Mukeshimana Thacienne wo mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Tare aratangaza ko yahisemo kuba “mucoma” (umuntu wotsa inyama mu kabari) mu kabari ke kugira ngo abashe gutanga serivisi nziza ku bakiriya be.
Mu rwego rwo gufasha za SACCO z’imirenge itandukanye yo mu turere twa Ngororero, Karongi, Kamonyi, Ruhango na Muhanga ikorana na banki ya KCB, iyo banki ikomeje gufasha abayozozi b’izo SACCO kwita ku kunoza imikorere, cyane cyane mugucunga neza umutungo w’abakiriya.
Uruganda rwa BRALIRWA rwenga inzoga n’ibinyobwa bidasindisha ngo rushobora kuba icyitegererezo ku nganda nto zo mu karere ka Nyamasheke zenga ibinyobwa, mu gihe zaba zirwiganye.
Icyegeranyo ku kohereza ishoramari cyashyizwe ahagaragara na Banki y’Isi gishimangira ko u Rwanda rwavuye ku mwanya wa gatatu muri Afurika rukaza ku mwanya wa kabiri nyuma ya Mauritius.
Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro wabereye mu karere ka Nyanza ku rwego rw’igihugu tariki 26/10/2013 inka 66 zagabiwe bamwe mu batishoboye bababaye kurusha abandi hagamijwe kuzamura ubukungu n’imibereho myiza yabo.
Umuyobozi mushya w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Ambasaderi Valentine Rugwabiza, aremeza ko n’ubwo u Rwanda rufunganye rukaba nta n’imitungo kamere myinshi rufite ariko rushobora kuba ahantu abanyamahanga bazajya bifuza gukorera ibikorwa byabo.
Abaminisitiri b’u Rwanda, u Burundi, Tanzaniya na Sudani y’Epfo basuye urugomero rwa Rusumo tariki 27/10/2013 bareberaga hamwe uburyo umushinga wo kuhabyaza amashanyarazi angana na megawate 80 uzakorwa neza umwaka utaha.
Abazamuye inkuta z’ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE) ndetse n’icumbi rya mwarimu byo muri Groupe Scolaire Cyarwa, mu mpera z’umwaka wa 2012, binubira ko bamaze umwaka wose bategereje ko bishyurwa amafaranga yose bakoreye, nyamara ubuyobozi bw’umurenge wa Tumba aya mashuri aherereyemo bukaba buhora (…)
Akarere ka Nyamagabe karatangaza ko gahunda yo kwegurira abikorera ku giti cyabo gukusanya amahoro anyuranye bizatanga umusaruro ushimishije amafaranga kinjizaga akiyongera.
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cyo kuzigama wabereye mu rwunge rw’amashuri rwa Uwinkomo ruri mu murenge wa Tare mu karere ka Nyamagabe, tariki 24/10/2013, byagaragaye ko abana bo muri uyu murenge bamaze kugira ubwizigame bungana na miliyoni 20.
Mu rwego rwo gufasha abapfakazi barokotse Jenoside b’incike, umunyamabanga wa Leta muri ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza, Dr Mukabaramba Alvera yasuye abo mu karere ka Gisagara, baraganira banagezwaho imfashanyo irimo ibiryamirwa.
Nyuma yo kumara imyaka irenga ibiri abaturage b’imirenge ya Mushubi na Nkomane batorohewe no kwambuka umugezi wa Rwondo ubatandukanya kuko ikiraro cyaho cyari cyarasenyutse bigasaba kuvogera, abatuye iyi mirenge bavuga ko kuba iki kiraro kigiye kuzura ari inkunga ikomeye mu iterambere ryabo.
Intumwa zo muri Togo ziri mu Rwanda, ziravuga ko imikorere ya Mwalimu SACCO ikwiye kubabera urugero, kuko hari byinshi imaze kugezaho umwalimu wo mu Rwanda, haba ku giti cyabo ndetse no ku buzima bw’igihugu.
Ikibazo cy’umusoro w’imodoka cyongeye guteza impagarara muri gare ya Musanze, aho kuva kuri uyu wa gatatu tariki 23/10/2013 nta modoka n’imwe ya agences wabona muri iyi gare, ahubwo za twegerane zikaba arizo ziri kujyana abantu muri Kigali na Rubavu.
Havugimana Eraste w’imyaka 41 utuye mu mudugudu wa Mubuga mu kagari ka Nyarusange mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke avuga ko yahisemo gucuranga umuduri kugira ngo abeho aho kwiba cyangwa se ngo asabirize.
Nyuma yo kubona ko kuba umuhanda uhagana udatunganye ari imbogamizi ku iterambere ryabo, abaturage b’akagari ka Buteteri mu murenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe bafashe umwanzuro wo kuwikorera binyuze muri gahunda y’ubudehe.
Mu gihe Leta yashyizeho imirenge SACCO nk’ibigo by’imari ngo bijye bifasha abaturage mu kuzamura ubukungu bwabo, ahatari hake mu gihugu hakomeje kugaragara ubujura bw’ibi bigo by’imari iciriritse.
Kuri uyu wa kabiri tariki 22/10/2013, inzego za Leta zakiriye mu Rwanda itsinda ry’abashoramari baturutse mu Bushinwa, aho bunguranye ibitekerezo ku bisabwa kugirango baze gukorera mu Rwanda, nyuma y’aho mu Bushinwa ngo abikorera batunguka cyane kubera ko abakozi basaba iby’ikirenga.
Abakozi bagera kuri 400 bakora amaterisi mu murenge wa Remera, mu kagali ka Nyamagana, bigaragambije banga gukora akazi bavuga ko inzara ibishe batabasha gukora.
Ku mirenge 180 isanzwe ikorerwamo gahunda ya Vision 2020 Umurenge Program (VUP), hiyongereyeho indi 60 mu rwego rwo gukura abaturage mu bukene bukabije. Umuhango wo gutangiza iki gikorwa wabaye kuri uyu wa mbere tariki 21/10/2013, ubera mu murenge wa Karama, akarere ka Kamonyi.
Abakoze imirimo yo kwagura isoko rikuru ry’akarere ka Ngoma riri mu murenge wa Kibungo baravuga ko rwiyemzamirimo abacunaguza mu kubishyura kandi akanabishyura amafaranga batumvikanye.
Abanyamuryango b’Umurenge SACCO Icyerekezo Rusebeya bishimira iterambere bamaze kugeraho nyuma yo kugana icyo kigo cy’imari cyonyine kiboneka mu murenge wa Rusebeya, bakabasha kubitsa no guhabwa inguzanyo bakayashora mu bikorwa bitandukanye bibateza imbere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko bukomeje kugira ikibazo gikomeye cyo gukorera mu nyubako y’ibiro by’aka karere ishaje kandi ntoya ugereranije n’umubare w’abayikoreramo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwasabye umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bwishyura gutegeka Koperative Ubumwe Bwishyura, kwishyura abantu batatu bayikoreye bakaba bamaze imyaka ibili batishyurwa, bitaba ibyo hakiyambazwa inzego z’umutekano.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko kuba umujyi wabo uri gukura ku buryo bwihuse bituma benshi bibwira ko aka karere gakize cyane ndetse bikabaviramo kubura abaterankunga.
Umuryango wa Cyewusi Catheline wagabiwe inka n’abanyeshuli barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bibumbiye mu muryango AERG-Duhozanye biga mu kigo cya Mutagatifu Yustini Nkanka kubera igikorwa yagaragaje cy’urukundo arera umwana warokotse Jenoside.
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali (BK), James Gatera kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18/10/2013 yaganiriye n’abakiliya b’iyi Banki bo mu karere ka Nyamasheke ndetse asura n’imishinga itandukanye ishyirwa mu bikorwa ku mafaranga ya banki.
Mu gihe mu karere ka Nyagatare kugendana inkoni babibuzanyaga kuko byafatwaga nka kimwe mu byateza urugomo, mu isoko ryo mu murenge wa Rwimiyaga ho hari abafashe icyemezo cyo kwihangira umurimo mu gukora no gucuruza inkoni.
Nyuma y’igihe kigera ku myaka ibili bakora ariko ntacyo bageraho kuko bahoraga basa n’abahanganye, abanyamuryango b’amakoperative abiri akora umwuga wo gutwara abantu kuri moto mu Murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo, yihurije hamwe kugirango yongeranye imbaraga kandi bagire icyerekezo gifatika.
Mu birori byo kwizihiza umunsi w’abasora byabereye ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo mu karere ka Nyanza tariki 17/10/2013 ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) cyahembye abitwaye neza mu gutangira imisoro ku gihe kandi neza.