Nyuma yo gufunga amwe mu mazu y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Butare kugira ngo azasimbuzwe amashyashya yubatse ku buryo bwa etaji, ntibyoroheye bamwe mu bayakoreragamo kubona ahandi hantu ho gukorera imirimo yabo y’ubucuruzi.
Nyuma yaho komisiyo y’ubukungu y’akarere ka Rusizi igaragaje ko hari amafaranga akoreshwa bitari ngombwa, abajyanama b’akarere basabye ubuyobozi kudasesagura umutungo wa Leta kuko ngo hari byinshi bikenewe kandi bifitiye igihugu akamaro ayo mafaranga yakagombye gushorwamo.
Abakenera isakaro ry’amategura mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara baratangaza ko babangamiwe n’ikibazo cy’ibura ry’amategura , kuko mu murenge wose ugizwe n’utugari 4 hakora koperative imwe, bigatuma igiciro cy’amategura gikomeza kuzamuka.
Mu rwego rwo kureba uko umujyi wa Rusizi wagira imyubakire ijyanye n’iterambere hakubakwa amazu n’ibikorwa remezo bijyanye n’igihe, abayobozi ku rwego rw’intara y’uburengerazuba n’ab’inzego z’ibanze bazengurutse uyu mujyi bareba ko inyubako basabwe kujya bakora zubahirizwa.
Nyuma yuko Gakwerere Francis aguze inzu muri cyamunara hanyuma agatangira kuyikorera amasuku yubaka ibipangu byayo , ngo yatunguwe no kubona abayobozi bashinzwe ubwubatsi mu karere zimuhagaritse kubaka ibikuta by’inzu ye bavuga ko ngo yarenze imbago z’umuhanda.
Minisitiri w’Imari muri Niger, Gilles Baillet, uri mu wari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, yongey gutangaza ko yishimiye ibihe byiza yahagiriye, cyane cyane ko yahakuye ubumenyi ku buryo ibihugu byacunga imari yabo mu miyoborere myiza.
Ministiri w’imari w’igihugu cya Niger, Gilles Baillet waje ayoboye itsinda ryo kwigira ku Rwanda uburyo ingengo y’imari ya Leta ikoreshwa, yahaye ikaze Abanyarwanda bifuza gushora imari mu gihugu cye, haba mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubucuruzi bwa peterori cyangwa gushora ibiribwa muri Niger.
Nyuma y’isuzuma ry’imyubakire ijyanye n’umujyi w’akarere ka Rusizi yakozwe n’ubuyobozi bw’akarere n’ubw’intara, uwaguze Hotel Ten To Ten yahawe iminsi itatu ngo abe yasenye inyubako yayongeyeho kuko ngo itujuje ibyangombwa bisabwa n’amategeko.
Bamwe mubasaba akazi mu mirimo itandukanye mu karere ka Muhanga, bakomeje kuvuga ko itangwa ry’akazi ridakorwa mu mucyo hagamijwe kugaha abazwi icyo bo bita ikimenyane.
Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo mu Karere ka Rusizi bavuga ko kutagira isoko rusange bibadindiza bigatuma batabasha kwikura mu bukene.
Abatuye umudugudu wa Bikingi, kagari ka Kijote mu murenge wa Bigogwe bafite amazu yasambuwe n’umuyaga uvanze n’imvura yaguye mu masaha ya saa kumi z’umugoroba tariki 06/01/2014 barasaba ubufasha bwo kuyasana.
Imwe mu mbogamizi ituma umubare w’imisoro iba yitezwe kugerwaho itaboneka uko bikwiye mu karere ka Nyabihu, harimo cyane cyane abapakira amamodoka bitwikiriye ijoro kugira ngo bakwepeshe imisoro.
Abatwara abagenzi kuri moto mu karere ka Ngoma bari mu gihirahiro kubera kwirirwa bacibwa amande yuko batahaye abagenzi akanozasuku kandi ngo aho batuguraga tutakibayo.
Leta irashima uruhare itangazamakuru rikomeje kugira mu kuyifasha kurwanya ikoreshwa nabi ry’umutungo wa Leta, kuva urwego rwa Leta rushinzwe gukurikirana uko umutungo wa Leta ukoreshwa (OAG) rwajyaho mu myaka 15 ishize.
Abacuruzi bakorera mu karere ka Ruhango, baravuga ko uyu mwaka mushya wa 2014 bawutangiranye ingamba nshya z’ubucuruzi, kuko ngo bazakora ibishoboka byose ngo ubucuruzi bwabo butere imbere.
Urubyiruko rugera kuri 50 rwo mu karere ka Kayonza rwahuguwe ku bijyanye no kwihangira imirimo mu kigo cy’urubyiruko cya Kayonza, rwahawe impamyabushobozi nyuma y’amezi atatu rwari rumaze ruhugurirwa muri icyo kigo.
Nyuma y’igihe kitari gitoya ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bwizeza gare abagatuyemo n’abakagendamo, noneho iri kubakwa na KVSS, ibitewemo inkunga n’inkeragutabara (reserve force) izaba ishobora kwifashishwa mu kwezi kwa 3/2014.
Ubuyobozi bw’ibagiro rya kijyambere ryuzuye ritwaye amafaranga asaga miliyari eshatu mu karere ka Rubavu, butangaza ko butangiye guhangayikishwa n’imikoranire y’ababazi n’ubuyobozi bw’akarere kuko bishobora kubagusha mu gihombo.
Akarere ka Bugesera kagiye kwakira imiryango 200 ibarirwamo abantu basaga 600 birukanywe muri Tanzaniya. Habaye umuganda udasanzwe wo gusukura aho aba banyarwanda bazagera mu Bugesera tariki 04/01/2014 bazaba bacumbikiwe by’agateganyo mu gihe cy’amezi atatu.
Abarimu batandukanye bo mu Karere ka Gatsibo baranenga imikorere y’Umwarimu SACCO, ishami ryo mu Murenge wa Kabarore ari naryo rikuru muri aka Karere kubera serivisi ibaha bavuga ko ari mbi.
Abaturage batuye mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke bafite ibikorwa byahungabanyijwe n’ishyirwa mu bikorwa ry’igishushombonera cy’Umujyi wa Gakenke barasaba kwishyurwa amafaranga y’ingurane ku mitungo yabo.
Ikibazo cy’amashyamba atemwa agatwikwamo amakara agurishwa mu gihugu cya Congo kimaze gufata intera kuburyo ubuyobozi butabyitondeye bwazasanga amashyamba yarashize kandi agomba kongerwa.
Ikusanyirizo ry’amata ryafunguwe mu mwaka wa 2009 na Minisitiri w’intebe nyuma yaho gato ryaje guhita rifunga imiryango kubera ibibazo bitandukanye birimo amakimbirane ndetse no kutiga neza umushinga.
Mu mujyi wa Karongi huzuye igorofa y’amazu atatu yitwa ’Kivu Plaza’ yubatswe n’ishyirahamwe ’Munywanyi’ ry’abagabo batatu. Iyo gorofa biravugwa ko ishobora gutahwa ku mugaragaro mbere y’uko umwaka wa 2013 urangira.
Abaturage b’akarere ka Bugesera barishimira ko serivise yo kwandikisha ingwate yorohejwe kuko banki arizo zisigaye zandikisha ingwate mu kigo gishinzwe kwihutisha iterambere, ingwate z’abakiliya bazo baka inguzanyo dore ko mbere umukiriya ariwe wigiraga i Kigali ku cyicaro cya RDB.
Ubuyobozi bw’akakarere ka Rwamagana bwijeje abaturage bo murenge wa Gahengeri wo muri ako karere, ko amazi basaba azaba yabonetse mu gihe kitarenga amezi abiri. Abo baturage bavuga ko ikibazo cy’amazi kibahangayikishije kuko ngo bahurira ku iriba rimwe riri mu kabande, ari utugari dutanu.
Bamwe mu batuye mu mudugudu wa Ruvumera ho mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga baturiye ruhurura, ibarizwa ahazwi ku izina rya Sprite baravuga ko bahangayikishijwe n’umwanda ukomeje kugaragara muri iyi ruhurura.
Abacuruzi bakorera mu isoko rya Gakenke baganiriye na Kigali Today tariki 27/12/2013 batangaza komuri iyi minsi mikuru bitandukanye n’indi myaka yatambutse kuko ibiciro by’ibicuruzwa ku isoko bitahindutse ngo bizamuke.
Abaturage bo mu karere ka Burera bavuga ko guturira umupaka bibafitiye akamaro kuko ibyo baba badafite bajya kubihaha mu gihugu baturanye maze bigatuma habaho ubuharirane hagati y’abaturage batuye ibihugu byombi.
Mu mujyi wa Karongi hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahazubakwa igorofa y’amazu ane rizaba rifite agaciro ka miliyoni zirenga 950 z’amafaranga y’u Rwanda. rikazubakwa ahahoze inyubako y’urukiko rw’umurenge wa Bwishyura.