U Rwanda n’ibindi bihugu byiyemeje kurandura burundu Malaria n’izindi ndwara zititaweho uko bikwiye (NTDs), hagamijwe kurinda no kurengera ubuzima bw’abaturage, kugira ngo babeho mu buzima buzira izo ndwara.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko guhera mu kwezi gutaha kwa Nyakanga, mu Rwanda hatangira gukorwa ibarura rusange ry’abantu bafite ubumuga, rikazatangirana n’ingengo y’imari y’umwaka utaha.
U Rwanda rwasinye amasezerano azarufasha kubaka ubushobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura imiti n’ibiribwa (RFDA), yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije hamwe na Amb. Nicholas Bellomo, uhagarariye Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’ Uburayi (EU).
Perezida Paul Kagame asanga hari ikigomba gukorwa kugira ngo buri wese yiyumve mu muryango uhuriwemo n’Ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth), harimo cyane cyane gukorera hamwe ku buryo hatagira usigara inyuma.
Abagore n’abana b’abakobwa bo muri Afganistani barasaba abanyamuryango ba Commonwealth kubakorera ubuvugizi bakemererwa kwiga nk’abana b’abahungu, kuko itegeko ryo mu gihugu cyabo riheza umwana w’umukobwa kugana ishuri.
Tecno Mobile yashyize ku isoko telefone igezweho yo mu bwoko bwa Camon 19, ifite ubushobozi bwo gufata amafoto n’amashusho bitandukanye n’izindi telefone zo muri ubwo bwoko.
Abana barasaba ababyeyi kurebera ku rugero rwiza rwa Perezida Paul Kagame na Madamu we, rwo gukunda abana, kubera ko babereka urukundo kenshi babatumira bagasangira iminsi mikuru y’impera ndetse no gutangira umwaka.
Mu gihe habura iminsi itagera ku cyumweru ngo u Rwanda rwakire inama ya CHOGM, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yatanze icyizere cy’uko igihe cyo kwakira abashyitsi, kizagera imihanda irimo kubakwa yaruzuye.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, aratangazaga ko kuba u Rwanda rwaragiranye amasezerano n’u Bwongereza bitavuze ko nta mpaka zigomba kuyabaho.
Abafite ubumuga bw’uruhu barasaba gufashwa kujya bipimisha kanseri (Cancer) yaryo ku buryo buhoraho, kubera ko bari mu cyiciro cy’abantu bashobora kugerwaho n’iyo kanseri mu buryo bworoshye.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney, arahamagarira Abanyarwanda kwitegura inama ya CHOGM nk’abiteguye ubukwe, kuko buri wese azagira aho ahurira n’inyungu zayo, yaba mu gihe cyayo cyangwa nyuma yayo.
Abakozi 21 b’inzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’ubugenzacyaha, bahuguriwe gukoresha ikoranabuhanga rikoreshwa mu gufata abanyabyaha aho baba bari hose ku Isi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare cyatangaje ko ibiciro ku isoko ry’u Rwanda, byazamutse ku gipimo cya 14% muri Gicurasi, ariko mu bice by’icyaro bikaba ariho byazamutse cyane kurusha mu mijyi.
Daniel Niyonshuti wavutse mu 1994, aravuga ko yakoresheje ibiyobyabwenge igihe kirenga imyaka itanu aba ku muhanda, nyuma yo kubireka agasubira ku ishuri yabaye muganga, none ubu uvura akanabyaza abagore.
Ikigo cy’Igihugu cy’isuku n’isukura (WASAC), ku bufatanye na komisiyo ishinzwe kubungabunga amazi y’ikiyaga cya Victoria (LVBC), baratangaza ko bitarenze umwaka wa 2025, i Kigali hazaba huzuye uruganda rutunganya imyanda ituruka mu bwiherero.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), iratangaza ko mu mashuri abanza n’ayisumbuye harimo gushyirwaho amasomo yihariye yo kwirinda ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge.
Abagore n’abakobwa bo mu bice bitandukanye by’igihugu barasaba ko ibiciro by’ibikoresho byifashishwa mu kunoza isuku yabo bizwi nka Cotex byagabanuka, kuko kuba bihanitse bitaborohera kubikoresha.
Ibyafatwaga nk’ibyangiza ibidukikije mu Rwanda, bamwe basigaye babibyazamo umusaruro, bikabafasha kwiteza imbere, ari nako barushaho kwirinda gukora ibikorwa bibangamira ibidukikije kuko bibangamira imibereho ya muntu.
Umuyobozi Mukuru wungirije w’umuryango GAERG w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, Dimitrie Sissi, yatangaje ko imiryango yazimye ari igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu gihe u Rwanda rukiri mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, mu mpera z’iki cyumweru, hibutswe abahoze ari abakozi b’Iposita 26.
Abagore 145 bo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bagiye kujya bakora akazi ko gutwara abantu n’ibintu kuri moto, mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere.
Ubwo yari mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye, Sarah Mutoniwase yatewe inda ku myaka 16 y’amavuko, bimuviramo gukora ikizamini gisoza icyiciro rusange afite inda y’amezi arindwi.
Abanyamuryango ba Unity Club Intwararumuri baratangaza ko kwibuka biha umukoro ukomeye abayobozi wo kurerera Igihugu neza, kugira ngo Jenoside yakorewe Abatutsi itazongera ukundi.
Abapolisi b’u Rwanda (RWAFPU-2), bari mu butumwa bwa Loni bwo kugararura amahoro mu gihugu cya Santrafurika (MINUSCA), batwaye igikombe cy’irushanwa rya Volleyball ryateguwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’Umuryango w’abibumye (LONI), wahariwe kubungabunga amahoro ku Isi uba tariki ya 29 Gicurasi buri mwaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko abana 454 b’abangavu aribo batewe inda zitateguwe kuva muri 2019/2020 kugeza mu ntangiriro za 2022, ahanini ngo bigaterwa n’uko benshi muribo nta makuru baba bafite ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.
Urubyiruko rw’abakobwa bafite ubumuga barasaba koroherezwa kubona amakuru y’ubuzima bw’imyororokere by’umwihariko ajyanye n’imihango y’abagore n’abakobwa kuko kutayagira bituma bahura n’imbogamizi zitandukanye.
Jean Bosco Uwihoreye uzwi nka Ndimbati aravuga ko n’ubwo nta gihe kinini aramara muri gereza, ariko hari byinshi amaze kwigiramo kandi bitazwi na buri wese uri hanze.
Imfungwa n’abagororwa 603 bafungiye muri Gereza eshanu zo mu gihugu bahawe impamyabushobozi z’icyiciro cya mbere (Level 1), mu bijyanye n’imyuga n’ubumenyingiro (TVET).
Bamwe mu rubyiruko rw’abakobwa batewe inda zitateguwe bifuza ko imbaraga zishyirwa mu bana b’abakobwa mu kubigisha ubuzima bw’imyororokere zanashyirwa mu bana b’abahungu kuko ari bo batera inda.