Abahanzi barimo Riderman, B Threy na Niyo Bosco, bagiye guhurira ku rubyiniro mu gitaramo ‘European Street Fair’ gisanzwe gitegurwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi (EU).
Umuhanzi ukomoka muri Nigeria, David Adeleke uzwi cyane ku izina rya Davido, yashyizwe ku rutonde rw’abazahabwa umudari wishimwe wo ku rwego rw’igihugu, nk’abakoze ibikorwa byindashyikirwa ‘Order of the Niger (OON)’.
Ikiganiro EdTech igice cyo mu kwezi kwa Gicurasi 2023 kiribanda ku bumenyi mu ikoranabuhanga nk’igice cy’ingenzi cyane muri iki kinyejana cya 21, mu gusubiza bimwe mu bibazo birimo uburyo bw’ishoramari, kubasha kugera no gukoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga mu burezi.
Umuraperi mu njyana ya Trap, Muheto Bertrand umaze kwamamara ku izina rya B-Threy ari hafi kwibaruka imfura ye n’umufasha we Keza Muheto Nailla.
Umuraperi Semana Kevin umaze kwamamara ku izina rya Ish Kevin, mu njyana ikunzwe n’urubyiruko ya ‘Trappish’, yateguje abakunzi be album yise ‘Blood, Sweat and Tears”.
Pedro Pauleta wamenyekanye cyane ubwo yakiniraga Paris Saint-Germain (PSG) yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu yatangiye ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 26 Gicurasi 2023.
Itsinda ry’abanyeshuri n’abarimu babo baturutse mu ishuri rya gisirikare rya Joaan Bin Jassim Academy ryo muri Qatar, ku wa Gatanu tariki 26 Gicurasi 2023, basuye ishuri rikuru rya gisirikare ry’u Rwanda riri mu Karere ka Musanze i Nyakinama, berekwa imikorere yaryo.
Forest Whitaker, umukinnyi w’icyamamare mu gukina filime ukomoka muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wamenyekanye cyane muri filime ‘The Last King of Scotland’ akinamo nka Idi Amin wari Perezida wa Uganda, ari mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, yakiriye muri Village Urugwiro, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba, wamushyikirije ubutumwa bwa mugenzi we Volodomyr Zelensky.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi 2023, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr. Vincent Biruta, yakiriye ndetse agirana ibiganiro na mugenzi we wa Ukraine, Dmytro Kuleba.
Itsinda ry’abanyamuziki rikomoka muri Kenya, Sauti Sol ryakuyeho urujijo ku byavugwaga ko itandukana ryabo rishingiye ku mwuka mubi wari hagati yabo.
Umuhanzi Christopher Maurice Brown uzwi cyane nka ‘Chris Brown’, arashakishwa n’inzego z’umutekano z’u Bwongereza, nyuma y’uko yagize uruhare mu mirwano yakomerekeyemo umuntu.
Umuhanzikazi Tina Turner, wamamaye mu njyana ya Rock’n Roll yitabye Imana afite imyaka 83, nyuma y’uburwayi yari amaranye igihe.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yasabye amahanga kugira vuba na bwangu abakekwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bagezwe imbere y’ubutabera
Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka Lt Gen Mubarakh Muganga kuri uyu wa Gatatu yakiriye itsinda ry’abanyeshuri, abarimu n’abakozi bo mu ishuri rya gisirikare rya Joaan Bin Jassim ryo muri Qatar.
Umuhanzi ukomoka muri Tanzania, Naseeb Abdul Juma Issack, wamamaye nka Diamond Platnumz, yahishuye ko agikunda Zari Hassan basanzwe bafitanye abana babiri kandi ko yifuza ko babyarana umwana wa gatatu.
Umuhanzi Nel Ngabo, usanzwe ufashwa n’inzu Kina Music, yasohoye Album ye nshya ya gatatu, yise ‘Life Love&Light’, ikubiyeho indirimbo 13.
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye (Village Urugwiro) itsinda ry’abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Wartburg, baganira ku rugendo rwo kwiyubaka k’u Rwanda.
Itsinda ry’abaririmbyi ryamamaye nka Sauti Sol ryo muri Kenya, ryatangarije abakunzi baryo ko urugendo bari bamazemo imyaka isaga 20 nk’itsinda rugiye kugana ku musozo.
Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball muri Afurika, BAL, ryatangaje abahanzi bazasusurutsa iri rushanwa rigeze mu mikino yaryo ya nyuma yatangiye kuri uyu wa Gatandatu.
Umuhanzi wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, yizihirije isabukuru y’amavuko mu gitaramo yafatiyemo amashusho y’indirimbo zizaba ziri kuri Album ye nshya.
Umuhanzi Hagenimana Jean Paul uzwi nka Bushali, mu rukerera rwo ku wa Gatanu tariki 19 Gicurasi 2023, nibwo yerekeje ku mugabane w’i Burayi aho agiye gukorera ibitaramo.
Perezida Paul Kagame yakoranye inama n’abayobozi bakuru mu Ngabo z’u Rwanda, Polisi y’u Rwanda n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano.
Umuhanzi Nsengiyumva Rukundo Christian umaze kwamamara ku izina rya Chriss Eazy, kuri ubu ari kubarizwa i Burundi aho ari mu mushinga wo gusoza indirimbo yakoranye na Kirikou Akili.
Umuhanzi w’igihangange ku mugabane wa Afurika ukomoka muri Nigeria, Damini Ogulu, uzwi cyane ku izina rya Burna Boy, yatangaje ko yayobotse umuziki nyuma yo guhagarika gukina umupira w’amaguru.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yakiriye muri Village Urugwiro, Moussa Faki Mahamat, Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AUC).
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yavuze ko u Rwanda rwiyemeje gukorana bya hafi na Zimbabwe mu nzego zitandukanye, mu guteza imbere ubukungu bw’ibihugu byombi.
Kuva ku wa Mbere tariki 15 Gicurasi 2023, i Harare muri Zimbabwe hateraniye inama ya kabiri ya Komisiyo ihuriweho igamije kwagura ubutwererane hagati y’u Rwanda na Zimbabwe (JPCC).
Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Leta Zunze ubumwe z’Abarabu (UAE), ku bufatanye bwa Ambasade y’u Rwanda, bahuriye i Dubai mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Perezida Paul Kagame, Kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Gicurasi 2023 yakiriye Lord Popat, Intumwa y’u Bwongereza mu by’ubucuruzi, hamwe n’itsinda bari kumwe mu ruzinduko mu Rwanda mu rwego rwo kureba amahirwe ahari mu ishoramari.