Perezida Paul Kagame hamwe n’abanyacyubahiro batandukanye bitabiriye inama ya CHOGM, kuri uyu wa Kane tari 23 Kamena 2022, bashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda rw’inkingo, i Masoro mu Karere ka Gasabo.
Abahutu bari barakatiwe igihano cy’urupfu no gufungwa uburundu, ni bo bavugwaho kuba barishe Abatutsi bari bafungiye muri Gereza ya Gikongoro. Byagarutsweho n’abatangabuhamya batandukanye mu rubanza rwa Laurent Bukibaruta wahoze ayobora Perefegitura ya Gikongoro, kuri ubu akaba arimo kuburanishwa n’urukiko rwa rubanda rwo (...)
Nyiri ikiganiro The Daily Show, akaba n’umunyarwenya wo muri Afurika y’Epfo, Trevor Noah, yavuze ko abantu badakwiye guhora bareba Afurika mu bintu bike bumvise cyangwa babonye kandi bibi, ahubwo ko bakwiye kumenya ko hari n’ibyiza bihari kuri uyu mugabane.
Polisi y’u Rwanda yasobanuye uburyo imihanda mu mujyi wa Kigali ikoreshwa kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Kamena 2022, mu rwego rwo korohereza abazitabira inama ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma (CHOGM) mu mujyi wa Kigali.
Ni amagambo yatangajwe n’umutangabuhamya w’umugabo ufite imyaka 48 wari mu banyeshuri bigaga ku ishuri rya Marie Merci kugera Jenoside ibaye. Ni mu rubanza rubera Paris mu bufaransa, ruregwamo Laurent Bucyibaruta wari Perefe wa Gikongoro ku byaha bya Jenoside, aho urukiko rukomeje kumva ubuhamya ku bwicanyi bwakorewe (...)
Minisiteri y’Uburezi yahembye abanyeshuri 30 biganjemo abiga mu mashuri abanza, bo mu turere twose tw’igihugu bahize abandi mu marushanwa yo gushushanya ibihangano bifitanye isano n’Inama ya CHOGM izabera mu Rwanda muri uku kwezi.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), rutangaza ko rumaze igihe rukora ibintu byinshi bitandukanye mu rwego rwo kwitegura kwakira abashyitsi bazitabira CHOGM, ndetse rukemeza ko kugeza uyu munsi rwiteguye neza.
Umuhanzi w’Umunyarwandakazi, Clarisse Karasira usigaye utuye muri Amerika n’umugabo we Ifashabayo Dejoie, bibarutse umwana w’umuhungu, maze bandika ko bahaye Imana icyubahiro ndetse bashimira abantu babasengeye.
Alopecia ni indwara ituma umuntu atakaza umusatsi ukava ku mubiri, hari ubwo bifata igice kimwe cyangwa bigafata ahari umusatsi hose, hari ubwo ku gice cy’umutwe uvaho bikamera nk’aho bagukubise urushyi umusatsi ukomokana n’ikiganza, ahandi ugasigaraho.
Bamwe mu baturage bo mu ntara y’Iburasirazuba barishimira serivisi z’ubuvuzi bakomeje kwegerezwa ku bitaro bya Gahini, by’umwihariko kuvura amaso kuko bituma babasha kwivuriza ku gihe, bitabasabye kujya i Kabgayi, hafatwa nk’ahafite inararibonye mu kuvura amaso.
Ku wa Gatatu tariki 8 Kamena 2022, mu rukiko rwa rubanda rwa Paris, hakomeje kumvwa ubuhamya ku bwicanyi bwakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro.
Abantu umunani batanze ubuhamya mu rubanza ruregwamo uwahoze ari Perefe wa Gikongoro Laurent Bucyibaruta, ukurikiranyweho icyaha cya Jenoside n’ibindi bifitanye isano na yo, ku bwicanyi bwakorewe Abatutsi kuri Paruwasi Gatolika ya Cyanika mu 1994.
Abanyeshuri bibumbiye muri AERG Icyizere biga mu kigo cya EAV Kivumu, giherereye mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, baravuga ko abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 barushywa n’ubusa kuko ubu urubyiruko rwamaze gusobanukirwa n’ukuri kuri iyo Jenoside.
Ubwo ku wa Kabiri tariki 31 Gicurasi 2022, undi mutangabuhamya yageraga imbere y’urukiko, yavuze ko Laurent Bucyibaruta akwiye kumvira umutimanama we, akemera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, agasaba imbabazi, agafatanya n’abandi Banyarwanda kubaka Igihugu cye.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Dr Mpunga Tharcisse, arasaba abatarikingiza Covid-19 kwirinda kujya ahahurira abantu benshi, kuko ari ukwishyira mu kaga.
Urwego Mpuzamahanga rwasigaranye inshingano z’icyahoze ari urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, rwatangaje ko Maj. Protais Mpiranya washakishwaga kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yapfuye muri 2006.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko umukobwa witwa FURAHA Drava Florence w’imyaka 25 y’amavuko wendaga kuba umubikira wari wabuze mu minsi ishize yabonetse, akaba yishyikirije Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Kane tariki 12 Gicurasi 2022.
Perezida wa IBUKA mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge avuga ko mu bibazo by’ingutu abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bagifite muri uyu Murenge ari ibibazo by’abantu bafite ubumuga batewe na Jenoside no kutagira amacumbi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), cyongeye kugaragaza urutonde rw’abacuruzi batatanze inyemezabuguzi za EBM cyangwa bagatanga izitubya umusoro, bakaba barabihaniwe.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022, nibwo hamenyekanye inkuru ivuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi noteri witwa Uwitonze Nasira.
Abimukira hafi 44 baburiwe irengero nyuma y’uko ubwato barimo burohamye mu mazi ku nkengero z’amazi muri Sahara y’Iburengerazuba.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Miss Iradukunda Elsa wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2017. Arakekwaho gukoresha inyandiko mpimbano no kubangamira iperereza.
Urukiko rukuru rwa Guinea rwatangaje ko Alpha Condé wahoze ari Perezida w’icyo gihugu, n’abandi bari abayobozi 30 bahoze muri Leta ye, bagiye gukurikiranwa ku byaha bakekwaho.
Ubwo hibukwaga abari abakozi n’abayobozi b’icyahoze ari Minisiteri y’Urubyiruko (MIJEUMA), abakinnyi ndetse n’abahanzi bishwe muri Jenoside, abahanzi bitabiriye icyo gikorwa basabwe guhanga ibihangano byubaka u Rwanda, ndetse urubyiruko muri rusange rwibutswa ko ari rwo ruhanzwe amaso.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 5 Gicurasi 2022, nibwo hasohotse itangazo rivuga ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yahagaritse ku mirimo uwari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Edouard Bamporiki.
Umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe imiyoborere n’abakozi, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza, yitabiriye inama y’ubukungu yahuje ibihugu byibumbiye mu muryango w’ibihugu byo muri Afurika yo hagati (ECCAS), iyi nama ikaba yarabereye mu murwa mukuru Kinshasa, muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.
Imfungwa yo muri Amerika yitwa Casey White yatorotse gereza hamwe n’umucungagereza ucyekwaho kuyifasha biravugwa ko bari bafitanye umubano wihariye. Polisi yo muri Leta ya Alabama yavuze ko ibyo byemejwe n’izindi mfungwa zari zifunganywe na Casey White, ucyekwaho ubwicanyi.
Ku wa Mbere tariki 2 Gicurasi 2022, intumwa z’Inteko Ishinga Amategeko yo muri Zambia, zatangiye urugendoshuri rw’iminsi irindwi mu Rwanda, aho ziteganya kwigira byinshi ku bijyanye n’iterambere u Rwanda rugezeho mu burezi, ahanini bwifashisha ikoranabuhanga.
Kuva tariki 9 Gicurasi 2022, biteganyijwe ko uwari Perefe wa Perefegitura ya Gikongoro, Laurent Bucyibaruta, agomba kuburanishwa n’Urukiko rw’ibanze rwa Paris mu Bufaransa (Cour d’assises de Paris), ku ruhare rwe muri Jenocide yakorewe Abatutsi 1994.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 02 Gicurasi 2022, abinyujije kuri Twitter, Umukuru w’Igihugu yifurije Abayisilamu umunsi mwiza wa Eid Al-Fitr.