impapuro 38 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bidegembya ku butaka bw’icyo gihugu.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Mata 2017, Urukiko rwa gisirikare rwategetse ko urubanza rwa Maj Dr Aimable Rugomwa na mukuru we Nsanzimfura Mamelto, rusubikwa ku nshuro ya gatatu, rukazasubukurwa ku ya 09 Gicurasi 2017.
Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye, aratangaza ko nta mugambi rusange wihishe inyuma y’amagereza amaze iminsi agaragaramo inkongi z’umuriro hirya no hino mu gihugu.
Urwego rw’ubutabera rutangaza ko ubutabera bwishimiwe na bose bugeze kuri 75.75%, muri uyu mwaka, ruvuye kuri 69.9% muri 2012, ariko rugateganya kugera kuri 80% mu 2020.
Mu muhango wo kurahiza abashinjacyaha batatu ba gisirikare, Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yabahamagariye kurangwa n’ikinyabupfura mu kazi, kuko ari cyo kizatuma batunganya umurimo wabo bizewe.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 27 Werurwe 2017, Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwafashe umwanzuro wo kurekura by’agateganyo, Uwamahoro Viollette ufite ubwenegihugu bw’Ubwongereza ngo aburane ari hanze.
Abagize urwego rw’ubutabera mu Rwanda bari mu mwiherero i Rubavu, baganirira hamwe ngo barebe uburyo ubutabera bwagira uruhare mu kurwanya ubukene.
Uwamahoro Violette, Umunyarwandakazi ufite Ubwenegihugu bw’Ubwongereza uherutse gufatwa na Polisi y’igihugu, akekwaho uruhare mu bugizi bwa nabi, yagejejwe imbere y’ubutabera, aburana ifungwa n’ifungurwa.