Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yitabiriye ibirori byo kwizihiza ubwigenge bw’u Burundi
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, yageze i Bujumbura mu Burundi, akaba yagiye ahagarariye Perezida Paul Kagame mu birori byo kwizihiza ubwigenge bw’u Burundi.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko Dr. Edouard Ngirente akigera i Burundi yakiriwe na Visi Perezida w’icyo gihugu, Prosper Bazombanza.
Benshi mu bavuze kuri iki gikorwa ku mbuga nkoranyambaga bishimiye uru ruzinduko kuko rutanga icyizere mu kugarura umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi, dore ko umaze igihe warajemo agatotsi.
Prime Minister Dr. Edouard Ngirente has arrived in Bujumbura to represent H.E President Paul Kagame at the celebration of the 59th Independence Day of the Republic of Burundi. He was received by Prosper Bazombanza, Vice-President of Burundi.
— Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) July 1, 2021
U Rwanda n’u Burundi bisanzwe ari ibihugu bifite byinshi bihuriyeho cyane ko n’ururimi rw’ibihugu byombi rwenda gusa. Ibihugu byombi byabonye ubwigenge igihe kimwe tariki 01 Nyakanga 1962 ku bukoloni bw’Ababiligi (hashize imyaka 59). Mu Rwanda kuri iyi tariki hatangwa ikiruhuko, naho ibirori bigahuzwa n’umunsi wo kwibohora tariki 04 Nyakanga.

Umubano w’ibihugu byombi warushijeho kuba mubi guhera mu mwaka wa 2015 ubwo u Burundi bwashinjaga u Rwanda gucumbikira abashatse guhirika ubutegetsi mu Burundi, ariko u Rwanda na rwo rugashinja u Burundi gucumbikira no gushyigikira abahungabanya umutekano w’u Rwanda.
Perezida Kagame mu nama ya Komite nyobozi y’Umuryango FPR Inkotanyi aherutse guca amarenga ko umubano w’u Rwanda n’u Burundi urimo kunozwa, avuga ko ibihugu byombi birimo kuganira uko byakumvikana bikabana neza.
Ohereza igitekerezo
|
Ibintu ni très bien
MINISITIRI WACU YADUHAGARARIYE NEZA KANDI MBONA UMUBANO UZAGARUKA