Abanyarwanda bakorera cyangwa bifuza gukorera ubucuruzi muri Tanzania baracyahura n’ibibazo bitandukanye bibaca intege mu kazi kabo bakifuza ko byahinduka.
Musanabera Bellancile, umukecuru ufite imyaka 80 utuye mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro ntazongera kurara yikanga ko inzu ye imugwaho kuko bayimusaniye ikaba nshya.
Nkazamurego Alain Pacifique yahimbye ‘Software’, ikoreshwa mu gucuruza no kugura ibicuruzwa bya Made in Rwanda bidasabye ko ugura n’ugurisha bahura.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko buri Munyarwanda amaze kumenya akamaro ko kuboneza urubyaro, ku bw’ibyo akaba ari we ukwiye kwihitiramo umubare w’abo azabyara.
Ibitaro bya gisirikare bya Kanombe bigiye gutangira gukoresha imashini nshya ipima kanseri, izajya itanga ibisubizo mu minsi itanu, mu gihe mbere byafataga ibyumweru bibiri.
Umuryango wita ku burenganzira bwa muntu n’iterambere mu biyaga bigari (GLIHD), urasaba ko amategeko ahana abakora uburaya yahinduka kuko hari aho abashyira mu kato.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) ruvuga ko Expo 2017 ifitiye udushya abazayisura ku buryo bashobora kuhakura ubwenge bwabafasha kuba abanyemari na bo.
Abana 30 bakuwe mu muhanda mu Karere ka Nyarugenge bahawe imiryango ibarera banashyirirwaho ikigo cyibigisha imyuga irimo umuziki.
Abafite ubumuga bwo kutabona bibumbiye mu muryango bise Ubumwe Nyarwanda bw’Abatabona (RUB), bemeza ko kutabona bidasobanuye ko ntacyo umuntu ashoboye gukora.
Umushinga w’Abasuwisi witwa ‘Skat Consulting’ ugiye gutangira kubaka mu Rwanda inzu zo guturamo zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 6RWf na 15RWf.
Abakirisitu Gatolika bo mu mujyi wa Kigali bemeza ko umunsi wa Asomusiyo, usobanura ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya ari umunsi mukuru w’ibyishimo bidasanzwe.
Itsinda ry’abanyeshuri n’abayobozi babo bo mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Sri Lanka (DSCSC) basuye MINADEF bashima imikorere y’ingabo z’u Rwanda.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) gitangaza ko mu Rwanda hagiye gutangizwa uburyo bushya bwo kwipima virusi itera SIDA bidakorewe kwa muganga.
Abaturage 120 bo mu murenge wa Kigali muri Nyarugenge bishimira ko batazongera kurembera mu rugo kuko noneho babonye uburyo bwo kwivuza.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) itangaza ko Abanyarwanda bari mu Burundi n’abari muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo batatoye kubera ikibazo cy’umutekano muke muri ibyo bihugu.
Umumotari, Ndayiramiye Donat agiye kujya agendera kuri moto ye nshya yahembwe kubera ubunyangamugayo yagaragaje ubwo yasubizaga amafaranga y’umugenzi yari ahetse wakoze impanuka agakomereka bikomeye.
Abasirikare babiri bakekwaho kwica Ntivuguruzwa Aimé Ivan, wari utuye i Gikondo muri Kicukiro bahakanye ibyaha byose baregwa uko ari bitanu.
Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira mu kirere mu Butaliyani, Lt Gen Enzo Vacciarelli avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari isomo ku isi yose.
Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira mu kirere w’u Butaliyani, Lt Gen Enzo Vacciarelli, ari mu ruzinduko mu Rwanda, rwatangiye kuri uyu wa 25 Nyakanga 2017 rukazamara iminsi ibiri.
Abagide baturutse mu bihugu bitandukanye bari mu nama mu Rwanda yigirwamo uko abana b’abakobwa bazavamo abayobozi beza babereye ibihugu byabo.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), isanga abanyamakuru n’abahanzi bafite ijwi rigera kure ku buryo bafasha mu kurengera umwana.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP), risanga ibanga rituma u Rwanda rwihuta mu iterambere ari imiyoborere myiza ishyira imbere abaturage.
Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere (RGB), rwahembye Kigali Today nk’ikigo cy’itangazamakuru cyitwara neza mu gutanga servisi inoze, ikaba yahawe izina ry’Intwaramihigo kimwe n’ibindi bigo byahembwe.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye avuga ko kuba ibitangazamakuru by’amahanga bivuga ko itangazamakuru ry’u Rwanda nta mbaraga rifite ari igitutsi.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC), itangaza ko igiye gushyiraho uburyo yise ‘Media Center’ buzajya bufasha buri munyamakuru kubona amakuru y’umwimerere ajyanye n’amatora.
Madame Jeannette Kagame yatashye ku mugaragaro inzu yubatswe n’abanyamuryango b’Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe, ifite agaciro ka miliyoni 530 y’u Rwanda.
Umushinga ‘CUP Rwanda’ uterwa inkunga n’Abayapani ngo uzafasha abahinzi ba kawa kuyongerera ubwiza n’ubwinshi bityo bibateze imbere n’igihugu.
Irushanwa ryo gusoma Korowani mu mutwe ryaberaga i Kigali ryarangiye umusore ukomoka muri Uganda ariwe uryegukanye atsinze abandi 15 bari bahanganye.
Imbuto Foundation yari isanzwe ifite iyi gahunda y’abafashamyumvire ku bakobwa ariko yayitangije no ku bahungu kuko ngo itanga umusaruro mwiza.
Icyiciro cya mbere cy’umushinga w’amashanyarazi u Rwanda rwatewemo inkunga n’u Buyapani cyatwaye miliyoni 25 z’Amadorari ya Amerika, bikaba byaratumye umuriro wiyongera.