U Rwanda rwemeje amasezerano y’ubwikorezi bwo mu kirere
Yanditswe na
Jean de la Croix Tabaro
Inama y’Abaminisitiri yemeje burundu amasezerano yo gutwara abantu mu kirere, hagati ya Leta y’u Rwanda n’ibihugu by’inshuti.
Urutonde rw’ibi bihugu ruriho Algeria, Azerbaijan, Botswana, Costa Rica, Guyana, Morocco Trinidad and Tobago ndetse na Senegal.
U Rwanda rufite amasezerano yitwa Bilateral Air Services Agreements (BASA) n’ibihugu byinshi ku isi, agamije korohereza indege gutwara abagenzi n’imizigo hagati y’ibihugu byombi.
Aya masezerano ni yo atuma nk’urugero indege za RwandAir cyangwa iz’ibindi bihugu zibasha gukora ingendo mpuzamahanga mu buryo bwemewe n’amategeko.
Nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’u Rwanda, kugeza mu 2023 u Rwanda rwari rumaze gusinyana amasezerano ya BASA n’ibihugu 122.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|