Ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), cyatangije umushinga wo koroza abaturage bakennye amatungo magufiya, ari yo ihene, intama, ingurube n’inkoko.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare barifuza ko bafashwa mu kubona amazi mu nzuri kuko kenshi igihe cy’impeshyi amatungo yabo abura amazi yo kunywa, kubera ko valley dams zabafashaga zasibamye.
Gahunda yo gutera inka intanga mu Karere ka Gicumbi, ni kimwe mu bikomeje kongera amatungo atanga umukamo ushimishije, aho ku munsi litiro z’amata zikamwa zigeze ku 101,700 mu gihe mu myaka ishize by’umwihariko mu mwaka wa 2017, ku munsi hakamwaga litiro ibihumbi 56.
Abaturage bahinga icyayi mu Mirenge ya Nyundo na Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, baravuga ko basabwe kwishyura imisoro y’ubutaka bwa Leta buhinzeho icyayi mu bishanga, bakifuza ko iyo misoro yakurwaho kuko igihe icyo ari cyo cyose Leta yashakaubwo butaka bayibusubiza.
Nyuma y’igerageza ry’ubuhinzi bw’inkeri ryari rimaze amezi atandatu rikorerwa mu turere dutandukanye tw’Igihugu, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) hamwe n’Umushinga uterwa inkunga n’Abaholandi ‘HortInvest’, bemeje ko icyo gihingwa kigiye gutezwa imbere kuko ari imari ishyushye.
Bamwe mu bahinga umuceri mu gishanga Rusuri-Rwamuginga-Cyarubare, ubwanikiro bw’umuceri bwababanye butoya ku buryo usanga banitse mu muhanda, ibinyabiziga bikawukandagira, bakaba bifuza kubakirwa ubwanikiro bwagutse.
Abahinzi mu Itara y’Iburasirazuba bavuga ko guhindagurika kw’ibiciro by’imyaka ku isoko biri ku isonga mu gutuma bamwe batitabira guhunika umusaruro.
Beterave ni igihingwa kibarirwa mu binyabijumba n’ubwo ubusanzwe ari uruboga. Kuri beterave itukura ikunze guhingwa mu Rwanda, ari nayo iyi nkuru yibandaho, igice cyo hasi cyangwa se ikijumba cyayo ni cyo kiribwa, mu gihe hari n’ubundi bwoko bwa beterave buribwa amababi gusa.
Aborozi b’inka bagenda bigishwa uburyo bwo guhunika ubwatsi bw’amatungo, bavuga ko babonye kubikora bifitiye akamaro amatungo mu mpeshyi, ariko ko basanze kubigeraho bihenze.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Emmanuel K. Gasana, avuga ko umusaruro w’ibigori w’iki gihembwe cy’ihinga n’uboneka, abaturage batazongera kuwuhendwaho kubera ubufatanye bw’inzego bugamije ko umuturage ahabwa igiciro cyagenwe na Leta, aho kuba icyishyirirwaho n’abamamyi.
Nyuma y’uko abahinzi bo mu Turere twa Nyaruguru na Nyamagabe batahwemye kugaragaza icyifuzo cyo kugezwaho ishwagara ihagije itanahenze kugira ngo babashe kweza, bagiye kujya bayihabwa kuri nkunganire.
Ku wa Gatanu tariki 02 Nyakanga 2021 mu gitondo nibwo byatangajwe ko amafi apima toni zirenga 109 yo muri kareremba mu Kiyaga cya Muhazi yapfuye.
Mu kiyaga cya Muhazi giherereye mu Karere ka Rwamagana haravugwa ikibazo cy’amafi menshi yororerwa muri icyo kiyaga yapfuye. Abafite amafi yororerwa muri icyo kiyaga baravuga ko ayapfuye abarirwa muri toni 100 akaba ngo yazize imihindagurikire y’amazi.
Abahinzi bo mu Karere ka Burera baratangaza ko bagiye kurushaho kongera umusaruro, babone uko bihaza mu biribwa banasagurire amasoko, bitewe n’ubwoko bushya bw’imbuto y’Ibishyimbo, bwashyizwe ahagaragara n’Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ku wa kane tariki 24 Kamena 2021.
Umubyeyi wo mu Karere ka Gisagara ufite uruhinja rw’amezi abiri arishimira ko yagiye gutombora inka muri gahunda ya Girinka agatombora iyaraye ibyaye.
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha mu Karere ka Ruhango bagabiye uwari umusirikare mu ngabo za (RPA) zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buratangaza ko ubucuruzi bw’amata bukorwa mu kajagari, biri mu bikoma mu nkokora ubuziranenge bwayo, ndetse n’ingano y’umukamo iba ikenewe ngo atunganywe neza kandi anongererwe agaciro ntiboneke uko bikwiye.
Mu Karere ka Gakenke hafunguwe ibagiro ry’ingurube ryuzuye ritwaye agera kuri miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda, aho rije kongera ubuziranenge n’isuku y’inyama z’ingurube cyangwa se ‘akabenzi’.
Utumatirizi (Mealybugs), ni udusimba duto tw’umweru dufite amaguru menshi ku mpande zose zikikije igihimba cyenda gusa n’ibara ry’ivu.
Abantu benshi bagira imitekerereze inyuranye ku mibereho y’inzuki, ndetse bamwe bakibwira ko ari udusimba tugira ubugome. Nyamara ubuzima bw’inzuki buratangaje kandi burangwa n’imwe mu mico yo kubaha inzuki z’ingore kuko ingore ari zo zivamo umwamikazi (urwiru).
Umuyobozi wa Koperative Rwangingo Rice Growers, Kalisa Eugene, yibaza ukuntu inka zivuye mu rwuri zikajya aho zitagenewe zifatwa zigatezwa cyamunara nyamara inyamaswa zajya mu baturage zikabangiriza imyaka bigafatwa nk’ibintu byoroshye.
Abafite mu nshingano zabo kwita ku mukamo, baratangaza ko ikigero cy’abitabira kunywa amata mu Rwanda kikiri hasi, ugereranyije n’ibipimo byo ku rwego mpuzamahanga.
Abahinzi ba kawa bo mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko babangamirwa n’ubuto bw’igiciro ihabwa kandi kigahindagurika ndetse n’ubuke bw’ifumbire mvaruganda bagenerwa bigatuma bateza uko bikwiye.
Abaturage batuye mu mirenge ya Katabagemu na Karangazi no mu Kagari ka Ryabega mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare barishimira iterambere bagejejweho babona amashanyarazi bamwe batari bafite, abandi bishimira ko babonye amashanyarazi afite ingufu aho bakoreshaga amashanyarazi adafite ingufu ya monofaze (…)
Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi (EU), Nicola Bellomo avuga ko ikawa y’u Rwanda igenda irushaho kumenyekana ku rwego mpuzamahanga.
Inanasi ni igihingwa kiri mu biza ku isonga mu kuzamura iterambere ry’abatuye Akarere ka Gakenke, aho byibura buri mwaka batabura umusaruro ufite agaciro ka miliyoni 318, abaturage bakaba bakomeje kugana ubwo buhinzi bagize umwuga, mu rwego rwo kuzamura iterambere ryabo.
Ibitaro by’amatungo byitwa New Vision Veterinary Hospital biherereye mu Murenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze byazanye ubuvuzi butamenyerewe bw’amatungo bumeze neza neza nk’ubukorerwa abantu, ku buryo n’itungo rirembye rihabwa ibitaro.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Geraldine Mukeshimana, arizeza abahinzi mu gishanga cya Rwangingo, ko bazakorerwa umuferege uyobora amazi ku buryo hegitari 150 zidahingwa kubera amazi menshi zizahita zitangira guhingwa.
Ubuhinzi bw’inkeri mu Rwanda, busa n’aho ari bushya kuko si igihingwa wabona muri buri gace nk’ibishyimbo, ibijumba cyangwa ibindi bimenyerewe mu Rwanda. Gusa muri iyi myaka ya vuba, ubuhinzi bw’inkeri bugenda bwiyongera ndetse havuka na koperative zikora imitobe n’ibindi mu nkeri ndetse na Entreprise Urwibutso ya Sina (…)
Ifumbire ikorwa hifashishijwe iminyorogoto y’umushinga Golden Insects Ltd wa Imbabazi Dominique Xavio wo mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, ikomeje gushimwa n’abaturage aho bagaragaza byinshi itandukaniyeho n’iyo basanzwe bakoresha y’imborera, ariko bakagira ikibazo cyo kuyigura ari benshi kuko ihenze.