Faustin Munyakazi, ukorera umwuga w’ubuvumvu mu nkengero za Pariki y’igihugu ya Nyungwe mu murenge wa Kitabi, aratangaza ko amaze guteza imbere urugo rwe n’imibereho y’abarugize kubera uwo mwuga uzwi ku izina ry’ubuvumvu.
Inda ni udusimba tubamo amoko menshi atandukanywa n’amabara yazo. Harimo Aphis craccivora na Aphis Pomi.
Abahinzi bo mu karere ka Nyagatare barakangurirwa kwitabira ubuhinzi bw’imbuto y’ibishyimbo nshya ikungahaye ku ntungamubiri ndetse igatanga n’umusaruro uhagije ugereranyije n’ibindi bari basanzwe bahinga.
Abayobozi icyenda bo mu gihugu cya Malawi, tariki 05/06/2013, batangiye urugendo-shuri mu karere ka Kirehe aho bazamara iminsi ibiri basura amakoperative y’abahinzi, banareba uburyo ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye ryubahirizwa muri ibyo bikorwa by’ubuhinzi.
Umunyarwanda Gafaranga Joseph wari hagarariye ishyirahamwe ry’abahinzi IMBARAGA mu birori byo kwizihiza umunsi w’igihingwa cy’ibirayi mu karere k’ibiyaga bigari (CEPGL) atangaza ko abahinzi muri ibyo bihugu barishimira icyo gihingwa kuberako cyera vuba kandi kikihanganira indwara ugereranyije ni igihingwa cy’imyumbati (...)
Itsinda ry’Abadepite batanu bagize Komisiyo y’Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije basuye akarere ka Gakenke kuri uyu wa Gatanu tariki 31/05/2013, kugira ngo birebereye ibibazo bididinza igikorwa cyo gutera inka intanga.
Aborozi bo mu mirenge y’akarere ka Rutsiro iherereye ku ishyamba rya Gishwati bavuga ko amafaranga 80 bahabwa kuri litiro y’amata ari macye cyane bagereranyije n’ingufu ubworozi bwabo bubasaba ndetse n’agaciro k’ifaranga muri iki gihe.
Abahinzi bahinga umuceri mu gishanga cya Ntende mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko igihe cy’izuba batabona umusaruro uhagije kuko umusaruro w’ubuhinzi uba muke cyane.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buri kugenzura abororera inka mu nkengero z’ishyamba rya Gishwati bavugwaho kwigabiza inzuri za Leta nta wazibahaye rimwe na rimwe ndetse hakavukamo n’ubwumvikane bucye biturutse ku kugonganira kuri izo nzuri.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB), Dr Mbonigaba Jean Jacques, avuga ko hagiye kuba impinduka mu bucuruzi bw’ifumbire mva ruganda isanzwe itumizwa hanze na Minisitere y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI).
Abahinzi b’urutoki kuri iki gihe bashishikarizwa guhinga ubwoko bw’ibitoki butanga umusaruro mwiza harimo ibyitwa FIA 17 na FIA 25.
Semwiza Jean Damascene, umuturage wo mu Mudugudu wa Gaseke, Akagari ka Rango A, ho mu Karere ka Huye, yiyemeje guhinga urutoki mu buryo bwa kijyambere, ndetse anareka ibindi yari asanzwe akora.
Bamwe mu bahinzi bo mu karere ka Musanze baravuga ko gukoresha imashini mu buhinzi bwabo bituma bakoresha amafaranga make, bikihutisha igikorwa ndetse bikanatuma umurima umera neza kuko imashini igera ku mu butaka kurusha amaboko y’abantu.
Umushakashatsi akaba n’umwarimu mu ishuri rikuru ISAE Busogo ukomoka mu gihugu cya Koreya y’Epfo yakoze ubushakashatsi asanga imbuto y’amashu y’iwabo ishobora kungukira Abanyarwanda kurusha isanzwe ihingwa ino.
Nyuma y’igihe kirekire abahinga umuceri mu gishanga cy’Umukunguri, barya umuceri basekuye mu isekuru, kuri ubu hashize amezi abiri babonye uruganda ruwubatonorera, bakaba bishimiye ko batagitanga amafaranga yo kuwutonoza cyangwa ngo bawusekure.
Umwe mu bahinzi borozi bo mu ntara y’Amajyaruguru mu karere ka Rulindo witwa Ruzibiza Jean Claude aratangaza ko mu Rwanda bishoboka ko hahingwa igihingwa cya pome kuko nawe yatangiye kugihinga.
Nyuma y’uko bigaragaye ko mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Ngoma amaterasi yaho yakozwe nabi kuko nta musaruro yabahaga, abaturage basabye akarere kuzagenzura neza uzafata isoko ryo kuyubaka kugirango batazongera kononerwa ubutaka.
Umusore witwa Pierre Canisius Dushimimana utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, atangaza ko guhinga ibihumyo bimuha amafaranga bikamufasha kwikenura nk’urubyiruko ruri kubaka ejo hazaza harwo.
Bamwe mu bazobereye mu kumenyekanisha ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda, barerekana ko hari abakorera mu Rwanda bajya gushaka imyaka hanze y’igihugu kandi ihari kuko baba batamenye ko ihari ngo babe ariho bayigura.
Nyuma y’aho mu murenge wa Mulinga mu karere ka Nyabihu, na Cyanzarwe na Busasamana mu karere ka Rubavu hagaragariye indwara y’uburenge ku nka, iyi mirenge yashyizwe mu kato.
Bimwe mu binyamakuru bikorera hanze y’igihugu byari bimaze iminsi bitangaza ko mu karere ka Muhanga hari inzara imereye nabi abaturage nyamara umuyobozi wako we arabihakanira kure.
Nyuma yuko abaturage bo mu murenge wa Bweyeye basaranganyijwe igishanga cya Matyazo, bamwe banze gutangira guhinga kubera bagenzi babo bari basanzwe bafitemo imirima babateraga ubwoba bababwira ko nibatinyuka guhinga ahahoze imirima yabo bazabaroga.
Iyo waganiraga n’abaturage bo mu mirenge ya Matimba na Musheri ho mu karere ka Nyagatare, benshi wasangaga binubira uburyo Leta yabategetse guhinga ibigori mu kibaya cya Rwentanga ariko ubu barishimira ko babihinze.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Karibata Agnes, arahumuriza abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cya Rurambi mu karere ka Bugesera, ko Leta izabunganira mu kurandura urufunzo ruri muri icyo gishanga kugira ngo bazabashe kugihingamo umuceri.
Mu gihe hashize iminsi mike amakoperative y’abahinzi b’ingano mu karere ka Nyamagabe asinyanye imihigo n’ubuyobozi bw’akarere, abahinzi bavuga ko ntakabuza bazabasha kubona umusaruro mwinshi w’ingano cyane ko bafite icyizere cyo kubona isoko.
Ikibazo cy’imigabane ishyirwa mu mushinga wa CEPGL wita ku bushakashatsi mu buhinzi (IRAZ) cyongeye kugaragazwa mu nama yahuje abayobozi muri minisiteri z’ubuhinzi z’ibihugu bigize CEPGL (Rwanda, Burundi na Congo) tariki 25/04/2013.
Minisiteri y’ubuhinzi n’Ubworozi, ibinyujije mu mushinga Livestock Infrastructure Support Programme (LISP) yatangiye kubaka imiyoboro y’Amazi azakwirakwizwa mu nzuri mu karere ka Nyagatare.
Kwishyura ifumbire mvaruganda itangwa n ikigo gishinzwe kohereza ibintu mu mahanga (NAEB) bikomeje kuba ikibazo cy’ingutu. Mu Karere ka Gakenke habarurwa umwenda wa miliyoni hafi 87 z’ifumbire yatanzwe mu mwaka 2011, amakoperative ya kawa agomba kwishyuza abahinzi.
Nyuma y’uko mu gihugu cy’Ubushinwa hagaragariye indi virusi nshya H7N9 y’ibicurane by’ibiguruka, ikigo gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) cyamaze impungenge aborozi b’ibiguruka mu Rwanda bari batangiye gukeka ko iyo virusi yageze muri Uganda, aho bakura ibyangombwa bijyane n’ubworozi bwabo.
Abakorera bushake b’ikigo cy’u Buyapani gishinzwe iterambere mpuzamahanga (JICA) barongerera ubumenyi abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cya Kizanye cyo mu murenge wa Ruhuha mukarere ka Bugesera uburyo bwo guhinga ahantu hato kandi bakabona umusaruro mwinshi.