Abaturage bo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi, baravuga ko bagenda ibirometero bisaga birindwi bagana aho bategera imodoka kuko umuhanda w’abahuzaga n’utundi turere wangiritse cyane imodoka zitakibasha kuhagera.
Nikubwayo Yves na bagenzi be mu gihe kiri imbere baraba binjiza amamiriyoni babikesha uruganda rukora amavuta n’umutobe batangije.
Ikigo cy’igihugu giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) cyasinyanye amasezerano y’inkunga n’uruganda HEMA Garments, azatuma ruhugura abantu 500 bazarukorera.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) itangaza ko mu mpera za 2017 no mu ntangiriro za 2018 ibiciro by’ibiribwa bitazigera bizamuka kuko ubukungu bw’u Rwanda bwifashe neza.
Umwaka wa 2017 urangiye ubukungu bw’u Rwanda buri ku kigero cya 5.2%, bitewe ahanini n’amapfa yabaye mu mwaka wa 2016 na nkongwa yibasiye ibigori, bigatuma umusaruro ugabanuka.
Mu rwego rwo kongera umubare w’abapilote b’Abanyarwanda, mu Rwanda hagiye gutangira ishuri ryigisha gutwara indege nini kuburyo mu myaka itanu hazaba habonetse abapilote 200.
Abageze mu zabukuru bo mu Karere ka Rwamagana bavuga ko inkunga y’ingoboka y’abageze mu zabuku bahabwa yabafashije kugira amasaziro meza.
Nyarutarama Sports Trust Club, izwi nka Tennis Club iherereye mu murenge wa Remera akagari ka Nyarutarama mu karere ka Gasabo, yemeza ko ubunararibonye ifite mu gutanga serivisi nziza, butuma abayigana biyongera umunsi ku munsi.
Ikompanyi nyarwanda itwara abagenzi mu ndege, RwandAir yahawe uruhushya rwo gutangira gukorera ingendo mu mujyi wa Abuja, umurwa mukuru wa Nigeria.
Bamwe mu batumva n’ababafasha mu bikorwa by’iterambere bifuza ko ururimi rw’amarenga rwakwigishwa hose, kugira ngo haveho imbogamizi zo kutumvikana hagati y’abatavuga n’abo bakorana.
Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ngo buragenda bwongera umusaruro kubera ikoranabuhanga ryashyizwemo ku buryo muri 2024 umusaruro wabwo uzagera kuri Miliyari 1260RWf.
Abaturage b’Umurenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu, bamaze kwiyuzuriza ibiro bishya by’umurenge bizatuma barushaho guhabwa serivisi zinoze.
Mu 2006, Umuhoza Rwabukumba ari mu Banyamabanga nshingwabikorwa ba mbere bashyizweho ubwo Guverinoma yashyiragaho uburyo bushya bw’imiyoborere mu nzego z’ibanze.
Abagore n’abakobwa b’impunzi z’Abarundi baba mu nkambi ya Mahama iri mu Karere ka Kirehe baboha ibikapu n’ibiseke bakabibika kuko batabona aho babigurisha ngo babone amafaranga.
Banki y’Igihugu (BNR) irakangurira abaturage kwitabira ikoranabuhanga mu guhererekanya amafaranga, kugira ngo Leta irengere Miliyari 17Frw zikoreshwa buri mwaka mu gusimbuza inoti n’ibiceri bishya.
Uwizeye Josue agura ibati ry’ibihumbi 10Frw mu munsi umwe akaba yarangije kurikoramo imbabura icana vidanje, akayigurisha amafaranga ibihumbi 15frw.
Ange Mukagahima wo mu Karere ka Muhanga kuri ubu ari mu byishimo nyuma yo gutsindira igihembo cya miliyoni 1RWf kubera umushinga we wahize indi mu Ntara y’Amajyepfo.
Abaturage 2326 bo mu mirenge wa Bushenge na Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke ntibazongera kuvoma amazi mabi kuko begerejwe umuyoboro w’amazi meza.
Minisitiri w’urubyiruko Rosemary Mbabazi yakanguriye urubyiruko kutarindira kubura akazi cyangwa kurangiza amashuri kugira ngo batangire imishinga yo kwihangira imirimo.
Shirimpumu Jean Claude uhagarariye aborozi b’ingurube ku rwego rw’igihugu, yafashe icyemezo asezera ku kazi ka Leta ayoboka ubworozi bw’ingurube.
Kuva gahunda ya Girinka yatangizwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu mwaka wa 2006,imaze gutwara amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 39, yakoreshejwe mu koroza abaturage.
Mu mudugudu wa Rubindi mu Ngororero mu mezi 5, imiryango 83 yari yaranze kuva mu manegeka yivanyeyo ikurikiye imirasire y’izuba yahazanywe na polisi y’Igihugu.
Abanyeshuri bo mu kigo cy’amashuri cya Ruhehe kiri mu Karere ka Musanze ntibazongera kwiga bacucitse mu ishuri kuko bubakiwe ibyumba by’amashuri bishya.
Abashigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Gasabo bafite impungenge z’uko bashobora kuzajyanwa kure y’umujyi, nyuma yo kubwirwa ko igishanga bakoreragamo bazakimurwamo.
Ngabo Faraji wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo akorera agera ku bihumbi 600Frw buri kwezi abekesha kwita ku mbwa.
Umuhanda mushya uturuka mu Mujyi ugana Nyabugogo umaze igihe gito ubaye nyabagendwa n’ubwo igice cyawo cyo kuva ahazwi nko kuri Yamaha kugera Nyabugogo kitararangira neza.
Abayobozi n’abakozi b’Akarere ka Nyamasheke ntibazongera gukorera mu nzu zishaje babyigana kuko batashye inyubako nshya bazajya bakoreramo.
Kalisa Parfait wo mu Karere ka Bugesera yiyemeje kurengera ibidukikije afata amapine ashaje y’imodoka akayakoramo intebe zo kwicaraho mu ruganiriro.
Amahoteli atatu yonyine mu Rwanda niyo yashyizwe ku rwego rw’inyenyeri eshanu bigaragaza ko ayo mahoteli ari ku rwego mpuzamahanga ruhanitse mu by’amahoteli.
Mu myaka iri imbere abatuye mu Ntara y’Amajyaruguru ntibazongera kugira ikibazo cya sima kuko muri ako gace hagiye kubakwa uruganda ruyikora.