Kuri uyu wa mbere tariki 11 Gashyantare 2019, umwitozo wo gutanga ubutabazi bw’uburyo butandukanye, bakora nk’aho ikibazo cyavutse uratangira ku kibuga cy’indege cya Kigali.
Mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi hatangiye kubakwa umuyoboro w’amazi ungana n’ibilometero icumi by’uburebure uje gukemura ikibazo cy’ibura ry’amazi cyari kibangamiye abaturage 9,000 babarirwa mu ngo 260 bo mu tugari dutatu kuri dutanu tugize uyu murenge.
Mu rwego rwo kugabanya amafaranga igihugu gitanga mu kugura gaze, Goverinoma y’u Rwanda ibinyujije mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, peterori na gaze n’Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), yasinyanye amasezerano na sosiyete yitwa “Gasmeth Energy Limited”, ikazacukura gaz methane mu Kiyaga cya (…)
Abamotari bose bakora akazi kabo bambaye imyambaro ibaranga bita ‘amajire’ ariho ibirango n’ubutumwa bw’ibigo by’itumanaho bamamaza. Ibyo bigo biha amafaranga impuzamashyirahamwe yabo ariko bo ntihagire na rimwe bahabwa, bakifuza ko na bo hagira ayo bagenerwa.
Mu rwego rwo guha ubumenyingiro bufite ireme urubyiruko kandi bakabuhabwa mu gihe gito kuburyo babasha kujya ku isoko ry’umurimo bagakorera amafaranga, ikigo MOPAS Ltd, cyatangije ishuri rigamije gufasha urubyiruko gukarishya ubumenyi mu gutunganya amashusho, amafoto n’amajwi.
Abemerewe na BDF inguzanyo z’ibikoresho byo gutangira kwihangira imirimo b’i Huye, batekereza ko hari byinshi byari bikwiye guhinduka mu gutanga bene iyi nguzanyo.
Mu bushakashatsi bwa gatanu bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare byagaragaye ko intara y’uburengerazuba ari yo iza ku isonga mu kugira abaturage bakennye ugeraranije n’izindi ntara uko ari enye n’umugi wa Kigali.
I Kamwambi mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye, hari abinubira kuba bamaze imyaka ine bakoreye uwitwa Innocent Kanamugire mu gucukura amabuye y’agaciro akaba atarabishyura.
Abaturage bagera kuri 46 bo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi, baravuga ko bamaze kurambirwa no kwishyuza amafaranga y’ingurane z’imitungo yabo yangijwe mu gihe cyo gukora umuyoboro w’amashanyarazi akomoka ku ruganda rwa nyiramugengeri ruzwi ku izina rya Gishoma peat plant.
Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye, arasaba abari mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe guharanira kukivamo bakajya mu byisumbuyeho, kuko iki cyiciro atari umurage.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe isuku n’isukura WASAC, kiravuga ko kigiye gutangiza uburyo bushya bwo kwakira abafatabuguzi bashya hagamijwe kubaha serivise nziza kandi zihuse.
Uko iterambere ry’igihugu rizamuka, ni na ko umubare w’abanyarwanda bagenda batekereza gutunga imodoka wiyongera. Kigali Today yabakoreye icyegeranyo cy’imodoka eshanu zikunzwe kurusha izindi mu Rwanda kuri ubu.
Ndungutse Jean Bosco umuyobozi w’urugaga rw’abikorera mu ntara y’iburasirazuba avuga ko mu myaka ibiri bazaba bujuje uruganda rutunganya akawunga ruhagaze miliyari ebyiri n’igice.
Mu cyumweru gishize, Kigali Today yanditse inkuru ivuga ukuntu bigoye gukurikirana amafaranga ari kuri konti ya mobile money y’umuntu witabye Imana cyane cyane iyo byabaye mu buryo butunguranye.
Umushinga Peace Plan wateye inkunga insengero uzishyiraho ibigega binini bifata amazi akanayungururwa hagamijwe gufasha abahagenda n’abahaturiye kubona ayo kunywa no kugira isuku.
Abakodesha inzu mu karere ka Rubavu baravuga ko inzu zazamuye ibiciro kubera abanyecongo bari kuzikodesha abandi bakazigura, cyane cyane muri ibi bihe bavuga ko batizeye uko bizagenda ubwo hazaba hatangazwa ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu n’abagize inteko ishinga amategeko.
Abarema isoko rya Gishoma riherereye mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi baravuga ko bamaze imyaka itanu basaba ubuyobozi kubakemurira ibibazo birigaragaramo ariko ntihagire igikorwa.
Bamwe mu banyeshuri bo mu Karere k’ibiyaga bigari batekereza ko Abanyafurika ari bo bitera ubukene, kuko ubukungu karemano bafite bwitwarirwa n’abanyamahanga barebera.
Nyiraruhengeri Esperance wo mu Mudugudu wa Mirama ya mbere mu Kagari ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare yababajwe no gutangira umwaka mushya arya ibishyimbo mu gihe we yifuzaga inyama.
Bamwe mu bakomoka mu karere ka Nyagatare bashinze umuryango udaharanira inyungu hagamijwe kunganira leta mu guteza imbere umuturage.
Abagize Koperative Umuzabibu mwiza ihuriyemo abagore bari bafite ibibazo by’imibereho itari myiza, bakora imyambaro n’indi mitako baboha mu budodo batunganya mu bwoya bw’intama.
Bamwe mu rubyiruko bo mu Murenge wa Bungwe mu Karere ka Burera, bavuye mu kigo ngororamuco cy’Iwawa bashinja Leta kutabaha ubufasha yabemereye ngo batangire ubuzima bushya.
Abatuye akarere ka Nyamasheke basanga hari bimwe mu bibazo by’ingenzi bikwiye kubanza kuva mu nzira kugira ngo babashe guhangana n’ubukene bukabije buhora bubashyira ku mwanya wa mbere w’uturere dufite abaturage bakennye.
Bamwe mu batishoboye bahawe inguzanyo ya VUP bamaze kwambura miliyoni zirenga 78Frw kandi ngo abenshi nta bushobozi bwo kwishyura bafite.
Urubyiruko rukomoka mu miryango ikennye cyane yo mu Karere ka Muhanga, ruravuga ko ibiganiro bigamije kurufasha kwimenya bigiye kurworohereza ibikomere rwaterwaga n’ubwo bukene.
Mu gihe benshi baba babyiganira kujya mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri by’ubudehe, Nzeyimana Jean Nepomscene wo mu murenge wa Nyabitekeri mu karere ka Nyamasheke, avuga ko yifuza kujya mu cyiciro cya gatatu cy’ubudehe.
Igishushanyo mbonera cy’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera, cyavuguruwe hagamijwe kucyagura, kongera ubwiza bwa cyo ndetse no kuvugurura imyubakire, hagendewe ku biranga ibibuga mpuzamahanga bigezweho.
Hari abaturage bavuga ko bacitse ku gusaba inguzanyo ya VUP bitewe n’uko kuyisaba harimo amananiza arenze inyungu yazamuwe ikava kuri 2% ikajya kuri 11% nk’uko byagaragaye ko ari ryo pfundo mu mushyikirano wasojwe kuri uyu wa gatanu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, aravuga ko abayobozi bafata iyambere mugutuma gahunda ziba zashyizweho ngo ziteze imbere umuturage zigenda nabi, ibintu byatumye urugero rw’ubukene butagabanuka mu myaka 3 ishize bagomba gukurikiranwa kandi vuba.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko mbere yo kunenga umuturage ufata inguzanyo ntayishyure cyangwa agatinda kuyishyura, hakwiye kubanza kunengwa imikorere y’abayobozi batuzuza neza inshingano zabo.