Abaturage bo mu murenge wa Cyanzarwe mu karere ka Rubavu biyemeje gushyira miliyoni 12 mu Agaciro Development Fund bagenda batanga inkunga uko bifite.
Abagize Komisiyo zigenzura imikoreshereze y’imari ya Leta (PAC) mu nteko z’ibihugu by’Afurika, bari mu nama y’iminsi itanu i Kigali guhera tariki 17/9/2012, batangaje ko bazashyiraho ingamba zo kurushaho gukumira inyerezwa ry’umutungo w’ibihugu bakoreramo.
Ikigo cy’amashuri yisumbuye Groupe Scolaire Notre Dame de Lourdes cyo mu Byimana nicyo cyatsindiye guhagararira intara y’amajyepfo mu biganiro mpaka bigamije gushishikariza urubyiruko rwo mu mashuri makuru na za kaminuza kwihangira umurimo.
Inama y’Igihugu y’Abagore mu karere ka Gisagara yakusanyije amafaranga ibihumbi 118 yo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund (AgDF); nk’uko bitangazwa na Clémence Gasengayire ukuriye CNF mu karere ka Gisagara.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abaturage bagejejweho amashanyarazi, kuyakoresha uko bikwiye kugira ngo abongerere umusaruro mu byo bakora kuko ari ingirakamaro mu bintu bitandukanye.
Mu karere ka Gisagara kimwe no mu tundi turere tw’intara y’amajyepfo hagiye guterwa ubwoko bw’ubwatsi bugaburirwa amatungo bwera vuba kandi bugatubuka kurusha urubingo rwari rumnyerewe, muri iki gihembwe cy’ihinga.
Abanyamuryango ba Sacco “Abahizi Dukire” ya Mwendo bafatanyije n’ubuyobozi bw’iyi Sacco, bashoboye kwiyubakira inyubako bazajya abakoreramo ifite agaciro k’amafaranga angana miliyoni 25 n’ibihumbi 536, aho abanyamuryango batanze angana na miliyoni 15.
Pelagie Ndacyayisenga ukora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, mu mbogamizi nyinshi ahura nazo mu kazi ke ntizimuca intege, kuko bimurutira kwirirwa yicaye nka bamwe muri bagenzi be ntacyo akora. Gusa akifuza gutwara moto ye kugira ngo yiteze imbere kurushaho.
Bamwe mu banyamuryango bagize koperative icuruza amafi n’ibiyakomokaho (KOVEPO) ikorera mu murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi ntibavuga rumwe na komite nyobozi na ngenzuzi bapfa ko iyi komite manda yayo yaragiye ikaba yaranze gukoresha amatora.
Nyuma yo kubona ko amafaranga akomoka ku bicuruzwa byoherezwa mu mahanga akiri make cyane, kuri uyu wa kane tariki 13/09/2012, Ministeri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) yashyize ahagaragara politiki igenga ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Cooperative jyaheza ubwo twaganiraga nabamwe mubari bayirimo kuri uyu wa 12/09/2012 badutangarije ko bakoraga isuku mu murenge wa Rwimbogo nyuma iza kwamburwa na rwiyemeza mirimo bakoranaga ubu hakaba hashize hafi imyaka ibiri ngo amaso yaheze mu kirere.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, tariki 12/09/2012, yatashye inzu zubatswe n’amakoperative, ibiro by’akagali n’amashyanyarazi yakuruwe n’abaturage bo mu Murenge wa Ruli.
Ubuyobozi bw’umushinga ugamije gutunganya no kongera umusaruro w’amafi mu biyaga by’imbere mu gihugu (PAIGELAC) watangiye gukora imikwabu mu biyaga by’akarere ka Bugesera mu rwego rwo guhigamo imitego itemewe kurobesha.
Guverinoma y’u Rwanda yagiranye amasezerano na sosiyete y’Abanya-Turkiya, yo kubyaza nyiramugengeri ingufu z’amashanyarazi zigera kuri megawati (MW) 100.
Imiryango yari yahawe inka muri Gahunda ya Girinka mu murenge wa Kabatwa mu karere ka Nyabihu, kuri uyu wa 10/09/2012, bazituriye bagenzi babo batishoboye inka 19 ziyifashe kwikura mu bukene.
Abajyanama mu bucuruzi bagera kuri 416 baturuka mu mirenge yose y’igihugu baravuga ko biyemeje guteza imbere abacuruzi bato n’abaciriritse babahugura mu bijyanye no guteza imbere ndetse no gucunga neza ubucuruzi bwabo.
Ubuyobozi bwa banki ya FinaBank bwemereye imiryango itangengwa na Leta kandi idaharanira inyungu z’amafaranga (NGOs), kuzajya zihabwa serivisi ziciriritse kurenza ibindi bigo, birimo gukuraho amafaranga babacaga iyo habaga hari ayo binjije mu Rwanda.
Inkeragutabara zo mu karere ka Nyanza zibumbiye muri koperative zakuye mu bwigunge abatuye ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi, zishyiraho ubwato buzajya bubafasha mu buhahirane kuko ubanzwe nta buryo bwari buriho bwahuzaga aba baturage.
Hifashishishijwe umushinga électrification rurale, akarere ka Gatsibo karateganya ko abantu 10800 bazaba bamaze bamaze kubona amashanyarazi mu mirenge yose igize aka karere mbere y’uko umwaka wa 2012 urangira
Nyuma yuko hagiyeho komite nyobozi eshanu zose zinyereza umutungo wa koperative “AMIZERO” y’abanyonzi ba Kibungo mu karere ka Ngoma, abanyamuryango b’iyi koperative bahisemo guhindura izina kubera amateka mabi yayiranze.
Abakozi ba Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) hamwe n’ab’ibigo biyishamikiyeho, batanze umusanzu ugera kuri miliyari imwe na miliyoni umunani mu kugega ‘Agaciro Development Fund’.
Inzabya ebyiri bategura nk’umutako (vase) zifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 30, zaguzwe amafaranga ibihumbi 500 mu cyamunara tariki 04/09/2012. Izo nzabya zatanzwe n’umugore wahejejwe inyuma n’amateka nk’umusanzu we wo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund.
Abambutsa abantu mu mazi mu Murenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera barifuza ko mu kiyaga cya Cyohoha ya ruguru hashyirwa ubwato bushya bukabafasha guhahirana n’abatuye indi mirenge, kuko ubwakoreshwaga bwahagaritswe.
Kuri uyu wa kabiri tariki 04/09/2012, inzego n’ibigo bitandukanye ndetse n’abaturage ku giti cyabo bo mu karere ka Rutsiro bakusanyije umusanzu wabo urengaho gato miliyoni 349 wo gushyira mu kigega Agaciro Development Fund.
Ubwo yafunguraga ku mugaragaro itorero ry’indangamirwa mu bucuruzi, tariki 03/09/2012, Minisitiri Francois Kanimba yavuze ko aho u Rwanda rugeze mu bukungu hashimishije ariko ko ari ngombwa kongera umuvuduko kugirango icyerekezo 2020 kigerweho uko byifuzwa.
Abanyamuryango bagize koperative CTVRB ikora umurimo wo gutwara abagenzi mu modoka ntoya (taxi voiture) mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi biyemeje gutanga umusanzu w’amafaranga ibihumbi 500 mu kigega Agaciro Developpment Fund (AgDF).
Abaturage n’abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyamasheke beretswe ibyo babashije kugeraho muri 2011/2012, banerekwa ibikubiye mu mihigo basabwa kwesa muri 2012-2013, mu nteko y’akarere yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 31/08/2012.
Imirenge SACCO yose yo mu karere ka Rulindo ngo ifite gahunda yo guteza imbere akarere kayo mu rwego rwo kugafasha guhigura imihigo aka karere kahize ya 2012-2013.
Ubwo yasuraga amwe mu makoperative y’urubyiruko mu karere ka Gatsibo, Minisitiri w’Urubyiruko, Nsengiyumva Philbert, yavuze ko urubyiruko rukwiye gutinyuka kwaka inguzanyo ama banki, rugashyira ingufu mu guhanga imishinga iruteza imbere.
Minisiteri y’ibikorwa remezo yashyizeho gahunda izagena uburyo abanamuryango ba koperative itwara abagenzi (Rwanda Federation of Transport Cooperatives (RFTC), bazajya bakorera mu nyungu imwe bakagabana ayo bakoreye.